• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Editorial 23 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu nibwo abayobozi b’ikipe y’ingabo z’igihugu basuye abakinnyi b’iyi kipe, wari umwanya wo guhabwa impanuro ku bakinnyi bitegura gukomeza shampiyona igeze aho amakipe umunani yazamutse mu matsinda atandukanye azishakamo ikipe imwe yegukana igikombe cya shampiyona.

Nkuko byanditswe na website ya APR FC , bavuze koa ari igikorwa cyatangijwe n’umuyobozi wa APR FC Maj Gen MK MUBARAKH atanga ikaze, aho yagejeje ku bari aho ubuzima bw’ikipe muri rusange.

Yagizeti “APR FC iri ahantu heza, turimo kwitwara neza mu rugamba turimo rwa shampiyona ntabwo turatsindwa na rimwe kandi bizakomeze gutyo, APR FC ni ikipe irangwa n’imyitwarire myiza nk’uko ingabo zacu zibigaragaza aho ziri hose, natwe nk’abakinnyi niko tugomba kwitwara. Hari bagenzi banyu bagiye bava muri APR FC kubera ibikorwa bitandukanye bijyanye n’imyitwarire mibi, ariko abasigaye murashoboye twebwe rero dukomeze twitware neza kugira ngo tunagere ku ntego twihaye yo gutwara igikombe.”

Hakurikiyeho impanuro za Perezida w’icyubahiro wa APR FC Gen James Kabarebe akaba yatangiye ashimira ikipe y’ingabo z’igihugu uburyo iyi kipe yitwaye mu mikino yo mu matsinda aho yasoje iyo mikino idatsinzwe.

Yagize ati “Mwitwaye neza mu mikino yo mu matsinda imikino yose mwakinnye ndayikurikirana n’imikino y’andi makipe ndayikurikirana mwitwaye neza, kuba mutaratsinzwe umukino numwe bitanga ikizere ko n’urundi rugamba tugiye gutangira narwo tuzarwitwaramo neza.”

“Ubu twebwe tumeze nkaho urugamba rwo gutwara igikombe tuzarutangira ejo ( ku cyumweru) dutsinda buri kipe iri muri aya makipe umunani yazamutse, nta kipe tugomba korohera, ni ugutsinda gusa mufite abatoza beza bahora bashaka intsinzi, murabizi ko uyu mutoza Adil nta mukino aratsindwa bikomeze gutyo kuko nta mukino numwe dushaka gutakaza.”

Yakomeje agira inama abakinnyi agira ati “Umukinnyi ni ukora imyitozo akabasha no kuruhuka kugira ngo abashe kwitwara neza mu kibuga, mukore imyitozo ubundi mufate n’umwanya wo kuruhuka bizabafasha gutera imbere cyane nkaba bakinnyi tubona bo hanze, nasoza mbifuriza intsinzi mu mikino ya shampiyona igiye gukomeza guhera kuri iki cyumweru.”

Umutoza Adil yakiriye ijambo ry’ubuyobozi bwe, ashimira ko hamwe nabo bafatanya umunsi ku wundi bishimira kwisanga bakorera muri APR FC bafata nk’umuryango wabo. Yagize ati “intsinzi tugeraho zose tuzikesha Ubuyobozi bwiza bwa RDF, ubwa APR FC, Abakinnyi natwe tuyikorera twese ndetse n’ Abakunzi/Abafana bayo bose.” Asoza yizeza ko Abakinnyi be bamaze kumenya icyo basabwa kandi biteguye gutanga intsinzi n’ibyishimo nkuko babyitezeho.

Kapiteni w’ikipe Manzi Thierry mw’izina ry’abagenzi be, yashimiye abayobozi badahwema kubereka ko babashyigikiye. Yagize ati “Turabashimira cyane igihe cyose muba muri kumwe natwe, tubijeje ko natwe impanuro muduhaye zikomeza kudufasha mu rugendo turimo rwo gushaka igikombe cya shampiyona kandi tukazagitwara tudatsinzwe.”

Mu rugendo rwo guhatanira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2020-2021, ikipe ya APR FC iratangira ikina na Espoir FC kuri iki cyumweru, izasure AS Kigali ku munsi wa kabiri w’iyi mikino ikazakurikizaho Bugesera FC, Police FC, Rayon Sports, Marines ikazasoza ikina na Rutsiro FC.

2021-05-23
Editorial

IZINDI NKURU

Minisiteri y’Uburezi yahagaritse amashami atatu ya Kaminuza ya Gitwe, abanyeshuri basabwa gutaha

Minisiteri y’Uburezi yahagaritse amashami atatu ya Kaminuza ya Gitwe, abanyeshuri basabwa gutaha

Editorial 18 Mar 2017
FERWAFA yashimangiye ko ingengabihe y’Amarushanwa ya 2024-2025, izatangizwa n’umukino wa APR FC na Police FC

FERWAFA yashimangiye ko ingengabihe y’Amarushanwa ya 2024-2025, izatangizwa n’umukino wa APR FC na Police FC

Editorial 19 Jun 2024
Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2024
Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Editorial 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhungu wa Osama bin Laden yashyizwe ku rutonde rw’abahigwa Bukware kubera iterabwoba
ITOHOZA

Umuhungu wa Osama bin Laden yashyizwe ku rutonde rw’abahigwa Bukware kubera iterabwoba

Editorial 06 Jan 2017
Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano
Mu Mahanga

Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano

Editorial 17 Jan 2017
Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda
Amakuru

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Editorial 13 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru