• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Ubwanditsi 28 Jul 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Guverinoma y’u Bubiligi n’agatsiko k’abana b’abajenosideri barajwe ishinga no gutagatifuza ababyeyi babo b’inkoramaraso, Jambo Asbl, beretse amahanga ko ari inshuti magara, cyangwa ‘aba-chou’ mu mvugo y’urubyiruko.

Ni nyuma y’uko ku wa 24 Nyakanga 2023 ikinyamakuru cyashinzwe n’ako gatsiko kinyuzwamo inyandiko zipfobya n’izihakana Jenoside yakorewe Abatutsi, Jambo News, kibaye icya mbere gitangaje ko u Bubiligi bwanze kwemeza Vincent Karega nka Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri icyo gihugu.
Kuba guverinoma y’u Bubiligi yashaka guha ubutumwa guverinoma y’u Rwanda igatuma Jambo Asbl izwiho guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ikimenyetso simusiga cyo gutsimbarara ku kurema amacakubiri n’ivangura mu Banyarwanda byagejeje kuri Jenoside.

Ababiligi barabizi neza ko ari bo bazanye ibipimo bifashishije bita bamwe Abatutsi, bakarenzaho ko bakandamiza abo bise Abahutu. Byatumye ubwicanyi buba mu myaka itandukanye Abatutsi barameneshwa, bahezwa ishyanga ngo igihugu ni icy’Abahutu, kugeza mu 1994 ubwo Abahutu bashatse kumaraho Abatutsi burundu bakabakorera Jenoside.

Aho gusaba Abanyarwanda imbabazi no gufasha Leta y’u Rwanda kugeza imbere y’ubutabera abajenosideri bidegembya muri iki gihugu, u Bubiligi bukomeje gutonesha Jambo Asbl kubera umurongo wayo wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kugeza aho buyirutisha ibitangazamakuru by’igihugu akaba ariyo imenyekanisha ubutumwa bwabwo.

Ngo akabaye icwende ntikoga! N’ubundi Abanyarwanda ntibatunguwe cyane n’iyi myitwarire igayitse y’Abanyaburayi basanzwe biyita ba nyambere muri dipolomasi, cyane ko hari n’andi mahano bakoze. Nako nta nkumi yigaya!
Mu 2018, Inteko Nshingamategeko y’u Bubiligi yemeye ko haba ikiganiro mpaka cyateguwe na Jambo Asbl cyiswe “amateka y’u Rwanda”, kigamije gutambamira kwemeza itegeko rihana abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri icyo gihugu, nk’uko gisanzwe gihana abahakana Jenoside yakorewe Abayahudi.

Mu 2020, u Bubiligi bwatoranyije Laure Uwase (umwe mu bagize Jambo Asbl) ukunze kumvikana ahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’umwe bu bagize komisiyo igomba gufasha Abadepite b’icyo gihugu kwiga ku mateka y’ubukoloni icyo gihugu cyakoze mu Rwanda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.

U Bubiligi bufasha Jambo Asbl mu buryo bw’amafaranga n’ibitekerezo kugira ngo intego yabo yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi igerweho.
Uretse kuba guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl bahuje umugambi, uku gukomeza kwereka Isi yose ko ako gatsiko kagendera mu bushake bw’icyo gihugu ndetse kamaze kuba umwizerwa wacyo, nabyo bifite ubundi butumwa bitanga: u Bubiligi ntibwifuriza Abanyarwanda kugera ku mahoro arambye.

Jambo Asbl yashinzwe n’abana bakomoka ku nkoramaraso zasize zihekuye u Rwanda, zagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yahitanye ubuzima bw’abarenga miliyoni imwe.
Placide Kayumba uyiyobora ni umuhungu wa Dominique Ntawukuriryayo, wari Sous-Préfet wa Gisagara muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu 2010 yakatiwe igifungo cy’imyaka 25 n’icyahoze ari ICTR kubera ibyaha bya jenocide, aho yayoboye ubwicanyi k’umusozi wa Kabuye ahiciwe Abatutsi barenga 30,000.

Ruhumuza Mbonyumutwa nawe uyibarizwamo, ni umuhungu wa Shingiro Mbonyumutwa akanaba n’umwuzukuru wa Dominique Mbonyumutwa, wabaye President wambere w’u Rwanda muri 1961. Shingiro Mbonyumutwa, yatorotse nyuma yo gushinjwa ibyaha bya Jenoside. Yari umurwanashyaka ukomeye wa MDR-Power, aba n’umuyobozi (DireCab) mu biro bya Ministiri w’Intebe wa guverinoma yiyise iy’abatabazi,Jean Kambanda. Iyo guverinoma ya Kambanda niyo yashyize Jenoside mu bikorwa.

Undi munyamuryango ni Liliane Bahufite; umukobwa wa Col Juvénal Bahufite, wabaye umuvugizi w’ingabo n’interahamwe zahungiye mu cyahoze ari Zaire (i Bukavu) nyuma yo gutsindwa n’ingabo za RPA/ RPF Inkotanyi.
Jambo asbl ishingwa yabanje kwitwa abanyarwanda “b’abahutu” ba diaspora, mu rwego rwo kwiyegereza abandi bafite imyumvire ishingiye ku moko.

Jambo asbl ni ihuriro (itsinda) ryihisha mu mwambaro wa “diaspora” cyane cyane igice cy’urubyiruko gihora kiyobya uburari ku mateka nyayo y’u Rwanda cyane cyane kubera uruhare imiryango (ababyeyi) yabo yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

2023-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Ubwanditsi 19 Jun 2021
RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Abagore ba FPR Inkotanyi baravuga imyato Perezida Kagame wabahaye ijambo

Abagore ba FPR Inkotanyi baravuga imyato Perezida Kagame wabahaye ijambo

Ubwanditsi 02 Dec 2017
RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

Ubwanditsi 24 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera

Ubwanditsi 31 Dec 2018
Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu
HIRYA NO HINO

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage
Mu Mahanga

Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage

Ubwanditsi 13 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru