• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru» Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nta gihe hatagaragajwe ibimenyetso byerekana ko  ubutegetsi bwa Kongo bufasha imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda,  ariko Kongo ikabyigurutsa. Nyamara burya uhisha ukuri, amaherezo kukagutamaza.

Mu magambo ye bwite, Perezida Félix Tshisekedi yivugiye ko azashyigikira uwo ariwe wese uzagerageza guhirika ubutegetsi bw’uRwanda, maze aba ashimangiye ibyo yakomeje gushinjwa byo gukorana n’abajenosideri ba FDLR. Yagize ati:” Abanyarwanda si abanzi bacu, ahubwo ni abavandimwe . Umwanzi wacu ni Perezida Kagame na guverinoma ye. Ndababwiza ukuri Abanyarwanda bakeneye inkunga yacu, tugomba kubafasha  guhirika ubutegetsi bwa Kagame”.

Ngibi rero ibyo bita”kwivamo nk’inopfu”. Ubuse uyu Tshisekedi n’abambari be bazongera guhakana ko bashyigikiye Abajenosideri bashaka kugaruka kurimbura Abanyarwanda? 

Ayo mangambure ya Tshisekedi akimara gukwira ku mbuga nkoranyambaga, abantu benshi barimo n’Abanyekongo, bamubwiye icyo bamutegerezaho. Bamwibukije atanafungura udushumi tw’inkweto za Perezida Kagame ugereranyije uburyo bombi bafitiwe icyizere  n’abaturage babo.

Bagendeye ku mibare, abagaye amanjwe ya Tshisekedi bagaragaje intambwe uRwanda rwateye mu nzego zinyuranye, mu gihe Kongo yo ifatwa nk’igihugu cyapfubye (failed Nation).

Dore zimwe mu ngero zahawe Tshisekedi, kugirango n’undi munsi atazongera gutinyuka kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda.

  1. Ubu uRwanda  ruri ku mwanya wa mbere muri Afrika , mu bihugu bifite isuku , mu gihe muri Kinshasa, umurwa mukuru wa Kongo, abaturage bangana na 70% bituma ku gasozi, nk’uko byagaragajwe muri raporo Banki y’Isi iherutse gusohora.
  2. URwanda ni urwa 5 ku isi mu bihugu bifite umutekano usesuye, mu gihe muri Kongo hasibanira imitwe yitwaje intwaro ibarirwa mu 150. Abasirikari n’abapolisi bakarinze abaturage nibo babahohotera ku manywa y’ihangu.
  3. URwanda ni urwa 2 muri Afrika, mu bihugu bifite ubukungu buzamuka ku kigero gishimishije buri mwaka. Kongo yirirwa iririmba ko ifite umutungo kamere uhambaye, nyamara iri mu bihugu bya mbere ku isi mu mibereho mibi cyane y’abaturage.
  4. Mu Rwanda abana basaga 98% bahawe inkingo zose, mu gihe muri Kongo ariho hasigaye  imbasa n’izindi ndwara zigenda zicika ku isi.
  5. Mu Rwanda, ingo hafi 75% zifite amashanyarazi, mu gihe muri Kongo ari 13% gusa nk’uko byemezwa na Banki y’isi.
  6. URwanda ruri ku mwanya wa mbere muri Afrika, mu bihugu bifite “internet” yihuta.  Muri aka karere ikindi gihugu kiza hafi ni Kenya, naho Kongo nta n’ubwo iri mu bihugu 30 bya mbere.
  7. Mu gihe isi yose yishimira aho ubumwe n’ubwiyunge bugeze mu Banyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, muri Kongo ubwicanyi bushingiye ku moko  buri munsi bugwamo ababarirwa mu magana. Ubushyamirane hagati y’Abahema n’Abalendu mu Ntara ya Ituri, Abanyamulenge n’Abafulero muri Kivu y’amajyepfo, Abanunu n’Abatendé muri Mai-Ndombe, Abanyekongo bo muri Kivu y’Amajyaruguru bazira gusa ko bavuga Ikinyarwanda, ibi byose ni ibishyira Kongo mu bihugu bifite ikibazo gikomeye cy’ubumwe bw’ababituye.
  8. Mu Rwanda umugore yahawe agaciro, ku buryo ruri mu bihugu 5 bya mbere ku isi mu kugira umubare munini w’abagore mu myanya ifata ibyemezo. Muri Kongo umugore aracyari umucakara, kuko ntacyo avuze imbere y’umugabo. Abagore basambanywa ku ngufu buri munsi ntiwababara, ku buryo uwitwa Dr Denis Mukwege yiyise “umuganga usana abagore”.
  9. Mu Rwanda hari ingamba n’ubushake bwa politiki mu guhashya ruswa, bikanarushyira mu bihugu bya mbere muri Afrika aho ushobora gushora imari no kuhakorere “business” nta nkomyi. Muri Kongo ruswa ni umuco kuva kuri Perezida w’igihugu kugeza ku muturage usanzwe. Utariye cyangwa ngo atange ruswa niwe kibazo.
  10. URwanda ruri mu bihugu bya mbere ku isi bifite ingabo n’abapolisi benshi  mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano hirya no hino mu mahanga.  Aho banyuze hose bambitswe imidari y’ishimwe, kubera ubuhanga n’ubwitange bibaranga. Abasirikari n’ abapolisi ba Kongo bari mu ba mbere ku isi batagira uburere n’ubunyamwuga, ku buryo ntawabikururira mu gihugu cye.

Izi ni ingero nkeya mu zahawe Tshisekedi, zimwibutsa ko amagambo yavuze agayitse, kuko Abanyarwanda bafite ishema ryo kuyoborwa na Perezida wabo, Paul Kagame, wabahaye agaciro mu ruhando rw’amahanga. Ni mu gihe benshi mu Banyekongo bahorana ipfunwe mu mahanga, kugeza n’ubwo  bahisha ubwenegihugu bwabo, ngo badafatwa nka “bihemu” cyangwa abantu batagira indangagaciro.

Ariko Tshisekedi  yaba yibuka ko na mbere yo kuyobora uRwanda Perezida Kagame yari jenerali mu ngabo, mu gihe we yatwaraga tagisi akanajyana ubutumwa mu ngo mu Bubiligi? Harya ubwo ukwiye kubobora abandi ninde?Mbere yo kuvuga, biba byiza ubanje gutekereza, kuko iyo uhubutse kenshi wishyira ku Karubanda bitari ngombwa.

2022-12-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatera wa BK  agiye  kuyobora Crystal Ventures Ltd

Gatera wa BK agiye kuyobora Crystal Ventures Ltd

Ubwanditsi 10 Feb 2016
Ndimbati Aloys washakishwaga ku byaha bya Jenoside, yarapfuye

Ndimbati Aloys washakishwaga ku byaha bya Jenoside, yarapfuye

Ubwanditsi 14 Nov 2023
Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Ubwanditsi 23 Apr 2021
Perezida  Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 17 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko bamwe mu banyapolitiki ba mbere ya 94 bishwe ( Kameya Andreya )
Mu Mahanga

Uko bamwe mu banyapolitiki ba mbere ya 94 bishwe ( Kameya Andreya )

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize
Amakuru

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ubwanditsi 14 Feb 2024
Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda
ITOHOZA

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru