• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda

Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 10 Oct 2023 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru yizewe dukesha”The Great Lakes Eye”, aragaragaza amwe mu mazina y’abakwizabinyoma Human Rights Watch, HRW, yifashishije mu cyegeranyo cyayo gishya, nk’uko bisanzwe kigamije gusebya u Rwanda.

Iyi HRW yigize igikangisho cya politiki cyo guhutaza abo idashaka, nk’u Rwanda, yihishe mu ikoti rya baringa, ngo ni umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu. Byahe ko ari agatsiko ka ba bihemu, bikorera “Business” babinyujije mu byegeranyo bifutamye.

Nk’uko “Great Lakes Eye” yabicukumbuye na mbere y’uko icyo cyegeracyo gisohoka, bamwe mu biyambajwe mu kudodadoda ibihimbano bishya, ni abanyabusembwa bukabije, bagambiriye ahanini kwibonera amaramuko.

1. Joseph Mazimpaka

Kubera kwiyoberanya ngo abashe gukomeza kubundabunda muri Tanzaniya, uyu mwicanyi yiyise “Joseph Bahati Mbanda”. Yahoze mu gisirikari cya Habyarimana, Ex-FAR, aza ndetse no kwakirwa mu ngabo nshya za RDf. Nyuma yaje gutahurwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, maze mu mwaka wa 2009 atabwa muri yombi, mbere yo gutoroka gereza akajya muri Tanzaniya, anyuze muri Uganda na Kenya.

The Great Lakes Eye yahishuye ko aho muri Tanzaniya, Joseph Mazimpaka yihutiye gukorana n’abandi bagizi ba nabi, barimo umujrnosideri ruharwa Captain Innocent Sagahutu, Jean de la Paix Mupenzi na we wahoze muri Ex-Far, abayoboke ba wa mutwe w’iterabwoba, RNC, ndetse yaba ari no mu bayobozi b’umutwe witwaje intwaro ” CFCR-Imvejuru” wa Anasthase Gasana n’izindi nkorabusa.

The Great Lakes kandi yamenye neza ko kuwa 25 Kanama 2023, uwitwa”Maureen” ukorera HRW yahuriye na Joseph Mazimpaka n’umugore we Béatrice IRIBAGIZA”, kuri Serena Hotel mu mujyi wa Dar Es Salaam, maze akabafasha guhimba ikinyoma cy’uko ngo uRwanda rwageragwje kubashimuta”bikananirana”. Uretse gushakisha amakuru yose yangiza isura y’uRwanda, HRW inizeza aba batangabuhamya b’ibicupuri kubafasha kubona ubuhungiro mu Burayi n’Amerika.

2. Abdallah Bicahaga

Akiri mu Rwanda, uyu we yamenyekanye nk’umurwayi wo mu mutwe, ubwo yirirwaka kuri YouTube atukana, avuga amagambo aterekeranye. Yaje kujya i Burundi, ahageze atangira kwiyita umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta y’uRwanda. Ubwo yafashaga HRW mu kuremekanya ibinyoma bishya, Bicahaga yahamije ko yavuye mu Rwanda Leta ishaka kumuhitana!

Twibutsa ko uyu Bicahaga ntaho azwi muri politiki, uretse ko nta n’ubushobozi anabifitiye.

3.Noheli Zihabamwe.

Noheli Zihabamwe si mushya mu matwi y’abakurikiranira hafi iby’interahamwe n’ibigarasha.We na benenyina ntacyo batakoze ngo basebye uRwanda, ariko cyane cyane bishakira uko barebwa neza imbere y’abanzi b’uRwanda, cyane cyane abatuye muri Australia. Zihabamwe yiyise uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ahubwo we n’umuryango we barayigizemo uruhare. Rushyashya yagarutse kenshi ku nkuru ya Noheli Zihabamwe, wibeshya ko ibinyoma bye bizatsinda ukuri.

Iyi politiki yo kwifashisha abatekamutwe, abajenosideri n’izindi mburamumaro, HRW imaze kuyigira iturufu mu gusebya uRwanda.
Ibi nibyo yagiye ikora mu myaka hafi 30 ishize, ubwo yakoreshaga abahamwe n’ibyaha mu Rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, n’abandi bavuye mu Rwanda kubera amarorerwa bahakoze.

Amakuru avuga ko abakozi ba HRW birirwa bazerera mu mpunzi z’Abanyarwanda mu bihugu binyuranye nka Uganda, Kongo, Malawi, Zambiya, mu Burayi na Australia, n’ahandi henshi, bazitoza gushinja uRwanda ibyaha bitigeze bibaho.

Muri izo mpunzi haba higanjemo abadafite ibyangombwa, bakiyemeza gutanga amakuru y’ibinyoma ngo bazabone izo mpapuro, cyangwa bimurirwe ahandi.Ntibazi ko aho wahungishirizwa hose nta buhungiro bwiza bubaho, ku buryo bwaguteranya n’igihugu cyakubyaye.

Human Rights Watch yatoteje u Rwanda bikabije, ariko kwiye kumenya ko Abanyarwanda bamaze kuyifata nk’umufatanyabikorwa wa FDLR n’abandi bagizi ba nabi. Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa ko ejo habo heza hari mu biganza byabo, ko batazabaho uko HRW ibyifuza.

Wirukankana umugabo kera, amaherezo ukamumara ubwoba.

2023-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yasinyishije rutahizamu mushya w’Umunya-Burkina Faso, Cheick Djibril Ouattara

APR FC yasinyishije rutahizamu mushya w’Umunya-Burkina Faso, Cheick Djibril Ouattara

Ubwanditsi 23 Jan 2025
#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Ubwanditsi 28 Sep 2024
Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Ubwanditsi 03 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’
Amakuru

Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’

Ubwanditsi 22 Sep 2023
Umuhuzabikorwa wa DASSO yasabye abagize uru rwego kwita no  kuzuza inshingano zabo
Mu Mahanga

Umuhuzabikorwa wa DASSO yasabye abagize uru rwego kwita no kuzuza inshingano zabo

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka
POLITIKI

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Ubwanditsi 05 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru