• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Ubwanditsi 19 May 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ubwo yitabiraga umuhango wo kurahira kwa Perezida Kaguta Museveni wa Uganda wabaye mu cyumweru gishize, Perezida w’uBurundi Evariste Ndayishimiye yavugiye i Kampala amagambo yatunguye benshi, baba abari baba n’abakurikiraniye hafi ibinyoma bye.

Perezida Ndayishimiye wita Museveni “Umubyeyi w’uBurundi’’ (abenshi babifashe nko gushyanuka), yarihanukiriye avuga ko uRwanda rwafunze umupaka warwo n’uBurundi ngo kugirango ibicuruzwa biva muri Uganda bitagera mu Burundi.

Nyamara isi yose irabizi ko u Burundi aribwo bwafashe iyambere mu gufunga umupaka buhuriyeho n’uRwanda ngo ku mpamvu z’umutekano, buza no gushimangira icyo cyemezo cyo gufunga imipaka yose yo ku butaka, ngo mu rwego rwo kurwanya COVID-19.

Ubwo u Burundi bwafungaga umupaka warwo n’uRwanda, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda cyatangaje ko icyo cyemezo kibangamiye inyungu z’ibihugu byombi, ndetse kikaba kinyuranyije n’amasezerano y’ubuhahirane hagati y’ibihugu bigize Umuryango wa Afrika y’Uburasirazuba.

Nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye muri Uganda, yanavugiye i Bujumbura ko urwo ruzinduko ngo rwababaje u Rwanda, ariko ntiyavuga umuyobozi wo mu Rwanda nibura umwe wagaragaje ako kababaro, cyangwa icyagateye.

Abasesenguzi bavuga ko aya magambo ya Evariste Ndayishimiye yayavuze agirango ahakwe kuri Museveni, afata nk’umuntu ushobora kumuvuganira ubutegetsi bwe bugatora agatege, dore ko bukomeje gugaragaza ko buhungetwa.

Uko byagenda kose, ibi biyoma bya Evariste Ndayishimiye binyuranye n’ibyo Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame aherutse gutangaza, ubwo yagaragazaga ko uRwanda n’uBurundi biri mu nzira nziza yo kuvana agatotsi mu mubano w’ibihugu byombi.

Birashoboka rero ko u Rwanda rwaba rufite ubushake bwo gusubiza ibintu mu buryo, mu gihe ku rundi ruhande rw’Akanyaru bagishyize imbere uburyarya ngo gushimisha ‘’Papa wabo’’ Museveni utifuriza u Rwanda icyiza na kimwe.

2021-05-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0

Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0

Ubwanditsi 01 Aug 2025
Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2022
2016: Ruswa yariyongereye cyane, abayitangaho amakuru baragabanyuka

2016: Ruswa yariyongereye cyane, abayitangaho amakuru baragabanyuka

Ubwanditsi 10 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu
ITOHOZA

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu

Ubwanditsi 30 Sep 2016
Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda
Mu Rwanda

Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Ubwanditsi 01 Sep 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Uncategorized

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru