• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Ubwanditsi 03 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Iyi nyandiko ntigamije gushyigikira intambara Uburusiya burwana na Ukraine, oya. Gusa igamije kwerekana ko iyi ntambara ifite amasomo menshi ikwiye gusigira abiringira amoshya, bibwira ko urugamba nirurema hari uzabatabara.

Uburusiya bwakomeje kugaragaza impungenge mu gihe Ukraine yaba igiye mu muryango w’ibihugu byiyemeje gutabarana, OTAN, kuko Ukraine yaba ibaye ibirindiro by’ababangamiye umutekano w’Uburusiya.

Hari abantu barimo na Angela Merkel wahoze ayobora Ubudage, n’abandi banyapolitiki bakomeye, berekanye ko impungenge z’Uburusiya zifite inshingano , ariko ntibyahabwa agaciro, none dore Ukraine igiye mu kaga.

Amasomo rero twakura muri iyi ntambara ni menshi, ariko reka tuvugemo make afite aho ahuriye n’Abanyarwanda.

Umuheto woshya umwambi bitazajyana.
Ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi, ni ukuvuga Amerika n’Uburayi byakomeje kureshya Ukraine ngo yinjire muri OTAN, ariko mu by’ukuri ari amayeri yo kwegereza ibitwaro by’ibyo bihugu hafi y’Uburusiya.

Iyo OTAN ni nayo yizezaga Ukraine ko Uburusiya nibuyitera, OTAN izatabarana ingoga. Nyamara aho Uburusiya bugabiye ibitero muri Ukraine, ba bandi bayizezaga kuyitabara barayitetse ngo yirwarize. Ni bya bindi ngo iyo amagara yaterewe hejuru, umwe asama aye undi agasama aye.

Ibi kandi dukunze no kubibwira imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Hari abantu bizeza abo bagizi ba nabi kuzabafasha kugera ku ntego zabo, nyamara umunsi bakubiswe ikibatsi ntawe uzabatabara.

Uretse urugero rwa Ukraine, za FDLR, FLN, RNC n’ abandi bagome, barabibonye ko iyo uRwanda rubakijeho umuriro ba ”bafatanyabikorwa” baburirwa irengero.

Isi irarangaye cyangwa irirangaza, ibibazo byawe ni wowe uzabyikemurira.
Nk’uko twabisobanuye hejuru, Uburusiya bwakomeje kwereka isi ikibazo cy’umutekano wayo.

Amahanga yarabirangaranye, kugeza Uburusiya bufashe icyemezo cyo kwishakira umuti.Byari kuba byiza iyo umuti uboneka nta maraso amenetse, ariko hari ubwo umuti usharira cyane ariwo uvura.

Iri ni isomo rikomeye ku Rwanda kuko, n’ubwo ntako rutagize ngo rwereke amahanga abagizi ba nabi bahora bashaka kumena amaraso y’Abanyarwanda, isi itazigera ikemura ikibazo cy’umutekano warwo uhungabanywa n’imitwe yitwaje intwaro iri mu bihugu duturanye.

Umuti uzavugutwa n’Abanyarwanda ubwabo. Ibi binashimangira ibyo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame aherutse kuvuga, ubwo yatangazaga ko umuhanga adategerereza umwanzi iwe, ahubwo amusanga aho ari. Ni nako Uburusiya bubigenje.

Perezida Putin yanze ko ibitwaro bizasenya Uburusiya birundwa muri Ukraine, ahitamo gusenya aho bizarundwa.

Abanyaburayi n’Amerika barakitwara nk’abapolisi b’isi.

Ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi byakomeje kwitwara nk’aho ari byo bitegeka ibindi bice by’isi uko bibaho. Kuba Ukraine yakwitwara nk’uko OTAN ibishaka hatitawe ku ngaruka byagira ku bandi, ni urugero rw’uko Amarika n’Uburayi bikiyumvamo ububasha ku bandi batuye isi.

Ubu induru zamagana Uburusiya ni nyinshi, nyamara ntawamaganye ibitero Abanyamerika n’Abanyaburayi, bagabye muri Libiya, Irak n’ahandi, bigahitana inzirakarengane zitabarika, imitungo itagira ingano igatikira.

Nta rukiko, nta gihugu, nta muryango mpuzamahanga muri ya yindi “y’abagiraneza”, wigeze uvugira mu ruhame ko ibyo abo banyabubasha bakoze ari amahano arenze urugero.

Ibi bihugu usanga aribyo biha u Rwanda amasomo yo kurengera uburenganzira bwa muntu, nk’aho abaturage ba Libiya cyangwa ba Irak batari bakwiye uburenganzira.

Demukarasi n’ubunyamwuga mu itangazamakuru nibo ba mbere babihonyora.

Kimwe mu bikomeje kuranga intambara yo muri Ukraine, ni ugutanga amakuru agoretse, apfa gusa kuba agaragaza isura nziza y’Abanyamerika n’Abanyaburayi.

Ibikorwa ni icengezamatwara ritagatifuza OTAN, rikagira Perezida Putin w’ Uburusiya shitani. Magingo aya itangazamakuru ryo mu Burusiya ryarahawe akato mu Burayi , kugirango humvikane iryabo gusa ritanga amakuru bashaka.

Iyo ni ya demukarasi, bwa bunyamwuga n’ubwisanzure bw’itangazamakuru no mu gutanga ibitekerezo bahora batwigisha? Igisubizo ni oya, kandi Abanyarwanda banabibonye mbere, bahitamo gukora ibyiza ntawe bagamije gushimisha, ahubwo ari ku nyungu zabo.

Iyi ntambara yo muri Ukraine yongeye kutwereka imiterere nyakuri y’isi.

By’umwihariko Abanyarwanda itweretse ko ntawe ukwiye kudutekerereza uko tubaho, kuko umugabo arigira!

Twahisemo gukora ibikwiye ntawe tugamije gushimisha, ahubwo ku neza yacu mbere na mbere.

2022-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Ubwanditsi 03 Feb 2023
AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso

AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso

Ubwanditsi 22 Jun 2025
Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Ubwanditsi 17 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuvugizi wa FDLR La Forge Bazeye na Maneko mukuru wa FDLR Lt. Col Theophile Abega  I Kigali? Imikoranire ya Museveni, Kayumba na FDLR yaba igiye kujya ahagaragara!
INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi wa FDLR La Forge Bazeye na Maneko mukuru wa FDLR Lt. Col Theophile Abega I Kigali? Imikoranire ya Museveni, Kayumba na FDLR yaba igiye kujya ahagaragara!

Ubwanditsi 29 Jan 2019
Gasabo:  Abakozi ba  DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa
Mu Mahanga

Gasabo: Abakozi ba DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Kwamamaza : Bar Restaurant Karibu Guest House  yimukiye mu Kiyovu k’umuhanda “KN 51 ST”
UBUKUNGU

Kwamamaza : Bar Restaurant Karibu Guest House yimukiye mu Kiyovu k’umuhanda “KN 51 ST”

Ubwanditsi 24 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru