• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Ubwanditsi 09 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

“Tugomba guhora dutekereza ku ngaruka z’imikorere yacu. iyo ibaye mibi, bigira ingaruka ku baturage ndetse no kuri twebwe ubwacu. Gutekereza kubyo dukora bituma tunoza imikorere”, ubu ni bumwe mu butumwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageneye abakandida ba FPR mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri mu ijambo yavugiye mu nama ya Biropolitiki y’Umuryango wa FPR Inkotanyi yateranye kuri uyu wa 08 Nyakanga 2018.

Kuri iki Cyumweru nibwo biropolitiki ya FPR Inkotanyi yamurikiwe abakandida depite 70 bazahagararira Umuryango wa FPR Inkotanyi mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka. Urutonde rw’aba badepite rukaba rwasomwe n’Umunyamabanga Mukuru wa FPR, Francois Ngarambe.

Mu ijambo yagejeje ku bantu basaga 2000 bari bitabiriye iyi nama ya biro politiki, Chairman w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, akaba na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabwiye aba bakandida ko akazi kabategereje katoroshye na gato kandi gasaba gufatanya no kumenya ko abo bazaba bahagarariye ari abantu baba babatumye kandi abibutsa ko nta n’umwe uri kamara.

Chairman wa FPR yagize ati: “Abo tumaze kwerekwa ni abagiye guhagararira Umuryango wacu, abanyarwanda. Inteko yacu ntabwo ibamo abaturuka muri FPR gusa. Habamo n’abahagarariye indi mitwe ya politiki nabo batoranywa bitewe n’imitwe baturukamo”

Yakomeje agira ati:” Ibyo icyo bivuze ni ubufatanye, ubumwe bw’abanyarwanda ntawe dusize inyuma niyo twaba tutumva politiki kimwe. Igihugu cyacu n’aho twifuza kukiganisha bigaragara mu bufatanye bw’imitwe ya politiki iri mu nteko.”

Perezida Kagame yakomeje abibutsa ko mu nteko habamo ibikorwa byo gukurikirana ibikorwa birimo n’ibya guverinoma, kubw’ibyo igikenewe akaba ari ukongera ingufu kandi inshingano zabo ntizizahere mu mpapuro. Yibukije ko igihugu gikeneye ko mu bikorwa hagira ikivamo kuko ari byo bigifasha kugera aho kifuza.

Yagize ati:”Ku bagiye mu Nteko, twese tugomba kumva inshingano yacu yo guhindura imikorere tuganisha kugera ku ntego tuba twihaye. Ntabwo ari ugukomereza aho abo muzasimbura bagejeje gusa, ni ukongera intambwe, n’imikorere myiza itugeza aho dushaka kugera.”

Yakomeje agira ati:”Ntabwo ari ugukora gusa uko ibintu bisanzwe ‘business as usual’. Ntabwo ariko FPR ikora.Mwumveko muhagarariye abanyarwanda.

Hari abagera mu Nteko ukabonako bireba ku giti cyabo. Ntawe ukwiriye kuba ‘we’ ubwe aho twese dukwiriye kuba ‘twe’. Ni twebwe, twese Abanyarwanda tubatumye kuduhagararira”.

Umukuru w’igihugu yavuze ko inshingano z’abagize Inteko Ishingamategeko zirenze abayirimo ubwabo. Ibi bigomba kubonwa mu mikorere, mu mico no ku myifatire.  Ati: “Nta na rimwe dukwiriye gutezuka ku mico, imyifatire, n’imikorere bikwiriye kuba bituranga nk’abanyamuryango. Ibi nibyo bitugeza ku ntumbero yacu, ikuzuzwa neza uko tubyifuza“.

Perezida Kagame kandi yanenze imikorere yo kudakurikiza igenamigambi ikigaragara muri bamwe mu bayobozi, asaba ko yacika, kandi yubitsa ko nta muntu uri kamara.

Yagize ati: ”Inshingano dufite aho turi hose, nta muntu umwe uri kamara. Hari undi mukorana, hari uwo mwuzuzanya, iyo mudakoranye ntabwo ikigamijwe kigerwaho. Ibi iyo tubisuzuguye bigira ingaruka ku mikorere”.

Akomeza agira ati: “Tugomba kumenyako duhagarariye abantu, abaturage. Abenshi tutazi, tutavugisha nibo batumye twicaye hano. Tugomba guhora tubatekerezaho. Nibo dukorera“.

Chairman kandi yasabye abakandida ba FPR guhora batekereza ku ngaruka z’imikorere yabo, agira ati: “Iyo ibaye mibi, bigira ingaruka ku baturage ndetse no kuri twebwe ubwacu. Gutekereza kubyo dukora bituma tunoza imikorere”.

Yavuze ko gukorera abaturage bitabamo amahitamo y’abagomba guhabwa serivisi n’abatazihabwa. Ati: “Ntabwo tugomba kubasumbanya. Umuco wa FPR ni uko twese tungana, serivisi twese turazihabwa kuko ni ibyacu ku buryo bungana.”

Yakomeje agira atI:” Inteko yacu icyo ishinzwe ni ugukurikirana niba koko bikorwa. Niba ab’izindi nzego bakora ibyo bashinzwe uko bigomba. Aha niho dusaba Inteko gushyira imbaraga. Ibi ntabwo byakorwa tutegereye abaturage”.

Perezida Kagame yanabibukije kureka umuco wo gushaka icyubahiro bagiye kwegera abaturage. Ati: “Tuba twagiye gukora, gukorera abaturage. Amakoti n’ibindi bigenewe mu biro tubisige mu biro… Abaturage bacu tugomba gukora uko dushoboye kose tukabaha ibyo bakeneye. N’ibitari mu bushobozi bwacu tugomba guhora tubishakisha, dushaka uburyo bwo kubigeraho.”

Umukuru ww’Umuryango wa FPR Inkotanyi kandi yibukije abanyamuryango gusigasira icyizere bagirirwa n’isi yose, abasa kwirinda ko ababagiriye icyizere bazabona ko bibeshye

Ati:” Iyo duhawe inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe no kuyobora amavugurura, ni uko hari icyo abantu batubonamo nk’abanyarwanda cyafasha mu kunoza imikorere. Ntituzatume abatwizera basanga baribeshye.”

Yakomeje agira ati:” Igihe tubona abakora ibidahwitse muri twe ntitubabwire ngo tubahwiture, Umuryango wacu FPR waba ukora ibitari byo. FPR yatwigishije guhangara ibibazo tukabikemura. Tugomba guhangara n’abakora ibitari byo”.

Perezida Kagame yasoje agira ati: “Ntabwo twifuza izina ribi. Dufite izina ryiza, tugomba gukomeza kuriharanira, igihugu cyacu kikagera aho dushaka ko kigera, aho cyakagombye kuba kigeze“.

 

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: umusirikare wa CMI imaze igihe ihohotera abanyarwanda yahunze

Uganda: umusirikare wa CMI imaze igihe ihohotera abanyarwanda yahunze

Ubwanditsi 16 Jan 2018
Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026
Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Ubwanditsi 18 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?
UBUKUNGU

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere
Mu Rwanda

Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora
Amakuru

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Ubwanditsi 25 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru