• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Editorial 22 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru yizewe agera kuri Rushyashya aravuga umugambi mubisha wa Kayumba Nyamwasa ko akoresha muramu we Frank Ntwari na Mugisha Sande Charles mu gushaka abicanyi Babafasha Kwica cyangwa kugirira nabi abanyarwanda badashyigikiye ubugome n’ubujura bwe; ubu noneho abatuye muri Mozambike no mu bihugu byo muri Afrika y’amajyepfo bakaba bari ku isonga.

Ku ikubitiro, uwitwa Mugisha Sande Charles (ariko wiyise Mugisha Rashid), umujura akaba n’ umwicanyi kabuhariwe uherutse kwica Bamporiki Seif wari uhagarariye wa mutwe w’iterabwoba, RNC muri Afrika y’Epfo, maze uwitwa Emile Rutagengwa ararusimbuka, uyu we akaba yari azize kunyereza imisanzu birirwa basahura mu mpunzi. Aba baje bakurikira Ben Rutabana waburiwe irengero, ku kagambane ka Kayumba Nyamwasa. Nyuma ya Rutabana rero hari urutonde rurerure rugomba kumukurikira. Amabwiriza y’ubu bwicanyi aturuka kwa Kayumba Nyamwasa, akibasira cyane cyane abanze kujya mu mutwe we w’iterabwoba, cyangwa abitandukanyije nawo. Amakuru yizewe aremeza ko abibasiwe bakaba ari abari mu gatsiko ka Thabita Gwiza (mushiki wa Rutabana) hamwe na Jean Paul Turayishimiye wiyomoye kuri RNC ya Kayumba.

Mu gihe twateguraga iyi nkuru, twamaze kumenya ko Mugisha Rashid na Frank Ntwari (muramu wa Kayumba) bavuye mu gihugu cya South Africa, banyura Mozambike ubu bakaba bari muri Uganda hamwe na Gen Maj Kandiho ushinzwe iperereza (CMI) bikemezwa ko bari kunononsora umugambi mubisha wo kwivugana abitandukanije na Kayumba bari muri Uganda, Mozambike n’ibindi bice byo muri Africa y’amajyepfo.

Mugisha Rashid, akaba afite urutonde rw’abo agomba kwica no kwiba, kuko ibyo byombi abizobereyemo. Agapfa kaburiwe ni impongo rero. Banyarwanda mutuye mu bihugu bya Afrika y’amajyepfo, cyane cyane mwe muba muri Uganda na Mozambike, nimumenye ko ababisha ba RNC babagera amajanja. Nimwirinde uko mushoboye, mwirinde kujya aho mwahurira n’abicanyi ba Kayumba Nyamwasa aho ariho hose. Abo munuganuga mwihutire kubimenyesha ambasade y’uRwanda ihari ku nyungu zanyu. Mu bo mugomba kugendera kure, harimo Kazigaba André wabaye igikoresho cya Kayumba Nyamwasa, ubu ngo nawe akaba arimubashinzwe gutegura urutonde rw’abatari muri RNC.

Mugisha Sande Rashid yabaye mu Ngabo z’uRwanda (RDF), aza kuvanwamo n’imyitwarire igayitse kimwe n’iya shebuja Nyamwasa. Yakatiwe n’inkiko igifungo cy’imyaka 23 no kwamburwa impeta zose za gisirikari, amaze guhamwa n’ibyaha bikomeye, birimo ubwicanyi no kugambanira Igihugu. Nk’ibindi bigarasha byose yahise ahungira muri Uganda, anakomeza ibikorwa by’iterabwoba nk’uko n’abagiye bafatirwa muri ibyo bikorwa bakomeje kubimushinja.

Twababwiye kenshi ko Kayumba Nyamwasa ari umugome, umunyoni wishakira kuzuza igifu, atitaye ku banyarwanda bagwa mu mutego w’ikinyoma cye. Muribuka imvugo za Callixte Nsabimana Sankara babanye igihe kinini, umushinja gusahura imisanzu y’abo yashoboye gushuka.

Nyuma y’abo Kayumba yohereza gutikirira mu mashyamba ya Kongo asanze badahagije, yahisemo kongeraho n’abitandukanije nawe.

2021-03-22
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6

Editorial 16 Sep 2023
Umudepite wa NRM wanze gutorera ingingo yemerera Museveni kuzongera kwiyamamaza yakiriwe gitwari

Umudepite wa NRM wanze gutorera ingingo yemerera Museveni kuzongera kwiyamamaza yakiriwe gitwari

Editorial 29 Dec 2017
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Editorial 23 Apr 2025
Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Editorial 12 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika
POLITIKI

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Editorial 24 May 2018
‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa
ITOHOZA

‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa

Editorial 21 Sep 2016
Impanuka y’imodoka yari itwawe n’ukekwaho ubusinzi yahitanye batatu barapfa, abandi barakomereka
Amakuru

Impanuka y’imodoka yari itwawe n’ukekwaho ubusinzi yahitanye batatu barapfa, abandi barakomereka

Editorial 22 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru