• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Editorial 16 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI, SHOWBIZ

U Rwanda ruzwi nk’igihugu cy’imisozi igihumbi, ibyiza byarwo bikaba muri bimwe mu bikurura ba mukerarugendo ndetse bigatuma iki gihugu gihora ari nyabagendwa, si ibice bimwe na bimwe gusa kuri ubu bikurura ba mukerarugendo gusa ahubwo uburyo bakirwa bituma bakomeza kwiyongera mu kugana iki gihugu.

Kugeza ubu mu bikorwa bitandukanye ndetse na Serivisi nyinshi harimo kwakirwa abagana u Rwanda baje kurusura cyane cyane mu cyiswe “Visit Rwanda”, iyi nzira yo kwakira abarugana irimo kwaguka cyane mu ngeri nyinshi hadasigaye na Siporo kuko kugeza ubu by’umwihariko ukwezi kwa Gicurasi u Rwanda rwakiriye amwe mumazina y’ibyamamare byinshi biri kurubarizwamo.

Binyuze muri “Visit Rwanda” igihugu cy’imisozi igihumbi gikomeje kuba isanganiro ry’ibyamamare dore ko mu myaka mike ishize ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB cyagiranye amasezerano yo kumenyekanisha igihugu binyuze mu makipe akomeye yo ku mugabane w’i Burayi ariyo Arsenal yo mu Bwongereza ndetse na Paris St Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa.

Ku isonga duhereye mu mupira w’amaguru, kuri uyu wa gatandatu tariki ta 15 Gicurasi 2021 muri Kigali Serena Hotel habereye inama ya komite nyobozi y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, ni inama yitabiriwe n’ibyamamare bikomeye byo hirya no hino ku Isi.

Iyi nama ya komite nyobozi ya CAF yari iyobowe na DR Patrice Motsepe Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, hari kandi na Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA Giani Infantino ndetse yitabirwa na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame wari umushyitsi mukuru.

Iyi nama kandi yitabiriwe na Arsène Wenger wamenyekanye nk’umutoza wa Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza , gusa muri aha yitabiriye nk’umuyobozi ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi.

Arsène Charles Ernest Wenger OBE wamaze imyaka 22 muri iyi kipe y’abarashi ya Arsenal yibukwa cyane ubwo hari mu mwaka w’imikino wa 2003 na 2004 ko yararangije shampiyona y’u Bwongereza adatsinzwe n’umukino n’umwe.

Usibye Arsène Wenger uri mu Rwanda ubarizwa mu mupira w’amaguru hari kandi n’abandi bayobozi b’amashyirahamwe atandukanye y’umupira w’amaguru muri Afurika hari kandi n’abayobozi b’amashyirahamwe y’amahuriro atandukanye arimo COSAFA, CECAFA, UNAF, UNIFFAC, WAFU A ndetse na WAFU B.

Mu bandi bazwi mu gice cya siporo bari mu gihugu cy’u Rwanda by’umwihariko baje kwitabira Imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League rigomba kubera muri Kigali Arena guhera tariki ya 16 kugeza ku ya 30 Gicurasi 2021.

Mu bamaze kumenyekana ko bazitabira iri rushanwa harimo Chris Paul wigeze gukinira ikipe ya Phoenix Suns yo muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika, hari kandi umunyakameruni Pascal Siakam wamenyekanye muri NBA ndetse n’umuyobozi w’ikipe ya Toronto Raptors Masai Ujiri.

Hari kandi umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball Adam Silver wanagize uruhare rwo kugirango iri rushanwa rya BAL ribeho kuri uyu mugabane wa Afurika.

Amakuru yandi ahari avuga ko iri rushanwa rya BAL rizitabirwa n’abantu 150 bazaba bavuye muri Amerika bigaragaza ko u Rwanda ruzaba rufite ibyamamare bitandukanye bifite aho bihuriye na Siporo.

2021-05-16
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabo za Kayumba  nyuma yo gukubitwa ikibatsi muri RD-Congo zahungiye mu kirwa cya Kazimya zigana Tanzania

Ingabo za Kayumba  nyuma yo gukubitwa ikibatsi muri RD-Congo zahungiye mu kirwa cya Kazimya zigana Tanzania

Editorial 17 Jul 2019
” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

Editorial 29 May 2018
“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

Editorial 02 Aug 2021
Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Editorial 01 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihuha cy’abarwanya Leta y’u Rwanda :  Haravugwa  y’uko Col Byabagamba, Gen Rusagara na Lt Col Rugigana batorotse Gereza
ITOHOZA

Igihuha cy’abarwanya Leta y’u Rwanda : Haravugwa y’uko Col Byabagamba, Gen Rusagara na Lt Col Rugigana batorotse Gereza

Editorial 04 Sep 2016
Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 28 Oct 2016
Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup
Amakuru

Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup

Editorial 15 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru