• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

  • Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi   |   24 May 2022

  • APR FC yisubije umwanya wa mbere, PSG academy Rwanda yatwaye igikombe cy’isi, Keny Gasana yahawe ubwenegihugu – ibyaranze umunsi wa mbere w’icyumweru muri siporo   |   24 May 2022

  • Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?   |   20 May 2022

  • Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa   |   20 May 2022

  • Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022   |   19 May 2022

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa  
Joseph Ntawangundi arikumwe na Ingabire baza mu Rwanda mu mwaka wa 2010 n'ifoto yavuba ya Ntawangundi muri Gereza nyuma yo kwemera ibyaha bya Jenoside yashinjwaga

Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa  

Editorial 25 Jun 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

 

Ntibyaba ari igitangaza ko Ingabire Victoire ahakana ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi biregwa kandi byahamye ababyeyi be Therese Dusabe na Gakumba Pascal kuko sibo bambere atagatifuza abagira abere. Ingabire nk’intagondwa yasabitswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside yitwaza ko atari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside bityo agashaka kuyihakana cyane cyane mu murongo wo kuvuganira abayikoze. Ninayo mpamvu yarambagijwe na Col Juvenal Bahufite, wari umuvugizi ya Leta yakoze Jenoside imaze guhungira muri Kongo, kuko Bahufite yari azi amatwara y’uwo mukobwa icyo gihe kuko yari umwinjira wa nyina Therese Dusabe. Umubano wa Therese Dusabe na Bahufite niwo watumye umugore w’imyaka 25 ahabwa inshingano zikomeye zo kuyobora RDR, ishyirahamwe cyangwa ishyaka rya politiki ryari rigizwe n’abasize batsembye Abatutsi mu Rwanda, ngo bafite umugambi wo gucyura impunzi ku ngufu bari baragize ingwate hirya no hino mu bihugu duturanye.

Ubwo yazaga mu mwaka wa 2010 ngo aje kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, Ingabire Victoire yazengurutse mu bo babana muri FDU Inkingi asanga bose niba ruharwa bazwi, ahitamo Joseph Ntawangundi yumvaga izina rye ritazwi kuko abandi bayobozi bakuru muri iryo shyirahamwe ry’abicanyi FDU Inkingi, kandi bamufashije gurishinga barimo Charles Ndereyehe, Jean Baptiste Nyabusore n’abandi ari abicanyi bazwi.

Ingabire akiza mu Rwanda akazana n’umwungirije cyangwa se umukuru w’ibiro bye ariwe Joseph Ntawangundi yemeje ko mu gihe cya Jenoside yari mu gihugu cya Suwedi; Hari ku wakane tariki ya 15 Mata 2010, ubwo Joseph Ntawangundi yagaragaye imbere y’urukiko Gacaca, kubera ibyaha bya Jenoside yakoze mu gihe yayoboraga ishuri rya EAV Gitwe.

Imbere y’Inteko ya Gacaca kuri uwo munsi, Joseph Ntawangundi yemeye uruhare rwe mu iyicwa ry’abantu umunani harimo umwarimu yayoboraga muri iryo shuri na bamwe mu muryago we. Mu bindi birego yemeye, Ntawangundi yemeyeko yicishije abandi bantu batandatu. Abajijwe impamvu atavugishije ukuri mbere, Ntawangundi yatangarije abari aho ko ubwo yavugaga ko we n’abandi batavuga rumwe n’ubutegetsi batemeraga inkiko Gacaca ngo kuko bumvaga zitujuje ibyangombwa. Ati “ariko ubu ndabyemera.”

Mu itangazo Ingabire Victoire yahise akwirakwiza mu bitangazamakuru, yavuzeko Leta y’u Rwanda iri guhohotera abatavuga rumwe nayo kubera impamvu zikurikira

  • Ntawangundi ntiyigeze akora mu burezi, ubwo Ingabire yavugaga ko Ntawangundi atigeze aba Umukuru w’Ishuri ry’ubuhinzi n’ubworozi rya EAV Gitwe.
  • Ingabire kandi yavuze ko Ntawangundi yavuye mu Rwanda muri 1992 ajya gukorera ikigo gishinzwe Isoko Rusange gifite ibiro I Nairobi, Confederation of Free Trade Union African Regional Organisation (ICFTU- AFRO).
  • Nyuma y’iperereza byaje kugaragara ko Ntawangundi yakoreye ICFTU- AFRO guhera mu mwaka wa 2000 atari mu mwaka wa 1992 nkuko Ingabire yabivugaga.
  • Muri urwo rubanza kandi, umugore watawe na Ntawangundi mu nkambi ya BENACO muri Tanzaniya yari yitabiriye urwo rubanza.

Joseph Ntawangundi kandi muri urwo rubanza, yanyuzagamo agakubita ibipfukamiro hasi imbere y’inyangamugayo za Gacaca, ariko yahitaga abwirwa guhaguruka no kutongera gupfukama. Joseph Ntawangundi yakatiwe igihano cy’imyaka 17 kuri ubu akaba ari muri Gereza ya Rubavu aho ari mu mashyirahamwe ashinzwe kwigisha uburenganzira bwa Muntu.

 

2020-06-25
Editorial

IZINDI NKURU

Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Editorial 25 Jun 2018
Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Editorial 10 Jun 2018
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Editorial 18 May 2022
Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Editorial 21 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

24 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru