• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Abadipolomate baryohewe n’urugendo bakoreye muri Pariki y’Ibirunga

Abadipolomate baryohewe n’urugendo bakoreye muri Pariki y’Ibirunga

Editorial 20 May 2019 UBUKERARUGENDO

Ku cyumweru tariki 19 Gicurasi 2019, wari umunsi udasanzwe ku badipolomate bakorera mu Rwanda, ubwo basuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bakishimira bimwe ibyiza nyaburanga bahabonye.

Abo badipolomate basaga 40, barimo abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga, bari kumwe na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, bakirwa na Gatabazi Jean Marie Vianney, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Muri urwo ruzinduko, bari mu matsinda atandatu, buri tsinda rigizwe n’abantu umunani batemberezwa ibice bitandukanye bya Pariki y’igihugu y’Ibirunga, berekwa imiryango y’ingagi ziba muri iyo Pariki, bareba uko umutekano ucunzwe, banasura ikigo cyitwa Iby’iwacu cyiganjemo abahoze ari ba Rushimusi, aho babivuyemo bibumbira hamwe bakora koperative ikora ibijyanye n’ubukerarugendo bushingiye ku muco.

Abo banyamahanga baba mu Rwanda bishimiye ibyiza nyaburanga byo muri Pariki y’ibirunga, bishimira n’intera u Rwanda rumaze kugeraho mu guteza imbere ubukerarugendo.

Peter H. Vrooman, Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yagaragaje kuri Twitter ye ko ubwo yasuraga Pariki, yishimiye gusura Amahoro Family, uyu ukaba ari umwe mu miryango y’ingagi iba muri pariki y’Ibirunga.

Ibyo Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda yabonye muri Pariki y’Ibirunga ngo ni ibihamya bigaragaza neza uburyo igihugu cy’u Rwanda gikataje mu guteza imbere ubukerarugendo.

Ubwo basuraga ikigo Iby’iwacu cyashinzwe n’abahoze ari ba Rushimusi muri Pariki y’Ibirunga, batangajwe n’uburyo ubukerarugendo bwageze no mu baturage bukabinjiriza amafaranga, aho buri kwezi icyo kigo cyinjiza amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu, aturuka muri ba mukerarugendo cyakira.

Icyo kigo gikora ubukerarugendo hamurikwa umuco gakondo, aho bagaragaza ubukwe bwo mu Rwanda rwo ha mbere, kuvuza ingoma, imbyino gakondo, ubuvuzi gakondo n’ibindi.

Ubwo bamurikaga imico inyuranye, bavuza ingoma, Jenny Ohlsson, Ambasaderi wa Sweden mu Rwanda, yatunguye benshi ubwo yafatanyaga n’abakaraza kuvuza ingoma, yishimira ibiranga umuco w’u Rwanda yahasanze.

Nyuma y’urwo ruzinduko, Guverineri Gatabazi JMV wakiriye abo bashyitsi, yashimiye abitabiriye urwo ruzinduko by’umwihariko, Frederique DeMan, Ambasaderi w’u Buhorande mu Rwanda, Benoit Ryelandt Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, n’abandi bayobozi batandukanye.

Yabasabye gusura kenshi Intara y’Amajyaruguru kugira ngo birebere ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda.

Ni urugendo kandi rwitabiriwe n’abayobozi banyuranye mu nzego nkuru za Leta, barimo abayobozi mu rwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) n’abandi.

Andi mafoto:

Src : KT

2019-05-20
Editorial

IZINDI NKURU

RwandAir yatangiye ingendo zigana i Kinshasa ziziyongera mu kwezi gutaha

RwandAir yatangiye ingendo zigana i Kinshasa ziziyongera mu kwezi gutaha

Editorial 17 Apr 2019
South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

Editorial 17 Dec 2019
Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda

Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda

Editorial 22 Jan 2020
Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Editorial 29 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo
Amakuru

Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Editorial 14 Mar 2025
Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye
Mu Rwanda

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Editorial 09 May 2017
Ku munsi wa kane  Paul Kagame, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Ngororero na Muhanga
Amakuru

Ku munsi wa kane Paul Kagame, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Ngororero na Muhanga

Editorial 18 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru