• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon   |   09 Jun 2025

  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Editorial 15 May 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nyuma y’imyaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe na FPR Inkotanyi, abicanyi bahungiye mu bihugu bitandukanye cyane cyane ibikikije u Rwanda ariko ba ruharwa bari bafite uruhare rukomeye kandi ari abayobozi cyangwa abacuruzi bahungiye mu bihugu bya kure.

Umuryango w’Abibumbye washyizeho urukiko mpanabyaha rw’Arusha (ICTR) rwakatiye Imanza abari abayobozi bakuru 76 muri Guverinoma y’abatabazi, rukaba rwarafunze imiryango ariko imanza zari zisigaye zashikirijwe Urwego Rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga zirimo ICTR

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz, ni we wemeje ko mubo bakurikiranaga aribo Sikubwabo Charles na Ryandikayo uko ari babiri bapfuye.

Uyu Mushinjacyaha wa IRMCT yatangaje ko abantu bose bahunze ubutabera bwUrukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwu Rwanda (ICTR) bamaze gufatwa cyangwa kumenyekana aho baherereye.

Umushinjacyaha yavuze ko iperereza ryerekanye ko Ryandikayo na Charles Sikubwabo bombi bapfuye mu 1998, hashize imyaka ine bahunze u Rwanda.

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz yavuze ko bitari byoroshye gushaka abakekwa no kubata muri yombi.

Ati: Kuva aho inyandiko zibirego za mbere zatanzwe imyaka igera kuri 30 ishize, ICTR na ICTY byahuye nikibazo gikomeye cyo gukurikirana abahunze ubutabera. Iperereza ku byaha no gushinja abakekwaho kugira uruhare rukomeye byari intambwe za mbere gusa, umurimo ukomeye wari uwo kubashaka no kubata muri yombi.

Akomeza agira ati: Habayeho ingorane zikomeye, uhereye ku bushake buke bwa politiki bwibihugu bitashakaga gufata abakekwaga, ndetse ningamba zikomeye zabatorotse ubutabera bahishaga imyirondoro yabo naho babaga baherereye. Mu byukuri, rimwe na rimwe hari abatangiye gushidikanya ko abahunze ubutabera ba ruharwa nka Félicien Kabuga bazigera bafatwa.

Brammertz asobanura ko nubwo hari inzitizi zitandukanye, batacitse intege kugeza uyu munsi ubwo igikorwa bari biyemeje gishyizweho akadomo.

Ati: Nyamara izo nzitizi zatsinzwe binyuze mu kudacika intege hamwe nubuhanga bwitsinda ryacu rishinzwe gukurikirana abahunze ubutabera. Ibiro byanjye nanjye tukaba dushimishijwe nuko uyu munsi, iki gikorwa kirangiye neza. Mu buryo budasanzwe mu butabera mpanabyaha mpuzamahanga, abantu bose bahunze ICTR na ICTY ubu amakuru yabo amaze kumenyekana.

Yavuze ko nubwo inshingano ze zirangiye ariko hakiri abandi bakekwaho Jenoside barenga 1,000 bagishakishwa ninzego zubutabera.

Sikubwabo Charles washakishwaga, yavukiye muri Perefegitura ya Kibuye mu 1948. Yakoze mu ngabo zu Rwanda, asezera afite ipeti rya Adjudant. Yaje kugirwa Burugumesitiri wa Komini ya Gishyita, Perefegitura ya Kibuye, nkumunyamuryango wishyaka rya MDR. Uwo mwanya ni wo yari afite mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Sikubwabo yashinjwe bwa mbere na ICTR mu Gushyingo 1995. Yashinjwaga Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, umugambi wo gukora Jenoside, ubwicanyi nkicyaha cyibasiye inyokomuntu, gutsemba nkicyaha cyibasiye inyokomuntu nibindi bikorwa byubugome nkicyaha cyibasiye inyokomuntu.

Sikubwabo kandi ngo yaba yaragize uruhare mu bwicanyi bwakorewe kuri Kiliziya Gatolika no mu kigo cyitiriwe Mutagatifu Jean mu mujyi wa Kibuye, kuri Stade yo mu mujyi wa Kibuye, ku rusengero rwa Mubuga, ndetse no mu turere twose two mu gace ka Bisesero, bikaviramo ibihumbi byAbatutsi kwicwa.

Nyuma y’iperereza ryimbitse, Ibiro byUbushinjacyaha byashoboye kwemeza ko Sikubwabo yapfiriye i Ndjamena, muri Tchad muri 1998 hanyuma ahambwa aho.

Ryandikayo we yavukiye muri Perefegitura ya Kibuye, akaba yari umucuruzi muri ako gace.

Yashinjwaga ibyaha bya Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, umugambi wo gukora Jenoside, ubwicanyi nkicyaha cyibasiye inyokomuntu, gutsemba nkicyaha cyibasiye inyokomuntu, gufata ku ngufu nkicyaha cyibasiye inyokomuntu no gutoteza nkicyaha cyibasiye inyokomuntu.

Muri Nyakanga 1994, Ryandikayo yahunze u Rwanda yerekeza mu cyahoze ari Zayire, ubu ni Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibiro byUmushinjacyaha byashoboye kwemeza ko Ryandikayo yitabye Imana mu 1998, bishoboka cyane ko yazize uburwayi, nyuma gato yo kugera i Kinshasa.

2024-05-15
Editorial

IZINDI NKURU

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Editorial 15 Nov 2022
Gen Kazura yashoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu yagiriraga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo aho yakiriwe na Perezida Tshisekedi

Gen Kazura yashoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu yagiriraga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo aho yakiriwe na Perezida Tshisekedi

Editorial 21 Mar 2021
Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Editorial 04 Jul 2018
Ni iki  cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ni iki cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Editorial 29 Aug 2017
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Editorial 15 Nov 2022
Gen Kazura yashoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu yagiriraga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo aho yakiriwe na Perezida Tshisekedi

Gen Kazura yashoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu yagiriraga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo aho yakiriwe na Perezida Tshisekedi

Editorial 21 Mar 2021
Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Editorial 04 Jul 2018
Ni iki  cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ni iki cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Editorial 29 Aug 2017
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Editorial 15 Nov 2022
Gen Kazura yashoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu yagiriraga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo aho yakiriwe na Perezida Tshisekedi

Gen Kazura yashoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu yagiriraga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo aho yakiriwe na Perezida Tshisekedi

Editorial 21 Mar 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru