• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Ubwanditsi 23 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu nibwo abayobozi b’ikipe y’ingabo z’igihugu basuye abakinnyi b’iyi kipe, wari umwanya wo guhabwa impanuro ku bakinnyi bitegura gukomeza shampiyona igeze aho amakipe umunani yazamutse mu matsinda atandukanye azishakamo ikipe imwe yegukana igikombe cya shampiyona.

Nkuko byanditswe na website ya APR FC , bavuze koa ari igikorwa cyatangijwe n’umuyobozi wa APR FC Maj Gen MK MUBARAKH atanga ikaze, aho yagejeje ku bari aho ubuzima bw’ikipe muri rusange.

Yagizeti “APR FC iri ahantu heza, turimo kwitwara neza mu rugamba turimo rwa shampiyona ntabwo turatsindwa na rimwe kandi bizakomeze gutyo, APR FC ni ikipe irangwa n’imyitwarire myiza nk’uko ingabo zacu zibigaragaza aho ziri hose, natwe nk’abakinnyi niko tugomba kwitwara. Hari bagenzi banyu bagiye bava muri APR FC kubera ibikorwa bitandukanye bijyanye n’imyitwarire mibi, ariko abasigaye murashoboye twebwe rero dukomeze twitware neza kugira ngo tunagere ku ntego twihaye yo gutwara igikombe.”

Hakurikiyeho impanuro za Perezida w’icyubahiro wa APR FC Gen James Kabarebe akaba yatangiye ashimira ikipe y’ingabo z’igihugu uburyo iyi kipe yitwaye mu mikino yo mu matsinda aho yasoje iyo mikino idatsinzwe.

Yagize ati “Mwitwaye neza mu mikino yo mu matsinda imikino yose mwakinnye ndayikurikirana n’imikino y’andi makipe ndayikurikirana mwitwaye neza, kuba mutaratsinzwe umukino numwe bitanga ikizere ko n’urundi rugamba tugiye gutangira narwo tuzarwitwaramo neza.”

“Ubu twebwe tumeze nkaho urugamba rwo gutwara igikombe tuzarutangira ejo ( ku cyumweru) dutsinda buri kipe iri muri aya makipe umunani yazamutse, nta kipe tugomba korohera, ni ugutsinda gusa mufite abatoza beza bahora bashaka intsinzi, murabizi ko uyu mutoza Adil nta mukino aratsindwa bikomeze gutyo kuko nta mukino numwe dushaka gutakaza.”

Yakomeje agira inama abakinnyi agira ati “Umukinnyi ni ukora imyitozo akabasha no kuruhuka kugira ngo abashe kwitwara neza mu kibuga, mukore imyitozo ubundi mufate n’umwanya wo kuruhuka bizabafasha gutera imbere cyane nkaba bakinnyi tubona bo hanze, nasoza mbifuriza intsinzi mu mikino ya shampiyona igiye gukomeza guhera kuri iki cyumweru.”

Umutoza Adil yakiriye ijambo ry’ubuyobozi bwe, ashimira ko hamwe nabo bafatanya umunsi ku wundi bishimira kwisanga bakorera muri APR FC bafata nk’umuryango wabo. Yagize ati “intsinzi tugeraho zose tuzikesha Ubuyobozi bwiza bwa RDF, ubwa APR FC, Abakinnyi natwe tuyikorera twese ndetse n’ Abakunzi/Abafana bayo bose.” Asoza yizeza ko Abakinnyi be bamaze kumenya icyo basabwa kandi biteguye gutanga intsinzi n’ibyishimo nkuko babyitezeho.

Kapiteni w’ikipe Manzi Thierry mw’izina ry’abagenzi be, yashimiye abayobozi badahwema kubereka ko babashyigikiye. Yagize ati “Turabashimira cyane igihe cyose muba muri kumwe natwe, tubijeje ko natwe impanuro muduhaye zikomeza kudufasha mu rugendo turimo rwo gushaka igikombe cya shampiyona kandi tukazagitwara tudatsinzwe.”

Mu rugendo rwo guhatanira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2020-2021, ikipe ya APR FC iratangira ikina na Espoir FC kuri iki cyumweru, izasure AS Kigali ku munsi wa kabiri w’iyi mikino ikazakurikizaho Bugesera FC, Police FC, Rayon Sports, Marines ikazasoza ikina na Rutsiro FC.

2021-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0

Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0

Ubwanditsi 19 Sep 2022
Amafoto – Amavubi yatangiye umwiherero wo kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Amafoto – Amavubi yatangiye umwiherero wo kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 21 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama nyirizina ya OIF yatangiye  kuri uyu wa Kane
INKURU NYAMUKURU

Inama nyirizina ya OIF yatangiye kuri uyu wa Kane

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi
Mu Mahanga

Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Dec 2016
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!
Amakuru

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Ubwanditsi 24 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru