• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Ubwanditsi 06 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Mu kwibeshya ko kijegeje u Rwanda n’abayobozi barwo, ikinyamakuru NRC cyo mu Buholandi cyirashe amano, ubwo cyahaga ijambo abajenosideri ndetse kikagerageza no kubatagatifuza kandi ari ba Ruharwa bazwi no mu butabera.

NRC ni kimwe mu bitangazamakuru 17 byo mu bihugu 11 byo mu burengerazuba bw’isi, byifashishije abanyamakuru 50 ngo bategure icyegeranyo ” Rwanda classified” , kigamije guharabika isura y’u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.

Muri ba ruharwa NRC itabariza mu nkuru zayo, harimo n’abakatiwe n’inkiko zo mu Buholandi, nka Joseph Mpambara.

Hari kandi abashyiriweho impapuro mpuzamahanga zisaba kubata muri yombi, nka Thérèse Dusabe, nyina wa Ingabire Victoire, wakatiwe n’inkiko Gacaca, dore ko yahamwe n’icyaha cyo gufomoza abatutsikazi bari batwite, akaba yarabikoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo yari umuforomokazi mu kigo nderabuzima cya Butamwa.
Undi NRC ni Charles Ndereyehe nawe uri mu Buholandi, aho yahungiye amaze gutsemba abatutsi mu kigo cya ISAR yategekaga, hakaba na Major Pierre- Claver Karangwa wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’Umwihariko mu yahoze ari Komini Mugina, nawe akaba yarasabiwe gushyikirizwa ubutabera.

Major Karangwa aracyarwana n’icyemezo cyo kumwohereza kuburanira mu Rwanda.

Abandi NRC igira intama kandi ari ibirura, ni Jean Claude Iyamuremye, Jean Baptiste Mugimba na Venant Rutunga.

Aba uko ari 3 bo bamaze no koherezwa mu Rwanda.

Usibye iterabwoba ibi bitangazamakuru n’abanyamakuru byakoresheje byibeshya ko byashyira ku Rwanda, kandi rwararenze ibyo gukangwa n’ibutumbaraye, aha harimo n’imyumvire y’irondaruhu.

Uretse kumva ko amaraso y”Umututsi nta gaciro akwiye nk’ayumuyahudi, uwuhe munyamakuru wo mu burengerazuba bw’isi watinyuka guha ijambo cyangwa gutagatifuza umu Nazi, nk’uko aba ba “Rwanda classified “barihaye Interahamwe Gaspard Musabyimana, umwe mu bikomerezwa bya radio Rutwitsi RTLM, ubu akaba amokera ku ngirwaradiyo INKINGI mu Bubiligi, cyangwa ba ruharwa tumaze kuvuga?

Aba bagome baribwira ko bahemukira u Rwanda, nyamara nabo ntibiretse kuko iyi migirire ibambura agaciro mu ruhando rw’abanyamwuga nyabo.

2024-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga wa CNDD-FDD iteka n’iteka

Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga wa CNDD-FDD iteka n’iteka

Ubwanditsi 12 Mar 2018
#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire  irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Umugabo afunzwe akurikiranweho  kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari

Umugabo afunzwe akurikiranweho kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza

Ubwanditsi 24 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze
INKURU NYAMUKURU

Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Ubwanditsi 11 Aug 2020
Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.
Amakuru

Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe
Mu Rwanda

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Ubwanditsi 04 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru