Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, iyo igihano cyo kwicwa kidakurwa mu mategeko y’u Rwanda.

Ni imibare yatangajwe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu mu kiganiro yatanze ubwo Unity Club yahurizaga abayobozi mu biganiro ku mateka yaranze u Rwanda.
Bizimana yagize ati “Aba bantu bateganyirizwaga igihano cyo kwicwa. Mu kubaka amategeko agorora, afasha umunyarwanda kugaruka mu Bunyarwanda, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akuraho igihano cyo kwicwa.”
Bivuze ko aba bantu 53426 bahamwe n’icyaha cyo gutegura Jenoside, iyo hatajyaho itegeko rishya, baba barishwe kubera icyaha bakoze, ariko harimo n’abemeye ibyaha ubu batashye bahawe ibihano by’imyaka micye.
Igihano cyo kwicwa cyakuweho n’itegeko ryo ku wa 25 Nyakanga 2007. Abahawe icyo gihano ni 22, bose bakaba baragihawe ku wa 24 Mata 1998. Abari bakatiwe iki gihano ntibagihabwe, igihano cyabo cyahinduwemo igihano cy’igifungo cya burundu.
Bizimana kandi, avuga ko, iyo uteranyije ibyiciro bitatu by’abateguye Jenoside, abayikoze icyaha cyafashe, ni ibihumbi 361 n’abantu 590.
Ngo iyo uteranyije n’abasahuye imitungo, bose hamwe baba miliyoni ebyiri n’ibihumbi mirongo icyenda na bitandatu, n’abantu magana atandatu mirongo itandatu na bane (2,096,664).
Bizimana yavuze ko konera kubaka u Rwanda, abo bantu bagahabwa ibihano bitari birebire, barangiza bagasubira mu muryango nyarwanda, bakubaka ingo zabo, “ni byiza cyane. Ni kimwe no kuvana abantu muri FDLR, bakaza bagataha bakakirwa.”




