• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Mu gihe manda y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC) igeze ku mugongo, inzego zitandukanye zikomeje kunenga imyitwarire ya Liberat Mfumukeko umaze imyaka itanu ayobora uwo Muryango asa naho asize mu cyobo kuko we yireberaga inyungu z’u Burundi kurusha iz’Umuryango. Tubibutse ko yasahuraga uyu Muryango kandi igihugu yari ahagarariye gihora mu birarane bihoraho.

Mfumukeko mbere yuko aba Umunyamabanga Mukuru tariki ya 2 Werurwe 2016 agatangira akazi tariki ya 26 Mata 2021, yabanje kuba Umunyamabanga Mukuru wungirije ushinzwe umutungo. Ikigaragara nuko agendera ku mategeko y’u Burundi kurusha amategeko agenga Ubunyamabanga Bukuru bwa EAC. Usibye kutitabira umuhango wo Kwibuka, Mfumukeko azwiho gusesagura umutungo kandi igihugu cye kiri mu birarane ntagire nicyo akora.

Mfumukeko yatangiye akazi mu gihe ishyaka ryari ryamwohereje CNDD FDD ryasohoraga amatangazo umunsi ku munsi ahakana Jenoside yakorewe Abatutsi agashyirwaho n’umukono na Perezida waryo wicyo gihe ariwe Nyabenda Pascal. Pascal Nyabenda yarateruye avugako Jenoside yakorewe Abatutsi ari ibyahimbwe n’Umuryango Mpuzamahanga kugirango bakureho guverinoma y’abahutu yayoboraga u Rwanda. Mfumukeko yaracecetse igihe cyose ariko Nyabenda yacecetse ubwo Umujyanama w’Umuryango w’Abibumbye mu kurwanya Jenoside Adama Dieng yamaganiye kure amatangazo ye ahakana Jenoside.

Mfumukeko, u Burundi bugitanga kandidatire ye, havuzwe ikibazo cy’ubushobozi bwo kuba yabasha kuba Umunyamabanga Mukuru wa EAC, urwego rushinzwe guhuza ibikorwa by’umuryango, ariko mu mwaka umwe yahise agaragaza inyota yo kurya amafaranga y’umuryango; abenshi babiteramo urwenya ngo reka ayarye nuko igihugu cye kitajya kiyatanga, dore ko u Burundi bufite ibirarane binini by’umusanzu buri gihugu gitanga. Mu mwaka wa 2009 ni u Rwanda rwishyuriye umusanzu u Burundi.

Umwaka ushize havuzwe ibidasanzwe mu kunyereza umutungo bikorwa n’Ubunyamabanga bwa EAC bukuriwe na Mfumukeko. Ibikoresho bisaga igihumbi byaguzwe akayabo gasaga miliyoni imwe n’ibihumbi Magana inani y’amadorali byaburiwe irengero. Nyuma yibyo miliyoni irenga y’amadorali avuga ko yakoreshejwe adafite impapuro zibisobanura. Mu myaka ine Mfumukeko amaze yangiza umutungo w’Ubunyamabanga bwa EAC, nibwo bwambere inteko y’Umuryango wa EAC izwi nka EALA basabye ko hakorwa igenzura ryaho ayo mafaranga yagiye.

Mu bikoresho byaburiwe irengero harimo imodoka esheshatu, mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2016/2017 ingengo y’imari yari iteganyijwe ni miliyoni 106,5$ ariko kuko u Burundi budatanga umusanzu habonetse miliyoni 71 z’amadorali. Muri ayo mafaranga, miliyoni 30 ntizagaragazwa uko zakoreshejwe. Mfumukeko bigaragara ko akorera ishyaka rya CNDD FDD kurusha gukorera Umuryango, ntabwo agaragaza umusaruro n’ubushobozi nk’umuntu ushinzwe guhuza ibikorwa bya EAC. Kuba yaraje yoherejwe na CNDD FDD, igihe bari mu bibazo mu gihugu cyabo cy’u Burundi, kandi intego ya CNDD FDD kwari ukugaragaza ko ibibazo biva hanze kurusha imbere, Mfumukeko yagendeye muri uwo murongo yibagirwa inshingano ze.

Inama y’Abakuru b’ibihugu bagize uyu muryango iteganyijwe tariki ya 26 Mata 2016, aho Mfumukeko azasimburwa. Usibye kunyereza umutungo, Mfumukeko azwiho kuvuga nabi, kutamenya ibya dipolomasi, kutumva abantu ndetse no guhuzagurika.

Umwe mu badepite ba EALA witwa Abdikadir Aden, yagize ati “ Ntabwo yigeze aba umuyobozi mwiza, mu gihe yari Umunyamabanga wuyu Muryango, nibwo wagize ibibazo by’uruhuri. Ubuyobozi bwe buzahora bwibukwa nk’ikiza cyagwiriye uyu Muryango”

Abandi badepite batandukanye ba EALA bamushinja gusubiza inyuma ibyagezweho nuyu Muryango. Bagize bati
“Inshingano z’Umunyamabanga Mukuru ni ukureberera inzego zose zigize uyu muryango, akaba ariwe ushinzwe gushakisha abaterankunga n’ingengo y’imari yuyu muryango, ariko ntabwo yabikoraga. Ibi byavuzwe n’umudepite witwa Denis Namara. Yongeyeho ko nta n’ingengo y’imari yuyu Muryango y’umwaka utaha.

Mu gihe Mfumukeko anyereza umutungo wuyu Muryango, igihugu cye cy’u Burundi kirimo ibirarane bingana na Miliyoni 12$. Namara yakomeje agira ati “ Yananiwe inshingano ze zo kwishyuza u Burundi na Sudani y’Amajyepfo ibirarane bafitiye uyu Muryango. Ndahamya ko atigeze agera muri iki gihugu cya Sudani ngo asabe abayobozi biki gihugu kwishyura ibirarane.

Abandi badepite basabye abakuru b’ibihugu ko bajya bareba ubushobozi bw’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango, kuko habonetse undi nka Mfumukeko, Umuryango wasenyuka burundu.

2021-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025

Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025

Ubwanditsi 17 Oct 2024
Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside

Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Abenshi bakekaga ko RwandAir nigera i Kinshasa izaraswa- Perezida Kagame yagize icyo abivugaho

Abenshi bakekaga ko RwandAir nigera i Kinshasa izaraswa- Perezida Kagame yagize icyo abivugaho

Ubwanditsi 21 Jun 2019
Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara
IMIKINO

Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara

Ubwanditsi 16 Aug 2020
Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma  yo guhatwa ibibazo  baraye basubijwe murugo na Polisi
ITOHOZA

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma yo guhatwa ibibazo baraye basubijwe murugo na Polisi

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru