• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Ubwanditsi 28 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Gashyantare 2022, nibwo ubuyobozi bw’ikipe ya Etoile de l’Est yatangaje ko yamaze gutandukana n’uwari umutoza wayo wungirije, ni nyuma yahi iyi kipe yatsinzwe na Etincelles FC ibitego bitatu ku busa mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona.

Ibyo gutandukana n’umutoza wungirije kuri Etoile de l’Est byatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe babinyujije ku rubuga rwabo rwa Twitter, aha bagize bati”Turamenyesha abakunzi n’abanyamuryango ba Etoile de l’Est ko twatandukanye n’uwari umutoza wacu wungirije witwa Banamwana Camarade Issa nyuma yo gusesa amasezerano kubwumvikane.”

Iyi kipe isanzwe ibarizwa mu karere ka Ngoma ko mu ntara y’i Burasizuba bijeje abakunzi bayo ko harimo gushakishwa icyatuma iyi kipe iri ku mwanya wa 14 n’amanota 17 yazakomeza kwitwara neza ikabona umusaruro mwiza.

Bati “Ubuyobozi bwa Etoile de l’Est burizeza abakunzi b’ikipe ko burimo gushaka icyatuma ikipe itsinda cyose, ntarirarenga tuzagera ku ntego zacu twiyemeje uyu mwaka. Turashimira abakomeje kuba hafi y’ikipe Kandi turabizeza kugumisha ikipe mu kiciro cya mbere”.

Umutoza Banamwana Camarade asezerewe nyuma y’uko yari yafashije iyi kipe kuyizamura mu kiciro cya mbere ndetse akabasha no kuyitoza mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda, mu mikino 15 y’igice kibanza akaba yarayifashije kugira amanota 16.

Uyu mutoza yageze muri iyi kipe tariki ya 24 Kanama 2021 , icyo gihe akaba yari yasabwe kuzamura iyi Kipe ibarizwa mu Ntara y’Iburasirazuba, mu Karere ka Ngoma.

Etoile de l’Est isheshe aya masezerano n’umutoza wungirije ariko ikipe ikaba igomba gukomezanya n’umutoza mukuru wayo Addy Bukaraba wayigezemo tariki ya 14 Gashyantare 2022.

Kugeza ubu nyuma y’iminsi 19 ya shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa Etoile de l’Eest ifite amanota 17, muri iyo mikino ya shampiyona iyi kipe yakinnye yatsinze imikino 4 inganya 5 itsindwa 10.

2022-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Miss 2016:mu Buregerazuba hatowe batanu

Miss 2016:mu Buregerazuba hatowe batanu

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi

Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi

Ubwanditsi 05 Dec 2025
Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Ubwanditsi 09 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya
HIRYA NO HINO

Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya

Ubwanditsi 23 May 2017
Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge
INKURU NYAMUKURU

Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 19 Sep 2020
Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian Airlines harimo Umunyarwanda umwe
HIRYA NO HINO

Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian Airlines harimo Umunyarwanda umwe

Ubwanditsi 10 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru