• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ubwanditsi 24 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abazi neza amateka y’u Rwanda, bazahora bibuka umugabo Dominiko Mbonyumutwa umwe mu “bacurabwenge” b’ingengabitekerezo ya giparimehutu, ari nayo yaje kuvamo”hutupawa” yoretse u Rwanda.

Ikibabaje kurushaho, ni uko na nyuma y’imyaka 36 apfuye, abuzukuru be bakigaragaza urwango bafitiye Abatutsi, bakagoreka amateka bagamije gutoneka ibikomere byasizwe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu nyandiko yashyize ku mbuga nkoranyambaga ejo ku cyumweru, Gustave Mbonyumutwa RUHUMURIZA, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa, yabeshye abasomyi ko agamije kugaya abagoreka amateka y’u Rwanda, kandi mu by’ukuri agambiriye kuyahonyora kurushaho.

Mbonyumutwa ntiyemera ko Interahamwe zashyiriweho kurimbura Abatutsi n’abatari bashyigikiye uwo mugambi mutindi.

Uyu mwuzukuru w’abaparmehutu biragaragara ko yonse ingengabitekerezo ya Jenoside akayijuta. Nawe se umuntu uvuga ko Interahamwe rwari urubyiruko rwashyiriweho gusa gucengeza amahame ya MRND, yiyibagije ko Interahamwe zahawe imyitozo ya gisirikari, zigishwa kwica, ku buryo Interahamwe imwe yatojwe kwica nibura abantu 1000 mu isaha imwe, ni ikihe kindi wamutegerezaho uretse kugoreka amateka azwi na buri wese.

Mu buhamya Gen Romeo Dallaire( wayoboraga ingabo za Loni mu Rwanda) yatanze mu Rukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, yasobanuye ko ayo makuru yayahabwaga n’Interahamwe zamubwiraga buri gihe aho bagejeje imyitozo yo kwica Abatutsi n’abatavuga rumwe na Leta ya Habyarimana.

Ikindi, Perezida Habyarimana ubwe, ubwo yari muri mitingi ya MRND mu Ruhengeri, yavugiye ku mugaragaro ko agiye”kumanukana n’interahamwe bakabonana n’abadashaka MRND”.

Gustave Mbonyumutwa azatubwire icyo Habyarimana n’Interahamwe ze bari kumanuka bagiye gukora.

Uyu mwuzukuru wa parimehutu uvuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yatewe n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, azabanze asobanure icyo Lehu Mugesera yashakaga kuvuga, ubwo mu mwaka w’1993 yavugiraga ku Kabaya ngo:”Abatutsi tuzabanyuza muri Nyabarongo basubire iwabo muri Abisiniya”.

Harya icyo gihe indege yari yagahanuwe? Abatutsi se bicwa mu Bugesera, mu Bigogwe, Kibirira n’ahandi, iyo ndege bagize urwitwazo yari yagahanuwe?

Mbonyumutwa afata abishwe n’Interahamwe n’abasirikari ba Habyarimana akabashyira ku mutwe wa FPR. Muri abo avugamo ba Nyakwigendera Emmanuel Gapyisi wiciwe i Kigali muw’1993, FPR ikibera ku Murindi, akavugamo Felisiyani Gatabazi warwanyaga cyane ubutegetsi bwa Habyarimana, n’abandi bahigwaga bukware bashinjwa”gukorana n’umwazi “, ariwe FPR.

Azabanze amenye, kandi agire ubutwari bwo kuvuga imbaraga FPR yakoresheje mu kurokora abataravugaga rumwe na Habyarimana, barimo Faustin Twagiramungu, Dismas Nsengiyaremye n’abandi benshi, kandi ni uko yari iyobewe ko bafitanye ibisanira na parimehutu.

Gustave Mbonyumutwa Ruhumuriza aratinyuka akavuga ko Leta y’Abatabazi ntaho ihuriye na Jenoside yakorewe Abatutsi, ko ngo ahubwo iyo Leta yagerageje kuyihagarika bikananirana.

Reka abivuge, ise Shingiro Mbonyumutwa yari akuriye ibiro bya Ministiri w’Intebe wa Leta y’Abatabazi.

Icyo yiyibagiza ariko, ni uko uwo Minisitiri w’Intebe, Yohani Kambanda, yiyemereye imbere y’Urukiko rwa Arusha, ko Leta yari ayoboye yashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Gustave Mbonyumutwa Ruhumuriza asanzwe mu cyitwa Jambo Asbl kiganjemo abakomoka ku bajenosideri.

Intego yabo ya mbere ni ukugira abere ababyeyi babo bahekuye u Rwanda, ariko bakiyibagiza ko amateka ntawe uyavuguruza. “Les faits sont tetus”!

Ese ko icyaha ari gatozi, kuki aba bana bashaka kwizirika ku mahano abo bakomokaho bakoreye Abanyarwanda n’inyokomuntu aho iva ikagera

Abazobereye mu mitekerereze y’abantu, bavuga ko abanyamurwango ba Jambo Asbl babiterwa n’ipfunwe, ariko gukira iryo hungana ntibisaba guhindura no guhonyora amateka yabaye kimenyabose ku isi yose. Bazakomeze bavuge amateshwa, amateka nayo azaca urubanza!

2022-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ubwanditsi 19 Feb 2022
Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia  & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Ubwanditsi 02 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano
Amakuru

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka
POLITIKI

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse
Mu Mahanga

Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse

Ubwanditsi 20 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru