• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Editorial 03 Jun 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Laurent Bucyibaruta uzwi cyane m’uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Laurent Bucyibaruta agiye gutangira ku buranishwa mu mizi  n’inkiko zo mu mu Bufaransa. Urubanza ruregwamo Bucyibaruta ruzaburanishwa n’Urukiko rw’i Paris (Cour d’Assise de Paris) mu Bufaransa, kuva ku wa 9 Gicurasi kugeza ku wa 1 Nyakanga 2022.

Laurent Bucyibaruta yavutse muri 1944 mu cyahoze ari Pereegitura ya Gikongoro ubu ni mu ntara y’amajyepfo. Yabaye Perefe wa Gikongoro tariki ya 4 Nyakanga 1992, umunsi umwe mbere yuko MRND ya Habyarimana yizihiza isabukuru ya Coup d’Etat yo gukuraho Kayibanda, akaba yari yoherejwe n’ishyaka rye nk’intumwa muri Perefegitura yari izwiho kugira umubare munini w’Abatutsi ndetse inafite amateka mu bwicanyi bw’Abatutsi urebye ibyabaye mu Bunyambiriri na Bufundu muri kuri Noheli ya 1963.

Bucyibaruta aregwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku rwego rwa Ruharwa. Mu Ukuboza 1993, muri Mitingi ya MRND yasabye abantu gukusanya amafaranga yo kwikiza umwanzi ariwe “Mututsi”. Bucyibaruta kandi ashinjwa gutanga amabwiriza yo kwica Abatutsi, aho ubwicanyi bukomeye bwabaye muri iyi Perefegitura ariwe wari ubuyoboye.

Aha twavuga nk’ubwicanyi bwabereye kuri Paruwasi ya Cyanika tariki ya 21 Mata 1994, ubwicanyi bwabereye kuri Gereza ya Gikongoro tariki ya 22 Mata 1994 ndetse n’ubwabaye tariki ya 7 Gicurasi 1994 ku ishuri ry’abakobwa rya Kibeho Marie Merci.

Tariki ya 10 Mata 1994, Bucyibaruta yayoboye ubwicanyi bwabereye ku ishuri rya Murambi aho Abatutsi bari babwiwe guhungira ngo barabashakira umutekano ndetse n’ibyo kurya. Abo Batutsi baje kwicwa tariki ya 20 na 21 bikozwe n’abajandarume, abasirikari n’abasiviri.Bucyibaruta yahungiye mu Bufaransa mu mwaka wa 1997.

Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha rwashyizeho impapuro zita muri yombi Laurent Bucyibaruta tariki ya 16 Kamena 2005. Nkuko urupapuro rumuta muri yombi rubivuga, Bucyibaruta ashinjwa ibyaha bigera kuri bitandatu harimo ibyaha bya Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, gushishikariza abandi gukora Jenoside , ibyaha byibasiye inyokomuntu, ubwicanyi ndetse no gufata abagore ku ngufu. Uruhare rwe ku giti cye ndetse nuruhare rwe nk’umuyobozi bigaragazwa muri urwo rupapuro rusaba ku muta muri yombi.

Tariki ya 30 Gicurasi 2000, Bucyibaruta yatawe muri yombi, kubera ibirego by’imiryango itandukanye ararekurwa ariko tariki ya 6 Kamena 2000 arafungwa. Yarajuriye arekurwa tariki ya 20 Ukuboza 2000.

Tariki ya 12 Kamena 2007, Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha yasabye ko dosiye ye ndetse niya Munyeshyaka Wenceslas zishyikirizwa inkiko z’Ubufaransa. Yongeye gufatwa tariki ya 20 Nyakanga 2007 nyuma aza kurekurwa ariko baguma ku ijisho ry’ubutabera aho we na Munyeshyaka batemerewe kuva mu gihugu cy’Ubufaransa.

Nk’umuyoboke ukomeye wa MRND, Bucyibaruta yagize imyanya ikomeye harimo kuba Burugumesitiri wa Komini ya Musange mucyahoze ari Gikongoro kuva tariki ya 13 Ukwakira 1973 kugeza tariki ya 22 Ugushyingo 1974 nyuma aza no kuba Superefe muri za Perefegitura ya Butare na Gisenyi.

Yabaye kandi intumwa ya Rubanda (umudepite) nuko muri 1985 aba Perefe wa Kibungo kugeza muri 1992, ubwo yoherezwaga kuba Perefe wa Gikongoro

Abanyarwanda benshi bishimiye ko Bucyibaruta agiye kuburanishwa bikava mu mikino yo gufatwa no kurekurwa

2021-06-03
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Editorial 12 Mar 2021
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Editorial 21 Sep 2023
UGANDA: Besigye yanenze bikomeye Museveni kumwanzuro yafashe wo kugurira ibifaru abadepite mugukaza umutekano wabo.

UGANDA: Besigye yanenze bikomeye Museveni kumwanzuro yafashe wo kugurira ibifaru abadepite mugukaza umutekano wabo.

Editorial 15 Jul 2018
U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Editorial 20 Jun 2022
Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Editorial 12 Mar 2021
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Editorial 21 Sep 2023
UGANDA: Besigye yanenze bikomeye Museveni kumwanzuro yafashe wo kugurira ibifaru abadepite mugukaza umutekano wabo.

UGANDA: Besigye yanenze bikomeye Museveni kumwanzuro yafashe wo kugurira ibifaru abadepite mugukaza umutekano wabo.

Editorial 15 Jul 2018
U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Editorial 20 Jun 2022
Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Editorial 12 Mar 2021
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Editorial 21 Sep 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru