• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»David Himbara agenda yububa kubera umutima w’ubuhemu umucira urubanza

David Himbara agenda yububa kubera umutima w’ubuhemu umucira urubanza

Editorial 16 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu kiganiro yagiranye na Radiyo “Ijwi ry’Amerika” kuri uyu wa kane tariki 15 Gashyantare 2024, Umwe mubashishikazwa no gusiga ibyasha bibi ubuyobozi bw’u Rwanda David Himbara yivugiye ko amaze kumarisha Canada amaguru, abunza akarago kubera umutima umucira urubanza.

David Himbara yigeze kuba Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mbere y’uko atahurwaho ibyaha by’ubujura byanatumye ahunga, ubu akaba abundabunda muri Canada, aho yakomereje ibikorwa byo gutuka u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.

Muri icyo kiganiro, ikintu kimwe rukumbi Himbara yavugishije ukuri ni uko ahora abunza akarago, atinya ko hari Umunyarwanda wamenya aho atuye. Yivugiye ko asa n’uba muri gereza, kuko adasohoka uko abyifuza, ntanasurwe nk’abandi.

Ubuhemu buragatsindwa n’Imana, kuko bugutera ikimwaro, bigatuma uhora wikanga baringa n’ibidahari.

Mu kiganiro cye cyaranzwe n’ibinyoma byinshi nk’uko abisanganywe. Urugero ni nk’aho yavuze ko yimutse aho yari atuye ngo amaze kuhagurisha, kandi ababizi neza bavuga ko ahubwo yameneshejwe n’umugore we wari urambiwe kubana n’imburamumaro. Muri make ntiyagurishije, yarahambirijwe!

Himbara kandi yanabeshye ko umupolisi wa Canada, Elie Ndatuje unafite inkomoko mu Rwanda, ngo akurikiranyweho umugambi wo kugirira nabi Himbara. Ibi ni ukwibonekeza, kuko yaba uwo Himbara, yaba n’undi uwo ariwe wese, ntawe uzi ibikubiye mu iperereza Elie Ndatuje akorwaho.

Himbara ati:”Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau yanyimye abandindira umutekano”. Uretse kwikanga baringa kubera umutima umucira urubanza, ninde wigeze abuza Himbara umutekano ku buryo bihangayikisha Minisitiri w’Intebe wa Canada, akamugenera abamurinda?

Ahubwo se ninde munyabinyoma nka Himbara Guverinoma ya Canada yahaye abayicungira umutekano?

Ko Himbara yageze muri Canada Justin Trudeau atarajya ku butegetsi, kuki uwamubanjirije ,Stephen Joseph Harper, atigeze aterwa impungenge n’umutekano wa Himbara, ngo amuhe abamugaragira?

Igisubizo kiroroshye: Himbara ararwana na roho ye gusa, nta muntu wigeze amutaho igihe ngo arashaka kumugirira nabi.

David Himbara rero yishyize muri gereza kandi koko niho akwiye gutura. Abandi basaza nka we baratuje mu Rwanda, bizihiwe n’ ibyiza baharaniye, ndetse n’ icyubahiro bahabwa n’abo bareze (kurera).

David Himbara we yahisemo gutungwa n’ibiyobyabwenge, none ashaje abunga aho gutuza nk’urungano rwe. Ibyago ahora yifuriza u Rwanda n’Abanyarwanda Imana izabimukubira kenshi, uretse ko nta n’ikibi kiruta gusazira mu buzukuru batari abawe.

2024-02-16
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Editorial 18 Jun 2019
CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

Editorial 10 Jul 2018
APR FC yakinaga umukino wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 yanganyije na Etincelles

APR FC yakinaga umukino wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 yanganyije na Etincelles

Editorial 29 Sep 2024
Akavuyo mu nteko nshingamategeko ya Tanzania

Akavuyo mu nteko nshingamategeko ya Tanzania

Editorial 31 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho
INKURU NYAMUKURU

David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

Editorial 29 May 2018
Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye
Amakuru

Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Editorial 28 Oct 2021
U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth
UBUKUNGU

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Editorial 17 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru