• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Editorial 10 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu gihe hirya no himo abantu bagenda bumva bimwe mu bigo by’imari byafunze bivugwa ko byahombe hagaragajwe zimwe mu mpamvu zibitera aho kutishyura inguzanyo ziba zaratanzwe biza ku mwanya wa mbere.

Ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Kamena,2016 mu kiganiro kigenewe abanyamakuru cyateguwe n’Ihuriro ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR) mu rwego rwo kugaragaza ibizakorwa mu cyumweru cyahariwe ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda kizatangira mu Cyumweru gitaha.

Umuyobozi wa AMIR ,Rwema Peter yavuze ko zimwe mu mpamvu zituma bimwe mu bigo by’imari bihomba bimwe bikaba byafunga imiryango biterwa no kuba bamwe mu bakiriya baba baratse inguzanyo nyuma ntibazishyura kandi iki kigo kiba cyarayimuhaye nk’umugabane w’abandi bakiriya baba baje kubitsa.

Ati “Ikigo cy’imari ubwaco nta mafaranga kiba igifite ahanini usanga gicungira ku migabane yabaza kubitsa iyo rero umukiriya umwe atwaye amafaranga runaka nk’inguzanyo nyuma ntayishyure biviramo cya kigo guhomba.”

Impamvu ya kabiri Peter agaragaza nk’itera igihombo ni Ubuyobozi ndetse n’abakozi badakurikirana ati “Iyo ubuyobozi budakurikirana ibintu usanga wa muntu watse inguzanyo rimwe na rimwe abura umuntu umwibutsa cyangwa ngo amwegere.”

Indi mpamvu ya Gatatu Peter agaragaza ko ifite gutera igihombo ku bigo by’imari ndetse n’ama banki muri rusange ni Ibiza aha yatanze urugego rw’ibiherutse kubera mu Karere ka Gakenke aho imvura yangije ibintu byinshi ndetse igahitana n’abatari bake.

Ati “Umuturage afite kwanga inguzanyo yiteguye ko azishyura imyaka yeze imvura cyangwa ibindi biza bikaba byayangiza bityo bikaba byatera kutishyura inguzanyo yafashe cyangwa hakabaho gukererwa.”

Rwema akaba yavuze ko mu bigo by’imari iciriritse mu Rwanda ikibazo cy’inguzanyo zitarishyurwa kiri kuri 7,6% cy’izagujijwe abakiriya.

-2921.jpg
Icyumweru cyahariwe ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda kikaba kizatangira ku ya 14 Kamena,2016 aho abanyarwanda bazahabwa umwanya bakagaragaza icyo bamaze kugeraho bitewe no gukorana n’ibi bigo ndetse bakabakangurira gukorana na byo.
Ibindi bikorwa bizakorwa ni ibiganiro bizahuza abayobozi b’ibigo by’imari icyiriritse bizabera mu Ntara zose z’igihugu aho hazabaho kungurana ibitekerezo.

Jean Claude Nyandwi

2016-06-10
Editorial

IZINDI NKURU

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 29 Oct 2021
Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Editorial 13 Aug 2021
Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Editorial 12 Jun 2021
RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

Editorial 13 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si  Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya
Amakuru

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Editorial 12 Jul 2022
Umuhanzi wo muri Kenya yiyemeje gufasha Miss Wema Sepetu agatwita
SHOWBIZ

Umuhanzi wo muri Kenya yiyemeje gufasha Miss Wema Sepetu agatwita

Editorial 04 Apr 2018
Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda
POLITIKI

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Editorial 23 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru