• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Urebe uburyo ba gashakabuhake b’abazungu bazengereje abirabura bo muri Afrika y’Epfo, babaziza gusa ibara ry’uruhu rwabo, byagombye kuba byarasigiye icyo gihugu isomo ryo kurwanya ivangura aho riva rikagera ku isi yose.

Kwigobotora iryo rondaruhu byasabye ibitambo bitabarika, abicwa baricwa, abahunga barahunga, abafungwa barafungwa, kugeza ubwo amahanga yose aboneye ko politiki ya ba gashakabukake muri Afrika y’Epfo iteye ishozi, ikaba ikwiye gushyirwaho akadomo. Ni uko byagenze, maze umukambwe Nelson Mandela wari umaze imyaka 27 muri gereza azira kurwanirira uburenganzira bw’abirabura, arafungurwa, ndetse mu bisa n’ibitangaza, mu mwaka w’1994 Mandela aba Perezida wa mbere w’umwirabura muri Afrika y’Epfo.

Si ishyaka ANC rya Mandela gusa ryari ritsinze. Ni isi yose yari itsinze, ni ukuri kwari gutsinze, ni umucyo wari uhigitse umwijima.

Nyamara se, imyitwarire y’abategetsi b’Afrika y’Epfo iracyaha agaciro aya mateka?Ese Mandela azutse, yashima uko abo yasigiye ubuyobozi bwa ANC bifata imbere y’akarengane kagaragara mu bindi bihugu, cyane cyane iby’Afrika, nk’umugabane yaharaniye ko amaherezo wazagira agaciro mu ruhando rw’abatuye indi migabane y’isi?

Igisubizo ni”OYA” urebye nk’uburyo Perezida Cyril Ramaphosa yahisemo kwitwara mu kibazo cya Kongo, aho Abakongomani bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, batotezwa bazizwa gusa uko basa, n’amakosa y’abakoloni bakase imipaka, bakisanga aho batuye hahidutse muri Kongo. Barazira amateka batagizemo uruhare, nk’uko abirabura bo muri Afrika y’Epfo batigeze basaba kuvuka batyo.

Nguko uko ubu Ramaphosa yohereje abasirikari gufasha ubutegetsi bwa Tshisekedi kurimbura abaturage be b’Abatutsi n’abavuga ikinyarwanda.
Ubu rurashyiditse hagati y’ingabo za Afrika y’Epfo ziri muri SADC, n’abarwanyi ba M23, umutwe uvuga ko uharanira uburenganzira bw’abatotezwa n’ubutegetsi bwa Kongo.

Nyamara yaba Mandela, yaba na Thabo Mbeki wamusimbuye ku mwanya wa Perezida w’Afrika y’Epfo, bose bari basobanukiwe neza ko kuba Umukongomani w’Umututsi cyangwa uvuga ikinyarwanda, bitakwambura ubwenegehugu n’uburenganzira bwo kubaho, ngo bikugire Umunyarwanda ku ngufu. Imbwirwaruhame z’abo bayobozi bombi, zirahari zibisobanura neza. Zinunganirwa n’iza Mwalimu Julius Nyerere ukomoka muri Tanzaniya, nawe wari wihariye ubushishozi.

Bwana Ramaphosa si uko nawe atabizi, ahubwo arabyirengagiza, agamije inyungu ze n’iz’agatsiko ke. Amakuru ava mu nzego z’iperereza za Kongo ahamya ko Tshisekedi yemereye ingabo za Ramaphosa kugenzura ibirombe by’amabuye y’agaciro by’ahitwa Rubaya, hamwe mu hacukurwa coltan nyinshi ku isi. Muramu wa Ramaphosa , witwa Jeff Radebe, niwe ntumwa yihariye ya Ramaphosa muri Kongo, icungira hafi inyungu bwite za Perezida n’ibyegera bye.

Nimutekereze, akanya gato, iyo mu gihe cyo kurwanya ba gashakabuhake, haza kuba igihugu cyohereza muri Afrika y’Epfo ingabo zo gutsemba abarwanashyaka ba ANC! N’ubu icyo gihugu cyari kuba ari ruvumwa mu ruhando mpuzamahanga. Si uko Peter Botha n’ abandi bazungu bategekaga Afrika y’Epfo bari babuze ibyo baha ibisahiranda ngo bibarwanyirize Mandela na bagenzi be, yewe n’abacancuro nta gihe batabayeho. Ariko babonanga ko kwiyambaza ubwo buryo bitabyara inyungu z’igihe kirambye, ko amaherezo ukuri kuzatsinda, maze bahitamo gushyira mu gaciro.

N’ubu rero ukuri kuracyafite ijambo. Hazaba ibitambo, yego, ariko bitinde bitebuke, abatotezwa muri Kongo bazabohorwa.

Perezida Ramaphosa n’abandi bafasha Kongo kwihekura, baracyari muri ya myumvire ya kigome ngo” usenya urwe umutiza umuhoro”. Nyamara amateka amaze kutwereka kenshi ko, ari inabi, ari n’ineza, byose byishyurwa nyirabyo akiri ku isi.Tout se paie ici bàs.

2024-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu

RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Ubwanditsi 23 Oct 2021
Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Ubwanditsi 06 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri
Amakuru

Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri

Ubwanditsi 16 Nov 2021
Samputu yitabiriye iserukiramuco rya “World Culture Open 2017 “ ahagarariye umugabane wa Afurika
SHOWBIZ

Samputu yitabiriye iserukiramuco rya “World Culture Open 2017 “ ahagarariye umugabane wa Afurika

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo
Mu Mahanga

Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Ubwanditsi 09 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru