• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Editorial 25 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuwa mbere ushize, abo mu muryango wa Paul Rusesabagina bongeye kwimyiza imoso, ubwo urukiko rw’i Washington D.C muri Amerika rwanzuraga ko Rusesabagina atashimuswe nkuko umuryango we wabyemezaga mu kirego rwarezemo Leta yu Rwanda.

Icyemezo cyo gutesha agaciro ikirego cy’umuryango wa Rusesabagina kije gikurikira ubushakashatsi bw’abahanga mu by’itumanaho, bwagaragaje ko umukobwa wa Rusesabagina yabeshye inzego zinyuranye, zirimo na Sena y’Amerika, ubwo yavugaga ko u Rwanda rwumvirije telephone ye igendanwa.

Izi ni intambwe zikomeye mu gukomeza kugaragaza ukuri ku kibazo cya Paul Rusesabagina cyanakuruye impaka, ndetse abari bamushyigikiye mu bikorwa by’iterabwoba bakaba barakomeje gusakuza ngo narekurwe kuko ngo yashimuswe.

Aya makuru y’ingenzi yagombye gutuma ubutegetsi bw’Amerika bwicuza kuba butarataye muri yombi icyihebe Rusesabagina cyateguriye ibikorwa byiterabwoba ku butaka bwAmarika.
Paul Rusesabagira yivugiye kenshi kuri Radiyo Ijwi ryamarika, igitangazamakuru cya Leta Zunze Ubumwe zamarika, ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, ko afite umutwe witwara gisirika, ugamije guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ari muri Amerika kandi yoherereje amafaranga menshi umutwe we witerabwoba wa FLN, akoresheje uburyo mpuzamahanga bwo kohererezanya amafaranga bwa Western Union. Ayo mafaranga niyo yakoreshejwe mu gushaka abarwanyi ba FLN, kubatunga no kugura intwaro, kugeza ubwo bagabye ibitero mu Rwanda, bigahitana inzirakarengane 9, abandi bagakomeretswa ku buryo byabaviriyemo ubumuga bwa burundu. Imitungo yabaturage yarasahuwe, iyindi irangizwa.

Nyamara ibi byose hari abategetsi bo muri Amarika babyirengagiza, bagamije gusibanganya ibimenyetso byo kuba barafashije Rusesabagina mu migambi ye mibisha, cyangwa bakamukingira ikibaba ngo inzego z’Amerika zishinzwe kurwanya iterabwoba zitabimuryoza.
Muri abo twavuga nkUmusenateri Robert Menendez, ukuriye Komisiyo yUbubanyi nAmahanga muri Sena yAmarika, wakomeje gutoteza u Rwanda, kugeza ubwo, agendeye gusa ku rwango afitiye uRwanda n’abayobozi barwo, arushinja uruhare mu bibera muri Kongo. Senateri Menendez anakurikiranyweho kwakira ruswa mu bihe bitandukanye, ngo yibasire abo afata nkinsina ngufi, atoneshe abamupfunze inyoroshyo.

Ese Bin Laden cyangwa Moktada al Sadr bashoboraga gutegurira muri Amarika ibikorwa byumutwe witerabwoba wa Al Qaeda, bagakomeza kwidegembya no kubyigamba kuri radiyo yicyo gihugu?
Niba Amerika itagize ubutwari bwo kwemera amakosa ikanayasabira imbabazi, kandi ikabuze bamwe mu bategetsi bayo kwivanga mu butabera bwuRwanda, ubucamanza bw’icyo gihugu(niba koko bwigenga) bwagombye kubaza inzego zari zibifite mu nshingano, impamvu zemereye icyihebe gukorera muri Amarika. Amaraso y’Abanyarwanda afite agaciro nk’ayAbanyamerika, niba koko bwa burenganzira bwa muntu birirwa baririmba bureba abatuye isi yose.

2023-01-25
Editorial

IZINDI NKURU

Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi

Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi

Editorial 03 Mar 2016
Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Editorial 13 Jul 2021
“Uyu ni umubano mwiza cyane “- Kenyatta avuga kuri  Kagame

“Uyu ni umubano mwiza cyane “- Kenyatta avuga kuri Kagame

Editorial 11 Mar 2019
Uganda: Ngabirano wari ukuriye ishami rya ICT mu gipolisi yahungiye mu Bwongereza

Uganda: Ngabirano wari ukuriye ishami rya ICT mu gipolisi yahungiye mu Bwongereza

Editorial 19 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye
Mu Mahanga

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Editorial 28 Sep 2016
Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ushinjwa kugambanira  Igihugu  yarekuwe
Mu Rwanda

Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ushinjwa kugambanira Igihugu yarekuwe

Editorial 27 Mar 2017
Urujijo ku gatsiko k’abasirikare yinjiye muri Congo bavuye ku butaka bw’u Burundi
HIRYA NO HINO

Urujijo ku gatsiko k’abasirikare yinjiye muri Congo bavuye ku butaka bw’u Burundi

Editorial 01 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru