• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Editorial 05 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Command One Post ni kimwe mu binyamakuru byashyizweho n’urwego rw’iperereza rya gisirikari rya Uganda (CMI) gihabwa inshingano yo guhindanya isura y’u Rwanda, aho bahimbira igihugu cyacu ndetse n’abayobozi ibinyoma no gukwirakwiza inkuru zitarizo.

Inkuru iheruka dore ko nta munsi w’ubusa ni inkuru ivuga ko uhagarariye u Rwanda washoje manda ye muri icyo gihugu Amb Frank Mugambage ngo yifuza kuguma muri Uganda mu gace kitwa Jinja. Mu kiganiro cyasohotse muri icyo kinyamakuru mu ntangiriro z’iki cyumweru kuri urwo rubuga, umwanditsi mukuru wacyo Bob Atwine usanzwe ahabwa amabwiriza y’imikorere n’ubuyobozi bwa CMI, avuga ko “impamvu Mugambage ashaka kuguma mu kiruhuko cy’izabukuru muri Uganda”, ari ukubera ko bivugwa ko afitanye ibibazo n’abakoresha be I Kigali. Ishusho y’impimbano bahimbye ni uko ngo ambasaderi Mugambagye afite ibibazo kubera ko ngo yananiwe gushimuta Abagande, n’Abanyarwanda baba muri Uganda.

Urebye mu bundi buryo, uyu niwo mukino usanzwe w’ubutegetsi bwa Uganda bwo kwerekana no gusebya u Rwanda bahimba ibinyoma bihabanye n’ukuri. Umubare w’abenegihugu b’u Rwanda, cyangwa Abagande bakomoka mu Rwanda inzego z’umutekano za Uganda kuva mu 2017 zahohotewe harimo n’abagiye bashimutwa bakaburirwa irengero, gufungwa mu buryo butemewe n’iyicarubozo babarirwa mu magana . Abakurikiranye amakuru y’ibitangazamakuru babonye inkuru aho Abanyarwanda baba muri icyo gihugu mu gushaka imibereho, cyangwa gusura imiryango migari yabo, abandi bajya ku ishuri ahp ababyeyi babaga bagiye gubasura bagashimutwa bakuwe mu modoka zibatwaye, mu mazu, mu maduka, amabanki n’ahandi hose.

Igihe cyose abashinzwe iperereza muri Uganda, bazwi cyane muri CMI bavuga ko babafata bazira “ubutasi”, cyangwa “gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko,” n’ibindi byaha bahimbano raporo zinyuranye zasobanuye uburyo nta n’umwe muri abo bantu uhabwa amahirwe yo kwiregura mu rukiko. Abanyamahirwe basohotse ari bazima. Abatari bake bazize iyicarubozo; bamwe nka nyakwigendera Mageza – urubanza rwe ndetse n’ibitangazamakuru byo muri Uganda byatangaje uburyo yakorewe iyicarubozo kugeza aho yataye umutwe maze bamujyana mu bitaro byita ku bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe bya Butabika ari naho yapfiriye, Benshi babikurikiranye bagize bati: “CMI ni uruganda rw’abagizi ba nabi rwiyita ‘urwego rw’ubutasi.”

Amwe mu makuru yatanzwe na CMI ni ugukora ubukangurambaga bwo kurwanya u Rwanda, n’uburyo barimo gusebya u Rwanda, bavuga ko ambasaderi Mugambagye yari yarishoye mu byaha, nubwo nta Mugande n’umwe wigeze ugaragaza ibibazo afitanye na Mugambage, cyangwa na Guverinoma y’u Rwanda.

Mubyukuri mu myaka itatu ishize Mugambagye yabaye ku isonga mu rugamba rwo gufunguza Abanyarwanda bashimuswe kandi bakorerwa iyicarubozo n’ubutasi bwa Uganda. Ibiro bye byakiriye inzirakarengane amagana imiryango y’Abanyarwanda ishakisha cyane ababo babaga barashimuswe na CMI, Ambasaderi Mugambagye yanditse inyandiko z’ububanyi n’amahanga zitabarika mu rwego rwo gushaka umutekano w’abenegihugu b’u Rwanda bagendaga bafatwa cyangwa bagashimutwa bagashyirwa mu buroko bw’iyicarubozo bw’ubutegetsi bwa Uganda. Ambasade y’u Rwanda yaharaniye cyane kurekura abaturage b’Abanyarwanda b’inzirakarengane, kandi Mugambagye yiboneye n’amaso ye abagize amahirwe yo kurekurwa. Bamwe barekuwe bafite ihungabana ku mubiri no mu mutwe. Ikindi Mugambagye yakoze cyatumye bamwe mu bategetsi ba Uganda batangira kumugirira urwango ni uko atacogoraga mu gutanga raporo, no gukomeza kwamagana ibikorwa bibi byakorerwaga Abanyarwanda mu nzira za diplomasi yamagana ibikorwa bya Uganda byo kugambirira kugirira nabi u Rwanda no kuruhungabanyiriza umutekano.

Igihe Uganda yatangiraga gufasha no koroshya ibikorwa by’umutwe w’iterabwoba wa RNC ya Kayumba Nyamwasa mu buryo butandukanye muri Uganda: gushaka, gukusanya inkunga, ndetse no gufasha abanyemari bakuru ba RNC gufungura imishinga minini muri Uganda, Mugambage yamenyesheje u Rwanda kumenya ibyo bikorwa. Yagaragaje uburyo bunyuranye n’ibikorwa by’imibanire myiza yo guhungabanya umuturanyi. Igihe agatsiko k’abasirikare ba RNC kafatiwe i Kikagati ku mupaka na Tanzaniya, yinjira mu nkambi zitoza iterabwoba mu burasirazuba bwa DRC, Ambasaderi Mugambagye, yamenyesheje leta ya Kampala ko u Rwanda rutishimiye ibyo bikorwa.

Igihe CMI yicaga urubozo Abanyarwanda mu rwego rwo gushaka abo bajyana mu mitwe y’iterabwoba, byari inshingano za Mugambagye nk’uwari ahagarariye u Rwanda kubyamagana, Kubera ibikorwa byose by’umuturanyi mubi byakozwe na leta ya Kampala, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kugira inama abenegihugu be kwirinda ingendo zitari ngombwa muri Uganda. Impamvu ni uko hamwe na Uganda yafataga ku mugaragaro Abanyarwanda,mu kwizera umutekano wabo n’umutekano rusange w’igihugu ntibishobora kongera kwizerwa mu gihe igikomeje guha urwango abarwanya u Rwanda bafite uburinzi n’ubufasha bwa leta ya Uganda.

Uganda yahise itangira kuvuga ngo “u Rwanda rwafunze umupaka”, bibyara inkuru nyinshi cyane nyamara ibisobanuro byagiye bitangwa ndetse n’ibimenyetso biratangazwa: ariko binyuze mu binyamakuru byabo birirwa bavuga amakuru y’ibinyoma asebya abayobozi b’u Rwanda no kugerageza guhindanya isura y’igihugu nubwo abazi ukuri bari kugenda babibona ndetse bakamenya uhumgabanya umutekano wundi.

2020-10-05
Editorial

IZINDI NKURU

Bimwe mubyo wamenya kuri Nyaruhirira Désiré wagizwe Ambasaderi na perezida Paul Kagame

Bimwe mubyo wamenya kuri Nyaruhirira Désiré wagizwe Ambasaderi na perezida Paul Kagame

Editorial 26 Dec 2018
Shampiyona y’igihugu cy’u Bwongereza yatanze abakinnyi 40 mu gikombe cya Afurika2021, ni abakinnyi bavuye mu makipe 16 ya Premier League

Shampiyona y’igihugu cy’u Bwongereza yatanze abakinnyi 40 mu gikombe cya Afurika2021, ni abakinnyi bavuye mu makipe 16 ya Premier League

Editorial 03 Jan 2022
Kuva muri RDR kugeza muri DALFA-Umurinzi: Impamvu Ingabire Victoire atigeze ahinduka

Kuva muri RDR kugeza muri DALFA-Umurinzi: Impamvu Ingabire Victoire atigeze ahinduka

Editorial 18 Nov 2019
Ukuri ku mwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’u Rwanda na Uganda

Ukuri ku mwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 28 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru