• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu ruzinduko rw’Akazi: Perezida wa Pologne, Andrzej Duda n’umugore we, Agata Kornhauser-Duda bageze mu Rwanda

Mu ruzinduko rw’Akazi: Perezida wa Pologne, Andrzej Duda n’umugore we, Agata Kornhauser-Duda bageze mu Rwanda

Editorial 06 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Perezida wa Pologne, Andrzej Duda n’umugore we, Agata Kornhauser-Duda bageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Gashyantare mu 2024, mu ruzinduko rw’akazi.

Ku Kibuga cy’Indege cya Kigali I Kanombe bakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.

Perezida Andrzej Duda wageze mu Rwanda avuye muri Kenya biteganyijwe ko mu minsi azamara mu gihugu azagirana ibiganiro na mugenzi we, Paul Kagame.

Muri Gicurasi 2021, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’itsinda yari ayoboye bagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Pologne, aho yahavuye ibihugu byombi bigiranye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye.

U Rwanda na Pologne bifitanye amasezerano y’imikoranire n’ubufatanye bwa Kaminuza n’amashuri makuru ku mpande zombi.

Kugeza ubu muri Pologne, habarizwa abanyeshuri b’Abanyarwanda bagera ku 1500, kandi ubuyobozi bw’iki gihugu bwishimira intambwe batera mu myigire n’imyitwarire myiza bagaragaza.

Ibihugu byombi muri Kamena 2023 byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya diplomasi akurikira arebana n’ubufatanye mu bya gisirikare.

Muri Nyakanga 2023, ibihugu byombi byasinyanye andi agamije kunoza ibikorwa byo gusoresha mu Rwanda, kugabanya ibyuho bikigaragara mu nzira zikoreshwa mu gukusanya imisoro, guhangana n’abanyereza imisoro no guteza imbere ikoranabuhanga mu bikorwa byose bijyanye n’imisoro.

Mu bijyanye n’ishoramari, Ikigo cy’Abanye-Pologne cya Luma Investment kiri mu byashoye imari mu Rwanda aho kihafite uruganda Luna Smelter rushongesha rukanatunganya amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Gasegereti.

Mu Ukuboza 2022, i Kigali habereye inama y’Ubucuruzi n’Ishoramari hagati y’u Rwanda na Pologne [Polish-Rwanda Business Forum], yitabirwa n’ibigo by’ishoramari bigera ku 150 byo ku mpande zombi.

  • Ubuyobozi bw’Ingoro ya ‘Bikira Mariya Nyina wa Jambo’ iri i Kibeho, mu Karere ka Nyaruguru bwatangaje ko imyiteguro yo kwakira Perezida wa Pologne Andrzej Sebastian Duda na Madamu we Agata Kornhauser–Duda igeze kure, ndetse ngo nubwo azahanyura afite urundi rugendo ariko byitezweho gutuma abanya-Pologne bahasura barushaho kwiyongera.

Mu ruzinduko Perida wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda na Madamu we Agata Kornhauser–Duda bazagirira mu Rwanda kuva tariki 6-8 Gashyantare 2024, harimo n’umwanya wo gusura ingoro ya ‘Bikira Mariya Nyina wa Jambo’, nyuma yaho akazasura ikigo cy’abana bafite ubumuga bwo kutabona aho i Kibeho, na ho akazageza ijambo ku bazaba bahari.

Umuyobozi w’Ingoro ya Bikira Mariya i Kibeho, Padiri Harerimana François avuga ko imyiteguro bayigeze kure, kuko uyu ari we mukuru w’igihu wa mbere bagiye kwakira agiye kuhasura gusa.

Ati “Azahanyura by’agahe gato uko batubwiye, ntabwo ari ho azaba aje ngo ahatinde ariko ni urugendo rufitanye isano n’igikorwa n’ubundi yaje aje gusura kuko aje gusura ririya shuri ry’abana batabona bagizemo uruhare mu gufasha ababikira baryubatse kandi na ryo barizanye hariya bakurikije ayo mabonekerwa yabereye i Kibeho, mbese ni yo yatumye baza i Kibeho n’ubundi.”

“Mu bihe byashize haje abayobozi bo muri Guverinoma ya Pologne barahasura, ariko noneho Perezida ariyiziye na Madamu we ni yo makuru dukesha Ambasade na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yacu. Ubu rero imyiteguro irarimbanyije, baje kureba uko hameze no kudufasha gutegura, ari na ko kwitegura kuko ni abashyitsi bakomeye baje i Kibeho, ariko ni ubwa mbere haza umukuru w’igihugu, urumva rero twabifashijwemo n’izo nzego z’ubuyobozi cyane cyane MINAFFET.”

Padiri Harerimana yavuze ko kuba iyi ngoro isurwa n’abayobozi bavuye imihanda yose ari ikimenyetso cy’uko yamaze kumenyekana by’umwihariko mu gihugu cya Pologne kuko hari benshi mu bakirisitu baho bajya bitabira ingendo nyobokamana i Kibeho.

2024-02-06
Editorial

IZINDI NKURU

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Editorial 20 Jun 2018
Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Editorial 05 Sep 2017
Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye  muri Uganda  bagaruwe mu Rwanda

Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda

Editorial 13 Jul 2016
Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Editorial 18 May 2018
Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Editorial 20 Jun 2018
Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Editorial 05 Sep 2017
Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye  muri Uganda  bagaruwe mu Rwanda

Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda

Editorial 13 Jul 2016
Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Editorial 18 May 2018
Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Editorial 20 Jun 2018
Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Editorial 05 Sep 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru