• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ubwanditsi 01 Jul 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Aya makuru y’ abaturage basaga 800 bahawe inkingo z’ibikwangari yabanje gutangazwa n’ibinyamakuru byigenga ndetse n’imiryango itari iya Leta, abambari ba Perezida Yoweri K. Museveni bihutira kuyamaganira kure, nk’uko basanzwe babigenza iyo hari amakuru afatika abashinja ruswa n’andi marorerwa, bakayitirira ”abatifuriza Uganda ineza”. Nyamara ikinyoma ntikirara bushyitsi, kuko Leta ya Uganda yabonye itahisha inzu ngo ihishe umwotsi, maze nayo yemera ko aya mahano yabaye.

Dr Wallen NAAMARA, ukuriye ishami rishinzwe ubuzima mu biro bya Perezida Museveni, yemereye itangazamakuru ko abantu basaga 800 mu Murwa Mukuru Kampala bahawe inkingo z’ibicupuri, ndetse bamwe bitaba Imana. Yasobanuye ko harimo gukorwa iperereza ngo ababigizemo uruhare babihanirwe. Birashoboka ko abahawe inkingo z’inyiganano barenga kure abamenyekanye, kuko mu byaro bya Uganda bikekwa kuba harabaye amarorerwa aruta ayo muri Kampala.

Ubusanzwe Leta ya Uganda itangaza ko yiyemeje guha abaturage inkingo za Covid-19 ku buntu, nyamara abenshi bagiye bazigurira, zinabahenze, kuko zagiye zivanwa mu bubiko bwa Leta zikajya gucuruzwa mu mafarumasi yigenga. Aho rero ni naho havuye ubujura n’ubugome bwo kuvanga inkingo nzima n’inziganano, rumwe umuturage akarugura amashilingi ya Uganda hafi ibihumbi 200, ni hafi ibihumbi 70 uvunje mu Manyarwanda.
Ibi biraba kandi mu gihe iki cyorezo gica ibintu muri Uganda, aho abarwayi batangiye kubura umwuka uhabwa indembe. Ibitaro byaruzuye ku buryo imodoka z’abantu ku giti cyabo zahindutse ibitaro, abaganga basanzwe ari na bake bikaba byatangiye kubarenga.

Nyamara imibare yerekana ko Uganda yahawe inkunga yo guhangana na Covid-19, ingana na tiriyali 4 n’igice z’amashilingi, ariko igice kinini cy’iyo nkunga cyigiriye mu mifuka y’abo mu muryango wa Perezida Museveni n’inkoramutima ze. Urugero ni miliyari hafi 7 z’amashilingi zahawe kampani yitwa“Silverbacks Pharmacy” ngo ishyire umwuka wa “Oxygen” mu bitaro bya Mulago, birangira nta n’ikintu na kimwe gikozwe. Iyo kampani ni iya Charlotte KUTEESA washakanye na Gen. MUHOOZI Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni.

Magingo aya, abaturage batangiye gutabaza no gusaba ibihugu, nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bigenera inkingo Uganda, ko byohereza muri Uganda zazana n’abaganga bo gukingira abaturage, kuko ngo abo muri Uganda bamaze gutakarizwa icyizere.

2021-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024

Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 20 May 2023
Sudani y’Epfo : Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe

Sudani y’Epfo : Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 25 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada
UBUKUNGU

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC
Amakuru

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Mar 2023
umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!
Amakuru

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Ubwanditsi 17 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru