• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa  
Joseph Ntawangundi arikumwe na Ingabire baza mu Rwanda mu mwaka wa 2010 n'ifoto yavuba ya Ntawangundi muri Gereza nyuma yo kwemera ibyaha bya Jenoside yashinjwaga

Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa  

Ubwanditsi 25 Jun 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

 

Ntibyaba ari igitangaza ko Ingabire Victoire ahakana ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi biregwa kandi byahamye ababyeyi be Therese Dusabe na Gakumba Pascal kuko sibo bambere atagatifuza abagira abere. Ingabire nk’intagondwa yasabitswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside yitwaza ko atari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside bityo agashaka kuyihakana cyane cyane mu murongo wo kuvuganira abayikoze. Ninayo mpamvu yarambagijwe na Col Juvenal Bahufite, wari umuvugizi ya Leta yakoze Jenoside imaze guhungira muri Kongo, kuko Bahufite yari azi amatwara y’uwo mukobwa icyo gihe kuko yari umwinjira wa nyina Therese Dusabe. Umubano wa Therese Dusabe na Bahufite niwo watumye umugore w’imyaka 25 ahabwa inshingano zikomeye zo kuyobora RDR, ishyirahamwe cyangwa ishyaka rya politiki ryari rigizwe n’abasize batsembye Abatutsi mu Rwanda, ngo bafite umugambi wo gucyura impunzi ku ngufu bari baragize ingwate hirya no hino mu bihugu duturanye.

Ubwo yazaga mu mwaka wa 2010 ngo aje kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, Ingabire Victoire yazengurutse mu bo babana muri FDU Inkingi asanga bose niba ruharwa bazwi, ahitamo Joseph Ntawangundi yumvaga izina rye ritazwi kuko abandi bayobozi bakuru muri iryo shyirahamwe ry’abicanyi FDU Inkingi, kandi bamufashije gurishinga barimo Charles Ndereyehe, Jean Baptiste Nyabusore n’abandi ari abicanyi bazwi.

Ingabire akiza mu Rwanda akazana n’umwungirije cyangwa se umukuru w’ibiro bye ariwe Joseph Ntawangundi yemeje ko mu gihe cya Jenoside yari mu gihugu cya Suwedi; Hari ku wakane tariki ya 15 Mata 2010, ubwo Joseph Ntawangundi yagaragaye imbere y’urukiko Gacaca, kubera ibyaha bya Jenoside yakoze mu gihe yayoboraga ishuri rya EAV Gitwe.

Imbere y’Inteko ya Gacaca kuri uwo munsi, Joseph Ntawangundi yemeye uruhare rwe mu iyicwa ry’abantu umunani harimo umwarimu yayoboraga muri iryo shuri na bamwe mu muryago we. Mu bindi birego yemeye, Ntawangundi yemeyeko yicishije abandi bantu batandatu. Abajijwe impamvu atavugishije ukuri mbere, Ntawangundi yatangarije abari aho ko ubwo yavugaga ko we n’abandi batavuga rumwe n’ubutegetsi batemeraga inkiko Gacaca ngo kuko bumvaga zitujuje ibyangombwa. Ati “ariko ubu ndabyemera.”

Mu itangazo Ingabire Victoire yahise akwirakwiza mu bitangazamakuru, yavuzeko Leta y’u Rwanda iri guhohotera abatavuga rumwe nayo kubera impamvu zikurikira

  • Ntawangundi ntiyigeze akora mu burezi, ubwo Ingabire yavugaga ko Ntawangundi atigeze aba Umukuru w’Ishuri ry’ubuhinzi n’ubworozi rya EAV Gitwe.
  • Ingabire kandi yavuze ko Ntawangundi yavuye mu Rwanda muri 1992 ajya gukorera ikigo gishinzwe Isoko Rusange gifite ibiro I Nairobi, Confederation of Free Trade Union African Regional Organisation (ICFTU- AFRO).
  • Nyuma y’iperereza byaje kugaragara ko Ntawangundi yakoreye ICFTU- AFRO guhera mu mwaka wa 2000 atari mu mwaka wa 1992 nkuko Ingabire yabivugaga.
  • Muri urwo rubanza kandi, umugore watawe na Ntawangundi mu nkambi ya BENACO muri Tanzaniya yari yitabiriye urwo rubanza.

Joseph Ntawangundi kandi muri urwo rubanza, yanyuzagamo agakubita ibipfukamiro hasi imbere y’inyangamugayo za Gacaca, ariko yahitaga abwirwa guhaguruka no kutongera gupfukama. Joseph Ntawangundi yakatiwe igihano cy’imyaka 17 kuri ubu akaba ari muri Gereza ya Rubavu aho ari mu mashyirahamwe ashinzwe kwigisha uburenganzira bwa Muntu.

 

2020-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Ubwanditsi 28 May 2018
Perezida Kagame ari i Brazzaville mu Nama ya Komisiyo ishinzwe Ikibaya cy’Uruzi rwa Congo

Perezida Kagame ari i Brazzaville mu Nama ya Komisiyo ishinzwe Ikibaya cy’Uruzi rwa Congo

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Ubwanditsi 12 Jan 2021
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yabonye intsinzi nyuma y’imikino itanu, Minnaert avuga ku mwuka mubi uyitutumbamo
IMIKINO

Rayon Sports yabonye intsinzi nyuma y’imikino itanu, Minnaert avuga ku mwuka mubi uyitutumbamo

Ubwanditsi 24 May 2018
Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890
Mu Mahanga

Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Ubwanditsi 19 Jun 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru