• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Editorial 16 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nkuko byemejwe n’amasezerano ya Luanda yashyizweho umukono mu Ugushyingo umwaka ushize, ingabo za M23 zikomeje kurekura uduce zari zarafashe ziduhereza ingabo z’Afurika y’iburasirazuba. Ariko igihugu cya Kongo gikomeje kwica nkana aya masezerano aho gikomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro no gushaka abacanshuro.

Tariki ya 10 Mutarama 2022, umukuru w’ingabo za Kongo Kinshasa (FARDC) yageze I Goma mu cyiswe uruzinduko rw’akazi, nyamara yari aje kubonana n’imitwe yitwaje intwaro ngo barebere hamwe uburyo barwanyiriza hamwe M23. Ku mugoroba wo ku itariki ya 11 Lt Gen Tshiwewe yabonanye n’abagize imiryango itegamiye kuri Leta, abavuga rikumvikana muri Kivu y’Amajyaruguru abasaba gutegura imyigaragambyo ku ngabo z’Afurika y’ibirasirazuba ziri muri iki gihugu nkuko bakoze imyigaragambyo ku ngabo za MONUSCO.

Iki cyemezo cyashyizwe mu bikorwa ku buryo bwihuse kuko ubu mu bice bitandukanye mu Burasirazuba bwa Kongo bari gutegura imyigaragambyo simusiga yo kwamagana ingabo z’Akarere k’Iburasirazuba bw’Afurika cyane cyane iza Kenya ngo kuko zitagaba ibitero kuri M23.

Ibi bibangamiye ingabo za Kenya zishobora kugirwaho ingaruka nkuko byabaye kuri MONUSCO ndetse n’abaturage benshi bakahagirira ingaruka. Ibi bikorwa kandi bibangamira abakongomani bavuga ururimi rw’ikinyarwanda ndetse n’abafite isura bita ko ari iy’Abanyarwanda.

Uwo munsi kandi mu ijoro Lt Gen Tshiwewe yabonanye n’imitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR babemerera intwaro n’amafaranga ariko bagategura imirwano na M23 ndetse bakinjira mu karere babujijwemo n’amasezerano ya Luanda. Tsiwewe kandi yabijeje ko abacanshuro bageze kuri 300 bamaze ku gera I Goma ko nabo bazafatanya urugamba. Mubandi bitabiriye iyo nama harimo Lt Gen Mbanga ukuriye akarere ka gatatu ka gisirikari, Gen Mayanga ukuriye ibikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro Sokola II, Col Tokolanga ubarizwa mu iperereza wahuje kandi imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR mu nama yabereye Pinga tariki ya 26 Mata 2022. Harimo kandi Brig Gen Hassan Mugabo washinze PARECO ubu akaba abarizwa mu ngabo za Kongo. PARECO niyo yahindutse Nyatura. Harimo n’abahagaraiye imitwe yitwaje intwaro ikorana n’ingabo za FARDC ariyo FDLR, Nyatura, Mai Mai na ACPLS.

Ibi byose byerekana ko Leta ya Kongo ikomeje ibikorwa byo kubangamira amasezerano ya Luanda. Mu nkuru icukumbuye, ikinyamakuru cyo mu Budage TAZ cyatangaje ko abantu bafite uruhu rwera bagaragaye muri imwe muri Hotel I Goma kandi barenze maganabiri, naho imiryango itegamiye kuri Leta yatangaje ko babonye abazungu bari kumwe n’ingabo za Kongo bagendagenda n’ijoro.

Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo yatangaje ko u Rwanda rufite amakuru yizewe ko Kongo yiteguye intambara aho yagize ati “Si ubwambere leta ya Kongo ibangamiye ibikorwa byo kugarura amahoro, u Rwanda rukaba ruhangayikishijijwe n’impunzi nyinshi ziziyongera kuzindi zageze mu Rwanda”.

Muri raporo y’itsinda ry’impuguke za LONI yasohotse Ukuboza umwaka ushize, ryemeje ko ingabo za `Kongo zikorana n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR yasize ihekuye u Rwanda

2023-01-16
Editorial

IZINDI NKURU

Gasabo:  Abakozi ba  DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Gasabo: Abakozi ba DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Editorial 08 Jan 2016
Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Editorial 20 Feb 2020
Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga  muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Editorial 30 Aug 2024
Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Editorial 27 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mpayimana  Philippe uvugwaho gupfobya Jenoside yageze aho atanga kandidatire  ye muri NEC,  abigereranya nka ‘ Armstrong’  agera ku kwezi
POLITIKI

Mpayimana Philippe uvugwaho gupfobya Jenoside yageze aho atanga kandidatire ye muri NEC, abigereranya nka ‘ Armstrong’ agera ku kwezi

Editorial 25 Jun 2017
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado
Amakuru

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Editorial 01 Mar 2022
Abagacishijeho muri Arsenal nka Robert Pires, bamuritse umwambaro mushya uriho ‘Visit Rwanda’
IMIKINO

Abagacishijeho muri Arsenal nka Robert Pires, bamuritse umwambaro mushya uriho ‘Visit Rwanda’

Editorial 08 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru