• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi
Abicanyi bihishe mu Bufaransa; uhereye ibumoso Agathe Kanziga, Wenceslas Munyeshyaka, Charles Twagira na Laurent Bucyibaruta

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Ubwanditsi 05 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yaho igihugu cy’u Bufaransa gishyizwe ku Karubanda kubera ifatwa rya Kabuga Felicien umwe mu bantu bashakishwa ku isi wari ku butaka bwiki gihugu, ubu u Bufaransa bwiyemeje kutongera kujenjekera abajenosideri bari muri iki gihugu ndetse no gusenya icyo twakwita ubufatanye (network) bwatumye Kabuga abasha kuba imyaka myinshi mu gihugu cy’u Bufaransa; muri ibi harimo no gukurikirana abatera inkunga urubanza rwa Kabuga.

Mu butumwa Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yageneye mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, buravugako u Bufaransa butazihanganira abajenosideri bari ku butaka bwabo nyuma yifatwa rya Kabuga. Abajenosideri bari baragize u Bufaransa indiri yabo, dore ko aricyo giihugu cyambere kitari ku mugabane w’Afurika gicumbikiye abajenosideri benshi ku rutonde rw’abasaga 1000 inzego z’ubutabera z’u Rwanda zishakisha kubura hasi no kubura hejuru. Mu bihugu byose, umubare munini w’abajenosideri bashakishwa uri mu gihugu kimwe bari muri Uganda.

Muri iki gihe abajenosideri ba ruharwa bagize u Bufaransa indiri yabwo, ndetse bakarenzaho bagakora ibikorwa byabo byo kwihisha ubutabera mu mwambaro wa Politiki no guharanira uburenganzira bwa Muntu! Mu ba Jenosideri ba ruharwa babarizwa mu guhugu cy’u Bufaransa harimo Agathe Kanziga, Eugene Rwamucyo, Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Gikongoro akayobora ubwicanyi Murambi, Cyanika ndetse n’I Kibeho, Claude Muhayimana, Wenceslas Munyeshyaka, Octavien Ngenzi, Charles Twagira n’abandi.

Mu gihe abajenosideri bahawe iminsi itari mikeya, ubu Polisi y’u Bufaransa iracyakora iperereza ryimbitse ku buryo Felicien Kabuga yabaye muri icyo gihugu ndetse n’ababigizemo uruhare. Igikorwa cyo gukusanya amafaranga yo gufasha Kabuga mu rubanza cyaberaga kuri Internet, gitangijwe n’abo mu muryango we, abenshi mu nterahamwe zaritanze zihishahisha ariko zitaziko uko uhererekanya amafaranga ku buryo y’ikoranabuhanga uba utanga umwirondoro wawe. Bamaze kumenya amakuru ko bizababyarira amazi nk’ibisusa igikorwa baragihagaritse nkuko byatangajwe n’umuhungu wa Kabuga ariwe Donatien Nshima.

Mu biyemeje kuvugira Kabuga Felecien harimo umusaza Faustin Twagiramungu, wemeje ku mugaragaro ko Kabuga Felecien ari umwere ko nanatsindwa aruko atazaba afite abamuburanira b’abahanga. Twagiramungu yaneruye ko Neretse wahamwe n’ibyaha bya Jenoside mu Bubiligi yazize ubusa. Kugeza magingo aya, igihugu cy’u Bufaransa kimaze kuburanisha abantu batatu gusa aribo Pascal Simbikangwa, Octavien Ngenzi na Tito Barahira.

2020-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe  Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Ubwanditsi 09 Jul 2019
Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza

Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza

Ubwanditsi 30 Dec 2020
Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 21 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda
Amakuru

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Sep 2021
RDC: Jean Pierre Bemba yangiwe kwiyamamaza mu matora ya perezida
POLITIKI

RDC: Jean Pierre Bemba yangiwe kwiyamamaza mu matora ya perezida

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera
Mu Mahanga

Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Ubwanditsi 06 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru