• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Ubwanditsi 16 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nkuko byemejwe n’amasezerano ya Luanda yashyizweho umukono mu Ugushyingo umwaka ushize, ingabo za M23 zikomeje kurekura uduce zari zarafashe ziduhereza ingabo z’Afurika y’iburasirazuba. Ariko igihugu cya Kongo gikomeje kwica nkana aya masezerano aho gikomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro no gushaka abacanshuro.

Tariki ya 10 Mutarama 2022, umukuru w’ingabo za Kongo Kinshasa (FARDC) yageze I Goma mu cyiswe uruzinduko rw’akazi, nyamara yari aje kubonana n’imitwe yitwaje intwaro ngo barebere hamwe uburyo barwanyiriza hamwe M23. Ku mugoroba wo ku itariki ya 11 Lt Gen Tshiwewe yabonanye n’abagize imiryango itegamiye kuri Leta, abavuga rikumvikana muri Kivu y’Amajyaruguru abasaba gutegura imyigaragambyo ku ngabo z’Afurika y’ibirasirazuba ziri muri iki gihugu nkuko bakoze imyigaragambyo ku ngabo za MONUSCO.

Iki cyemezo cyashyizwe mu bikorwa ku buryo bwihuse kuko ubu mu bice bitandukanye mu Burasirazuba bwa Kongo bari gutegura imyigaragambyo simusiga yo kwamagana ingabo z’Akarere k’Iburasirazuba bw’Afurika cyane cyane iza Kenya ngo kuko zitagaba ibitero kuri M23.

Ibi bibangamiye ingabo za Kenya zishobora kugirwaho ingaruka nkuko byabaye kuri MONUSCO ndetse n’abaturage benshi bakahagirira ingaruka. Ibi bikorwa kandi bibangamira abakongomani bavuga ururimi rw’ikinyarwanda ndetse n’abafite isura bita ko ari iy’Abanyarwanda.

Uwo munsi kandi mu ijoro Lt Gen Tshiwewe yabonanye n’imitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR babemerera intwaro n’amafaranga ariko bagategura imirwano na M23 ndetse bakinjira mu karere babujijwemo n’amasezerano ya Luanda. Tsiwewe kandi yabijeje ko abacanshuro bageze kuri 300 bamaze ku gera I Goma ko nabo bazafatanya urugamba. Mubandi bitabiriye iyo nama harimo Lt Gen Mbanga ukuriye akarere ka gatatu ka gisirikari, Gen Mayanga ukuriye ibikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro Sokola II, Col Tokolanga ubarizwa mu iperereza wahuje kandi imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR mu nama yabereye Pinga tariki ya 26 Mata 2022. Harimo kandi Brig Gen Hassan Mugabo washinze PARECO ubu akaba abarizwa mu ngabo za Kongo. PARECO niyo yahindutse Nyatura. Harimo n’abahagaraiye imitwe yitwaje intwaro ikorana n’ingabo za FARDC ariyo FDLR, Nyatura, Mai Mai na ACPLS.

Ibi byose byerekana ko Leta ya Kongo ikomeje ibikorwa byo kubangamira amasezerano ya Luanda. Mu nkuru icukumbuye, ikinyamakuru cyo mu Budage TAZ cyatangaje ko abantu bafite uruhu rwera bagaragaye muri imwe muri Hotel I Goma kandi barenze maganabiri, naho imiryango itegamiye kuri Leta yatangaje ko babonye abazungu bari kumwe n’ingabo za Kongo bagendagenda n’ijoro.

Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo yatangaje ko u Rwanda rufite amakuru yizewe ko Kongo yiteguye intambara aho yagize ati “Si ubwambere leta ya Kongo ibangamiye ibikorwa byo kugarura amahoro, u Rwanda rukaba ruhangayikishijijwe n’impunzi nyinshi ziziyongera kuzindi zageze mu Rwanda”.

Muri raporo y’itsinda ry’impuguke za LONI yasohotse Ukuboza umwaka ushize, ryemeje ko ingabo za `Kongo zikorana n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR yasize ihekuye u Rwanda

2023-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 10/08/2016

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 10/08/2016

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Ubwanditsi 23 Jan 2024
Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Ubwanditsi 08 May 2021
APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC

APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC

Ubwanditsi 03 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu
Amakuru

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024
Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize
Mu Mahanga

Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Ubwanditsi 20 Feb 2017
Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal  yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town
INKURU NYAMUKURU

Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town

Ubwanditsi 09 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru