• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

Ubwanditsi 18 Apr 2024 Amakuru, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ikipe ya Tout Puissant Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yamaze guhanwa n’abategura imikino Nyafurika izwi nkq Africa Football League izira kutambara imyambara iriho ibirango bya ‘Visit Rwanda’.

Ibi byatangajwe nyuma yaho ikipe ya TP Mazembe yanze kwambara ibirango by’umuterankunga w’iyi shampiyona Nyafurika aribyo bya ‘Visit Rwanda’ ubwo Mazembe gari mu mikino yakinwe mu mwaka ushize wa 2023.

TP Mazembe yanze kwambara imyenda iriho Visit Rwanda kubera ibinyoma byo gushinja urw’imisozi igihumbi kugira uruhare no gushyigikira inyeshyamba za M23 zibarizwa mu burasirazuba bw’igihugu cya Kongo.

Ibi binyoma by’iyi kipe ibarizwa i Kinshasa byatumye ihanishwa gucibwa akayabo k’ibihumbi 450 by’Amadorali y’Amerika.

Aya iyaciwe kuri Miliyoni imwe y’Amadorali y’Amerika yagombagwa guhabwa n’abategura shampiyona Nyafurika y’umupira w’Amaguru yari igenewe nk’uko byemejwe n’umunyamakuru wayo Frédéric Kitengie.

Usibye kwanga gukina imikino yayo yambaye imyenda yanditseho Visit Rwanda, Tout Puissant Mazembe kandi yari yanze kugenda na Kompanyi nyarwanda yo gutwara abantu n’ibintu mu ngendo zo mu kirere ya RwandAir.

RwandAir nayo ikaba ari umwe ku bafatanyabikorwa ba African Football League aho itwara abakinnyi n’amakipe yitabira iri rushanwa.

Muri iri rushanwa rya Africa Football League ryari rikinwe ku nshuro ya mbere, ikipe ya TP Mazembe yasezerewe na  Espérance de Tunis muri kimwe cya kane kirangiza.

Si TP Mazembe yonyine yahanwe kubera kutambara imyambaro iriho ibitango bya Visit Rwanda, ishyirahamwe ry’umukino w’Intoki wa Basketball mu Burundi baherutse nabo guhagarikwa.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Basketball ku Isi (FIBA) yahagaritse by’agateganyo Ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Burundi (FEBABU), nyuma yo gutuma ikipe ya Dynamo BBC idakina imikino ya Basketball Africa league yambaye imyenda ya ‘Visit Rwanda’ mu mikino ya BAL.

Ibi byatumye abakinnyi bakomeye benshi bahita basohoka muri Shampiyona y’i Burundi. Abo barimo Guibert Nijimbere, Landry Ndikumana, Israel Otobo, Deng Dikong, Bwanga Michel, Mamadou Dioume n’abandi.

2024-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda: Perezida Kagame yatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatatu

Mu Rwanda: Perezida Kagame yatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatatu

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Ubwanditsi 04 Aug 2023
Ubusambanyi bwa Wema Sepetu na Kalisah bwatumye nyirakuru yiyahura

Ubusambanyi bwa Wema Sepetu na Kalisah bwatumye nyirakuru yiyahura

Ubwanditsi 02 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Loni yashavujwe n’ihutazwa ry’abaturage n’abihayimana bigaragambyaga bamagana Kabila
POLITIKI

Loni yashavujwe n’ihutazwa ry’abaturage n’abihayimana bigaragambyaga bamagana Kabila

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC
Mu Mahanga

Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC
INKURU NYAMUKURU

Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Ubwanditsi 21 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru