• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abagize Komite zo kwicungira umutekano mu turere twa Burera na Kamonyi basabwe kuba inyangamugayo

Abagize Komite zo kwicungira umutekano mu turere twa Burera na Kamonyi basabwe kuba inyangamugayo

Editorial 27 Jan 2016 Mu Mahanga

​Ku itariki 26 Mutarama, Polisi y’u Rwanda yagiranye ibiganiro n’abagize Komite zo kwicungira umutekano basaga ijana bo mu murenge wa Rusarabuye, mu karere ka Burera, hamwe n’abo mu wa Ruyenzi, mu karere ka Kamonyi, maze ibasaba kuba intangarugero mu byo bakora byose kugira ngo basohoze inshingano zabo uko bisabwa.

Abo mu murenge wa Runda babisabwe na Chief Inspector of Police (CIP) Marcel Kalisa, akaba ari umuyobozi wa sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Runda, naho abo mu wa Rusarabuye bakaba barabikanguriwe na Inspector of Police (IP) Justin Kajeje, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha mu karere ka Burera.

CIP Kalisa yabanje gushima abagize uru rwego bo mu murenge wa Runda kubera uruhare bagira mu kubungabunga umutekano, ariko na none abasaba kongera imbaraga mu gukumira no kurwanya ikintu cyose kinyuranyije n’amategeko.

Yabibabwiye agira ati:”Mu by’ukuri, ntawe utanga icyo adafite. Nk’abantu bashinzwe gukangurira abandi kwirinda no kurwanya ibyaha, mukwiriye gutanga urugero rwiza mu byo mukora byose kuko ari byo bizatuma ubutumwa mutanga bukurikizwa.”

Yabasabye kongera umuhati mu kurwanya ibiyobyabwenge nk’urumogi n’inzoga zitemewe nka Kanyanga, aha akaba yarabasobanuriye ko bitera ababinyoye gukora ibikorwa bihungabanya ituze rya rubanda harimo gukubita abantu no kubakomeretsa, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu, gusambanya abana, ndetse n’ibindi bitandukanye.

IP Kajeje yasabye abo mu murenge wa Rusarabuye kujya bakangurira abawutuyemo kwirinda amakimbirane, buri wese akaba ijisho rya mugenzi we, ndetse banasabwa gukora neza amarondo.

Yabwiye kandi abagize uru rwego kujya bahanahana amakuru hagati yabo yatuma hakumirwa ikintu cyose kinyuranyije n’amategeko kandi abasaba kujya bayageza kuri Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego.

Ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Rusarabuye, Mwumvira Jean Marie Vianney yashimye Polisi y’u Rwanda mu karere ka Burera ku mpanuro yahaye abo bagize uru rwego maze abasaba kuzikurikiza.

Umwe muri bo wo mu murenge wa Rusarabuye witwa Sibomana Boniface yagize ati:”Guhurira hamwe mu nama nk’iyi ni ingenzi cyane kuko twunguranye ibitekerezo hagati yacu kandi tugirwa inama n’inzego zibishinzwe ku bijyanye n’uburyo twarushaho gutunganya ibyo dushinzwe.”

Yavuze ko agiye kongera imbaraga mu kurwanya amakimbirane, ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose, kandi ko azajya akangurira abandi bantu gutanga amakuru ku gihe ashobora gutuma ibyaha bikumirwa, kandi yatuma hafatwa abamaze kubikora ndetse n’abafite imigambi yo kubikora.

RNP

2016-01-27
Editorial

IZINDI NKURU

Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Editorial 01 Dec 2016
Kenya yahagurukiye abanyamahanga batujuje ibyangombwa bashinjwa kwiba imirimo y’abanyagihugu

Kenya yahagurukiye abanyamahanga batujuje ibyangombwa bashinjwa kwiba imirimo y’abanyagihugu

Editorial 22 May 2018
Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Editorial 25 Mar 2016
Perezida wa Benin  Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Perezida wa Benin Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Editorial 28 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora
POLITIKI

RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora

Editorial 05 Jan 2019
Gisagara: Abanyeshuri b’Urwunge rw’amashuri rwa Mugombwa bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Gisagara: Abanyeshuri b’Urwunge rw’amashuri rwa Mugombwa bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 05 Sep 2016
Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara
Amakuru

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Editorial 12 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru