• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gabiro : Perezida Kagame yahuye n’itsinda ryamufashije kunoza amavugurura akenewe muri AU

Gabiro : Perezida Kagame yahuye n’itsinda ryamufashije kunoza amavugurura akenewe muri AU

Ubwanditsi 27 Feb 2017 Mu Rwanda

I Gabiro ku munsi w’ejo ku cyumeru, Perezida Paul Kagame yahuye n’itsinda ry’abahanga bamufashije kunoza raporo ku mavugurura akenewe mu mikorere y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), mu gihe gushyira mu bikorwa imyanzuro yemejwe mu nama y’abakuru b’ibihugu iheruka byo byatangiye.

Mu Nteko rusange ya 28 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yateraniye Addis Ababa muri Mutarama, nibwo Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru b’ibihugu 54 bigize AU, ku mavugurura akenewe mu mikorere y’uyu muryango.

Ni inshingano yari yaraherewe mu nama ya 27 ya AU yabereye i Kigali muri Nyakanga 2016, ndetse atoranya inararibonye icyenda zamufashije muri ako kazi.

Hari byinshi byasabiwe kuvugururwa

Mu nzego zari zikeneye amavugurura, harimo imikorere ya Komisiyo ya AU, uburyo bwo gupima uko inzego zigera ku byo ziyemeje, kwishakamo ubushobozi nk’ibihugu bihuriye mu muryango, uko abayobozi bahagararirwa mu nama za AU n’ibindi.

Mu nama yabereye mu muhezo muri Ethiopia kuwa 29 Mutarama 2017, Perezida Kagame yagaragarije abakuru b’ibihugu bigize AU ko hari ikibazo cyo kuba imiryango ishamikiye kuri AU itagaragara neza uko igabana inshingano n’abanyafurika bakaba batabona akamaro k’uyu muryango.

Byiyongeraho kuba kenshi abakuru b’ibihugu bakorana inama, bagafata imyanzuro bakayumvikanaho ariko ntishyirwe mu bikorwa, ashimangira ko kugira ngo aya mavugurura ashoboke bisaba indi mikorere bityo icyo kibazo kigakemuka mbere y’ibindi.

Yavuze ko kugira ngo imyanzuro ifatirwa mu nama za AU ijye irushaho gushyirwa mu bikorwa, hakwiye kubaho uburyo abayobozi ba AU basimburana ku rwego rw’abakuru b’ibihugu, utahiwe akazajya atorwa mbere y’umwaka umwe.

Yakomeje agira ati“Abakuru b’ibihugu bakwiye kujya bahagararirwa mu nama n’abayobozi batari munsi y’urwego rwa Visi Perezida cyangwa Minisitiri w’Intebe. Kuri iyi ngingo by’umwihariko, hari ubwo Perezida aba adahari, yaba Minisitiri w’Intebe, abaminisitiri, ba ambasaderi, ugasanga byageze ku banyamabanga ba za ambasade n’abandi. Ndatekereza ko ibi bidakwiye.”

Gushyira mu bikorwa imyanzuro byaratangiye

Umwe mu myanzuro iri gushyirwa mu bikorwa n’ibihugu, harimo ko ibikorwa bya AU, bigomba gushingira ku bushobozi bw’abanyafurika, aho buri gihugu cyajya gitanga 0.2% by’amahoro y’ibyinjira mu gihugu, ukajya muri AU, amafaranga akomoka kuri ayo mahoro yose hamwe akazagera kuri miliyari $1.2 buri mwaka.

Muri Ethiopia, Perezida Kagame yagize ati “Gahunda zacu ziraterwa inkunga n’abanyamahanga ku kigero cya 97%, kandi kugera mu Ukuboza 2016, munsi ya kimwe cya kabiri cy’ibihugu bari barishyuye imisanzu yabo yose.”

“Umwanzuro ku kwishakamo ubushobozi wo muri Nyakanga umwaka ushize wagize uruhare muri aya mavugurura. Iyo ari wowe uri kwishyura, uhita uhangayikishwa no kubona ibihwanye n’amafaranga watanze.”

Uyu mwanzuro u Rwanda rumaze gutera intambwe ifatika mu kuwushyira mu bikorwa, aho kuwa 21 Gashyantare Abadepite bemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko rishyiraho amahoro (soma amahooro) ku bicuruzwa byatumijwe mu mahanga, agenewe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).

Ni itegeko rizatuma guverinoma y’u Rwanda ibasha gukusanya agera kuri miliyari 1.5 Frw buri mwaka agenewe gushyikigira ibikorwa bya AU.

-5946.jpg

-5945.jpg

-5944.jpg

-5943.jpg

-5942.jpg

Foto : Village Urugwiro

2017-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sayinzoga Jean wari Umuyobozi wa Komisiyo ya ‘Demobilisation’ yitabye Imana

Sayinzoga Jean wari Umuyobozi wa Komisiyo ya ‘Demobilisation’ yitabye Imana

Ubwanditsi 17 Apr 2017
FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Ubwanditsi 30 Sep 2025
Mu ruzinduko rw’Akazi: Perezida wa Pologne, Andrzej Duda n’umugore we, Agata Kornhauser-Duda bageze mu Rwanda

Mu ruzinduko rw’Akazi: Perezida wa Pologne, Andrzej Duda n’umugore we, Agata Kornhauser-Duda bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 06 Feb 2024
Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Ubwanditsi 29 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko  Dusabe Therese nyina wa Victoire Ingabire yoretse imbaga i Butamwa
ITOHOZA

Uko Dusabe Therese nyina wa Victoire Ingabire yoretse imbaga i Butamwa

Ubwanditsi 25 Feb 2017
Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira
Amakuru

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ubwanditsi 13 Feb 2024
Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu
Amakuru

Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Ubwanditsi 23 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru