• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Ubwanditsi 26 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu André Kazigaba ni Umunyarwanda wahungiye I  Maputo muri Mozambike, aho yirirwa mu mateshwa ngo arategura intambara yo”kubohoza” u Rwanda.Yahoze ari umuhesha w’inkiko mu Rwanda, aza gutorongera muw’ 2017 amaze gutahurwaho  uburiganya mu kazi.

Ni umuntu uhuzagurika cyane, igikuri muri politiki, kuko yabanje muri wa mutwe w’iterabwoba RNC, aza kuwuvamo ngo ahunze Kayumba Nyamwasa,Evode Ntwari, n’abandi banyoni batagira icyerekezo. Kwabaye guhungira ubwayi mu kigunda ariko, kuko ubu abarizwa mu kiryabarezi RRM, cya Callixte Nsabimana alias Sankara, uyu nawe utazi iyo biva n’iyo bijya muri politiki. Naba na Sankara ariko , we yiyemeje kubwira ubutabera bw’uRwanda ukuri, akanasaba imbabazi.

Ejobundi rero, André Kazigaba  ibisazi biramweguye, maze yongera kutwereka ikigero cy’uburere afite. Sibwo urumogi rumutegetse kwegura telephone, maze agahamagara Ambasaderi Claude  NIKOBISANZWE( uhagarariye uRwanda muri Mozambike), agambiriye gusa gutuka umunyacyubahiro Igihugu cyatumye kugihagararira mu mahanga! Kugera n’aho abwira Ambasaderi ngo:”Uri igiki se?”. Ibyari byo byose si igihindugembe nka Kazigaba utunzwe n’ibisabano nk’ibindi bisambo byose. Aha birumvikana ariko, umuntu atanga icyo afite. Ntiwasaba  Kazigaba kubaha abandi kandi nawe atiyubaha.Kumusaba ikinyabupfura ni nko gushakira  amata ku kimasa, kuko uburere bwe bugerwa ku mashyi. Icyakora akwiye kwibuka ko gutukana bitavanaho miliyoni 5 za Bralirwa urukiko rwamutegetse kwishyura, yabura ubwishyu akajya kubuyera ishyanga.

Mu kudondobekanya amagambo adafite gihamya na mba, atagira akabago n’akitso, André Kazigaba yashinje Ambasaderi umugambi wo kugirira nabi Abanyarwanda baba muri Mozambike, ariko ntasobanure abazicwa, icyo bazazira, n’igihe bazicirwa. Aha naho ntawe byagatangaje kuko  imigambi  ya Kazigaba n’ ibindi bigarasha yo kugirira nabi Abanyarwanda, yabakukiyemo, bahora bikanga ko  akebo bashaka kugereramo abandi, nabo bakagererwamo. Aho bari hose icyaha kirabanesha, bakumva nta kindi bakwiye uretse gupfa. Ariko ibyo bihugu ba Kazigaba babamo nabyo  byagombye no kubarega asasuzuguro. Kugeza n’aho bemeza ko umuntu yava mu Rwanda  akavogera Mozambike, maze akicayo abantu akitahira! Iyo filimi yarotwa gusa  na Kazigaba n’abo batekereza kimwe.

Ese koko Kazigaba atinyuka ate kuvuga ngo arusha  Ambasaderi gukunda igihugu, kandi umwe akivuganira undi akakigambanira? Kujya muri  RNC, RRM, FLN n’indi mitwe y’abagizi ba nabi, niko gukunda uRwanda? Kwishyira hamwe n’abajenosideri nka Révocat Karemangingo, Diomède Tuganeyezu,John Hakizimanan’izindi nterahamwe, nibyo wita gukunda uRwanda? Ariko numvise na ba Bagosora bavuga ko bishe “abanzi”( Abatutsi), kubera gukunda uRwanda cyane!

Mu bwirasi budafite aho bushingiye na hato, André Kazigaba ati:Sindi uwo ariwe wese”. Ubu bwibone rero nibwo buzabarimbura. Kazigaba, uretse kuba umuhesha w’inkiko w’umuhemu, ikintu wakoze cyiza, cyagushyira mu Banyarwanda badasanzwe ni iki? Kugambana no kurema udutsiko tw’inzererezi nibyo bikugira icyatwa kurusha Ambasaderi Igihugu cyagiriye icyizere? Urita  abandi “ibizongwe” ushingiye ku buhe bupfura wihariye, kandi ari wowe wazonzwe n’urwango, ubuhubutsi n’ ubuhumyi buzaguta ku gasi?

Umusazi ariko burya koko arasara akagwa ku ijambo. Nibura mu buyobe bwawe wahishuye uruhare rwanyu mu rupfu rwa Louis BAZIGA , mwashinjaga kuba “gatumwa” w’uRwanda. Amaraso arasama, kandi nimutikebuka muzisama mwasandaye.

Ubwibone, ubushyanutsi,ubuhubutsi n’ubugambanyi  ni indwara zica, kandi André Kazigaba zakubanye akarande. Izi nizo uzazira ureke kwikoma Ambasaderi Nikobasanzwe utagambiriye inabi na mba. Nyamwanga kumva…?

2021-01-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021
Amavubi yitegura guhura na Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, akomeje imyiteguro n’abakinnyi bose bahamagawe

Amavubi yitegura guhura na Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, akomeje imyiteguro n’abakinnyi bose bahamagawe

Ubwanditsi 18 Mar 2025
Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023
Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge
INKURU NYAMUKURU

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi
Mu Mahanga

Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 15 Oct 2016
Mukura VS yatsinze Rayon Sports 2-1, ikuraho agahigo ko kudatsindwa mu gice kibanza cya shampiyona
Amakuru

Mukura VS yatsinze Rayon Sports 2-1, ikuraho agahigo ko kudatsindwa mu gice kibanza cya shampiyona

Ubwanditsi 11 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru