• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1

Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1

Editorial 10 Jul 2023 Amakuru, IMIKINO

Mu gihe habura iminsi itageze ku kwezi gusa ngo Rayon Sports yizihize ibirori bifungura umwaka w’imikino, ‘UMUNSI W’IGIKUNDIRO 2023’, ikipe yishimiye ko yabonye umutoza mushya Yamen Zelfani ‘Alfani’ ukomoka muri Tunisia.

Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nyakanga 2023 nibwo ubuyobozi bwA Rayon Sports bwatangaje ku mugaragaro ko bwahaye akazi umutoza mpuzamahanga ukomoka muri Tunisia watoje amakipe anyuranye afite ibigwi muri Afurika no muri Asia.

Umunyamabanga wa Rayon Sports Patrick Namenye yatangaje impamvu yatumye bahitamo uyu mutoza agira ati: “Kuko twifuza kwitwara neza ku ruhando rwa Afurika tukanegukana igikombe cya Shampiyona uyu mwaka w’imikino tugiye gutangira, twatoranyije umutoza ufite ibigwi kandi umenyereye amakipe akomeye. Nyuma yo gutangaza umutoza turakurikizaho gutangaza abo bazakorana.”

Byitezwe ko uyu mutoza agera mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru agategura imyitozo itegura imikino ya gicuti izabanziriza Umunsi w’Igikundiro (Rayon Sports Day 2023). Iyi mikino ya gicuti irimo izaba ari mpuzamahanga n’iy’imbere mu gihugu.  

Yamen Zelfani yavutse tariki 4 Nzeri 1979, avukira muri Tunisia. Yigiye gutoza mu makipe y’abato b’ikipe ya Stade Tunisien y’iwabo. Nyuma yayibereye umutoza wungirije mbere yo kwerekeza muri Saudi Arabia.

Muri Saudi Arabia yatangiriye ubuzima muri Abha Club yo mu cyiciro cya mbere ‘Saudi Pro League’ ari umutoza wungirije nyuma akayitoza ari umutoza mukuru hagati ya 2012-2015.

2015 yagarutse muri Afurika atoza Nouadhibou yo muri Mauritanie ayitoza umwaka umwe mbere yo kwerekeza muri Al-Merrikh yo muri Sudan, aho yatwaye igikombe cya Shampiyona ‘Sudan Premier League 2018-19 n’igikombe cy’igihugu ‘Sudan Cup 2018’.

Mu 2019 yerekeje muri Dhofar FC yo muri Oman ayihesha Super Cup y’icyo gihugu 2019. Mu 2020 yagarutse muri Afurika atoza JS Kabylie yo muri Algeria aho yayifashije kurangiriza ku mwanya wa 3 muri Shampiyona ya Algeria anasohokera iki gihugu muri CAF Confederation Cup.

Mu 2021 yasubiye iwabo muri Tunisia atoza AS Soliman mbere yo gusubira muri Saudi Arabia aho yatoje Al-Kawkab yo mu cyiciro cya kabiri. Ubu aje mu Rwanda aturutse Al-Talaba yo muri Iraq yatozaga umwaka ushize w’imikino. 

2023-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Editorial 24 Jan 2018
Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Editorial 16 Mar 2018
Uko isoko ry’abakinnyi rihagaze ku mugabane w’uburayi

Uko isoko ry’abakinnyi rihagaze ku mugabane w’uburayi

Editorial 17 Jan 2018
U Rwanda rwahawe kwakira shampiyona y’isi y’amagare ya 2025, ikaba ku ncuro ya mbere iri rushanwa rizaba rigiye kubera ku mugabane wa Afurika

U Rwanda rwahawe kwakira shampiyona y’isi y’amagare ya 2025, ikaba ku ncuro ya mbere iri rushanwa rizaba rigiye kubera ku mugabane wa Afurika

Editorial 23 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru