• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Editorial 28 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, iyo bigeze ku nzego z’umutekano ikinyabupfura nicyo cyambere kuko iyo kidahari kibangamira akazi; aya ni amagambo yatangajwe na Lt Col Rwivanga ubwo yahamyaga amakuru avugako , Gen Fred Ibingira asanzwe ari Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara (Reserve Force), na Lt Gen (Rtd) Muhire, na we yigeze kuyobora umutwe w’Inkeragutabara ndetse n’Ingabo zirwanira mu kirere yagiye mu kiruhuko muri 2014 batawe muri yombi.

Gen Ibingira yafashwe tariki 07 Mata 2021 nyuma y’uko yari yitabiriye umuhango wo gusaba mu Kagari ka Butare mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, uwo muhango ukaba wari umaze iminsi itatu ubaye.

Twibutse ko mu Rwanda kubera amabwiriza yo kwirinda COVID19, imihango yo gusaba ndetse no kwiyakira itemewe.

Lt Gen Muhire we yafashwe tariki ya 24 Mata 2021 afatirwa I Rebero Kicukiro ahitwa Pegase Resort Inn mu mujyi wa Kigali hamwe n’abandi bantu 33 ngo bari barimo gusangira icyo kunywa barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Ronald Rwivanga, yemeje aya makuru tariki 27 Mata 2021, avuga ko bombi batawe muri yombi bazira kunyuranya n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Yagize ati “Ni byo, abo ba Jenerali bombi bari mu maboko y’inzego z’umutekano bazira kugaragara mu bikorwa by’imyitwarire mibi.”
Lt Col Ronald Rwivanga yongeyeho ko igisirikare cy’u Rwanda (RDF) gifite amabwiriza agenga imyitwarire agomba kubahirizwa n’ingabo zaba izikiri mu kazi ndetse n’izagiye mu kiruhuko zikaba intangarugero.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Rwivanga, avuga ko abo ba Jenerali batazajyanwa mu butabera ahubwo bazahanwa hakurikijwe amabwiriza agenga imyitwarire mu ngabo z’u Rwanda, ababishinzwe mu ngabo bakaba ari bo bazagena igihano kibakwiriye.

Yavuze ko Igisirikare cy’u Rwanda cyamagana iyo myitwarire ku rwego rukomeye kubera ko igira ingaruka mu miyoborere n’imikorere y’ingabo.

Usibye abo basirikari bakuru, hari n’abapolisi bafashwe kuko bari bazi amakuru yaba ba Jenerali bari mu myidagaduro barenze ku mabwiriza ya COVID19.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yemeje aya makuru, avuga ko hari abantu bafashwe bari kumwe na Lt Gen (Rtd) Muhire mu mujyi wa Kigali. Naho ku byabereye i Huye mu Majyepfo mu mihango y’ubukwe Gen Ibingira yari yitabiriye, ngo hakozwe iperereza riza gutuma babiri mu bayobozi bakuru ba Polisi muri ako gace batabwa muri yombi. Abo ni CSP Francis Muheto, uyobora Polisi mu Majyepfo, na SSP Gaton Karagire, uyobora Polisi mu Karere ka Huye.

Umuvugizi wa Polisi avuga ko abo bayobozi babiri ba Polisi bafashwe bazira kuba bari bafite amakuru y’abo bantu barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 nyamara ntibagire icyo babikoraho.

Mu bafashwe kandi harimo uwitwa Fidel Rugomwa, nyiri ahabereye ibyo birori, akaba yarafunzwe mu gihe kigera ku cyumweru, nyuma ararekurwa amaze kwishyura amande. Kimwe n’abandi basivili bafashwe bari kumwe na Lt Gen Muhire na bo bararekuwe bamaze kwishyura amande ateganywa, bamaze no kwisuzumisha COVID-19 kandi bakiyishyurira.

2021-04-28
Editorial

IZINDI NKURU

Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Editorial 26 Feb 2025
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Editorial 16 May 2024
Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Editorial 29 Apr 2017
Burundi : Imbonerakure  n’Interahamwe  nyinshi zambaye gisilikare zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda

Burundi : Imbonerakure n’Interahamwe nyinshi zambaye gisilikare zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda

Editorial 07 Mar 2018
Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Editorial 26 Feb 2025
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Editorial 16 May 2024
Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Editorial 29 Apr 2017
Burundi : Imbonerakure  n’Interahamwe  nyinshi zambaye gisilikare zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda

Burundi : Imbonerakure n’Interahamwe nyinshi zambaye gisilikare zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda

Editorial 07 Mar 2018
Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Editorial 26 Feb 2025
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Editorial 16 May 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru