• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Ubwanditsi 24 Feb 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Uwitwa Didas Gasana yamaze guhaga uruyama, maze asimbukira kuri twitter, ati nziyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mwaka wa 2024. Yanivugiye ko uyu mugambi awushyigikiwemo na Ingabire Victoire Umuhoza, uzwiho gukorana n’imitwe y’iterabwoba.

Didas Gasana ntiyasobanuye ishyaka aziyamamaza anyuzemo haba muri DALFA-Umurinzi cyangwa muri FDU-Inkingi, dore ko yombi ari aya Ingabire Victoire, nubwo ataremerwa mu mategeko.

Benshi mu basomye ibyo Didas Gasana yanditse, barahamya ko ashobora kuba yari akutse amarwa, dore ko ayafiningiza rugaca Imana. Bahise bamubwira icyo bamutekerezaho, bakaba barahurizaga ko byonyine gutekereza kuyobora abanyarwanda ari agasuzuguro, kuko barenze urwego rwo kuyoborwa n’abasinzi n’inzererezi zibonetse zose.

Bagize bati:”Ntawabuza Gasana kurota, kuko n’umushonji arota arya, ariko nabanze yikebuke, arebe niba afite indangagacino nibura imwe yamwemerera kuyobora nibura umudugudu, mbere yo kurota kuba Perezida wa Repubulika.”

Didas Gasana yabaye “umunyamakuru” w’ikinyamakuru UMUSESO, aza kuva mu Rwanda ahunga ibyaha birimo gusebanya no kwambura amaresitora n’utubari, dore ko abo yari afitiye amadeni y’umurengera bahoraga ku Muhima, aho Umuseso wakoreraga, bamwishyuza.

Abakoranye nawe, barimo Charles Kabonero wamuyoboraga, batubera abagabo kuko bahoraga baterateranya amafaranga ngo bamwishyurire, ariko ntibirangire kuko abishyuzaga babaga ari benshi.

Ubuhamya twahawe n’abazi neza Didas Gasana buvuga ko yaranzwe kandi no kwakira udufaranga tw’inticantikize (abanyamakuru babyita “giti”) kugirango asebye runaka, atangaze ibihuha, byose ari umuco we ugayitse wa”mpemuke ndamuke”.

Yaje guhunga anyuze muri Uganda ubwo hari hegereje ngo akurikiranwe mu butabera, magingo aya akaba azerera mu bihugu byo mu Majyaruguru y’Uburayi. Kimwe n’ibindi bigarasha n’interahamwe, atunzwe no gusebya u Rwanda n’abayobozi barwo, yiyita impirimbanyi ya demokarasi, ngo arebe ko yakomeza kubona amaramuko.

Didas Gasana akunze kumvikana ku maradiyo nka BBC n’indi mizindaro yahagurukiye guharabika u Rwanda, akumvikana ahuzagurika nk’uwaraye inkera cyangwa ufite ihungabana rikomeye.

Kuba Didas Gasana yivugira ko ashyigikiwe na Ingabire Victoire wahaniwe guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, birasobanura neza ko bahuje imyumvire.

Bombi ni abafatanyabikorwa b’umutwe w’iterabwoba, FDLR yahekuye u Rwanda, dore ko Ingabire Victoire we ari no mu bashinze iyo FDLR. Birumvikana rero ubwo Didas Gasana nawe ni umuyoboke wa FDLR mu buryo buziguye cyangwa butaziguye,
Si ubwa mbere imburamumaro zisuzugura Abanyarwanda ngo zirashaka kuba Perezida.

Uwitwa Paul Rusesabagina yarabirose, maze Faustin Twagiramungu, nyamara nawe uvuga ko arwanya Leta y’u Rwanda, avugira mu ruhame ko u Rwanda rudashobora kuyoborwa n’umuboyi (umukozi wo mu rugo). Ni nako byagendekeye Ingabire Victoire ubwo yashakaga kuba Perezida w’u Rwanda, maze nawe Twagiramungu amubwira ko u Rwanda rutayoborwa n’indaya.

N’ubu rero iyo Faustin Twagiramugu ataza kuba yaraheze mu buriri kubera uburwayi, nta kabuza yari kubwira Didas Gasana ko u Rwanda rutaragera aho ruyoborwa n’umusinzi.

2022-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Perezida Museveni ,Gen.Kayumba na Kabila nyirabayazana w’Intambara ivugwa hagati ya Uganda n’uRwanda na DR .Congo harimo n’Abafaransa

Perezida Museveni ,Gen.Kayumba na Kabila nyirabayazana w’Intambara ivugwa hagati ya Uganda n’uRwanda na DR .Congo harimo n’Abafaransa

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 17 Jan 2020
APR Fc yatsinze Amagaju isimbura Rayon Sports ku mwanya wa gatatu
IMIKINO

APR Fc yatsinze Amagaju isimbura Rayon Sports ku mwanya wa gatatu

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Safi avuga ko Humble na Nizzo ari bo bashatse gusezera muri Urban Boyz mbere ye
SHOWBIZ

Safi avuga ko Humble na Nizzo ari bo bashatse gusezera muri Urban Boyz mbere ye

Ubwanditsi 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru