Ikipe ya Rayon Sports FC yamaze gutangaza ko yasinyishije umusore ukomoka mu Burundi, Bigirimana Abedi, ku masezerano y’umwaka umwe, nyuma yo gusoza amasezerano ye y’imyaka ibiri yari afite muri Police FC.
Uyu mukinnyi wo hagati usatira izamu, w’imyaka 26 y’amavuko, yagaragaye nk’umwe mu bakinnyi baranze Police FC mu myaka ibiri ishize.
Bigirimana yahawe umwambaro wa nimero 21 mu ikipe ya Rayon Sports, akaba ahe gufasha Rayon Sports guhatana muri shampiyona ndetse no mu marushanwa mpuzamahanga.
Amakuru avuga ko Bigirimana yaguzwe amafaranga angana na Miliyoni 22 mu gihe cy’umwaka umwe azakinira Gikundiro.
Rayon Sports yarangije mu mwanya wa kabiri mu mwaka ushize wa shampiyona, inyuma ya APR FC yegukanye igikombe, izatangira umwaka w’imikino ikina umukino wa Super Cup tariki ya 12 Nzeri 2024.
Uyu mukino ukazabanzirizwa n’indi mikino izakinwa muri Rayon Week, aho bazakina na Gasogi United, Gorilla FC na Etincelles.
Hari kandi mu gusoza Rayon Week, ko hateganijwe umukino uzayihuza n’ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania ku Rayon Day, izaba ku itariki ya 15 Kanama 2025 kuri Stade Amahoro, saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.




