• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Ubwanditsi 09 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

“Tugomba guhora dutekereza ku ngaruka z’imikorere yacu. iyo ibaye mibi, bigira ingaruka ku baturage ndetse no kuri twebwe ubwacu. Gutekereza kubyo dukora bituma tunoza imikorere”, ubu ni bumwe mu butumwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageneye abakandida ba FPR mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri mu ijambo yavugiye mu nama ya Biropolitiki y’Umuryango wa FPR Inkotanyi yateranye kuri uyu wa 08 Nyakanga 2018.

Kuri iki Cyumweru nibwo biropolitiki ya FPR Inkotanyi yamurikiwe abakandida depite 70 bazahagararira Umuryango wa FPR Inkotanyi mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka. Urutonde rw’aba badepite rukaba rwasomwe n’Umunyamabanga Mukuru wa FPR, Francois Ngarambe.

Mu ijambo yagejeje ku bantu basaga 2000 bari bitabiriye iyi nama ya biro politiki, Chairman w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, akaba na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabwiye aba bakandida ko akazi kabategereje katoroshye na gato kandi gasaba gufatanya no kumenya ko abo bazaba bahagarariye ari abantu baba babatumye kandi abibutsa ko nta n’umwe uri kamara.

Chairman wa FPR yagize ati: “Abo tumaze kwerekwa ni abagiye guhagararira Umuryango wacu, abanyarwanda. Inteko yacu ntabwo ibamo abaturuka muri FPR gusa. Habamo n’abahagarariye indi mitwe ya politiki nabo batoranywa bitewe n’imitwe baturukamo”

Yakomeje agira ati:” Ibyo icyo bivuze ni ubufatanye, ubumwe bw’abanyarwanda ntawe dusize inyuma niyo twaba tutumva politiki kimwe. Igihugu cyacu n’aho twifuza kukiganisha bigaragara mu bufatanye bw’imitwe ya politiki iri mu nteko.”

Perezida Kagame yakomeje abibutsa ko mu nteko habamo ibikorwa byo gukurikirana ibikorwa birimo n’ibya guverinoma, kubw’ibyo igikenewe akaba ari ukongera ingufu kandi inshingano zabo ntizizahere mu mpapuro. Yibukije ko igihugu gikeneye ko mu bikorwa hagira ikivamo kuko ari byo bigifasha kugera aho kifuza.

Yagize ati:”Ku bagiye mu Nteko, twese tugomba kumva inshingano yacu yo guhindura imikorere tuganisha kugera ku ntego tuba twihaye. Ntabwo ari ugukomereza aho abo muzasimbura bagejeje gusa, ni ukongera intambwe, n’imikorere myiza itugeza aho dushaka kugera.”

Yakomeje agira ati:”Ntabwo ari ugukora gusa uko ibintu bisanzwe ‘business as usual’. Ntabwo ariko FPR ikora.Mwumveko muhagarariye abanyarwanda.

Hari abagera mu Nteko ukabonako bireba ku giti cyabo. Ntawe ukwiriye kuba ‘we’ ubwe aho twese dukwiriye kuba ‘twe’. Ni twebwe, twese Abanyarwanda tubatumye kuduhagararira”.

Umukuru w’igihugu yavuze ko inshingano z’abagize Inteko Ishingamategeko zirenze abayirimo ubwabo. Ibi bigomba kubonwa mu mikorere, mu mico no ku myifatire.  Ati: “Nta na rimwe dukwiriye gutezuka ku mico, imyifatire, n’imikorere bikwiriye kuba bituranga nk’abanyamuryango. Ibi nibyo bitugeza ku ntumbero yacu, ikuzuzwa neza uko tubyifuza“.

Perezida Kagame kandi yanenze imikorere yo kudakurikiza igenamigambi ikigaragara muri bamwe mu bayobozi, asaba ko yacika, kandi yubitsa ko nta muntu uri kamara.

Yagize ati: ”Inshingano dufite aho turi hose, nta muntu umwe uri kamara. Hari undi mukorana, hari uwo mwuzuzanya, iyo mudakoranye ntabwo ikigamijwe kigerwaho. Ibi iyo tubisuzuguye bigira ingaruka ku mikorere”.

Akomeza agira ati: “Tugomba kumenyako duhagarariye abantu, abaturage. Abenshi tutazi, tutavugisha nibo batumye twicaye hano. Tugomba guhora tubatekerezaho. Nibo dukorera“.

Chairman kandi yasabye abakandida ba FPR guhora batekereza ku ngaruka z’imikorere yabo, agira ati: “Iyo ibaye mibi, bigira ingaruka ku baturage ndetse no kuri twebwe ubwacu. Gutekereza kubyo dukora bituma tunoza imikorere”.

Yavuze ko gukorera abaturage bitabamo amahitamo y’abagomba guhabwa serivisi n’abatazihabwa. Ati: “Ntabwo tugomba kubasumbanya. Umuco wa FPR ni uko twese tungana, serivisi twese turazihabwa kuko ni ibyacu ku buryo bungana.”

Yakomeje agira atI:” Inteko yacu icyo ishinzwe ni ugukurikirana niba koko bikorwa. Niba ab’izindi nzego bakora ibyo bashinzwe uko bigomba. Aha niho dusaba Inteko gushyira imbaraga. Ibi ntabwo byakorwa tutegereye abaturage”.

Perezida Kagame yanabibukije kureka umuco wo gushaka icyubahiro bagiye kwegera abaturage. Ati: “Tuba twagiye gukora, gukorera abaturage. Amakoti n’ibindi bigenewe mu biro tubisige mu biro… Abaturage bacu tugomba gukora uko dushoboye kose tukabaha ibyo bakeneye. N’ibitari mu bushobozi bwacu tugomba guhora tubishakisha, dushaka uburyo bwo kubigeraho.”

Umukuru ww’Umuryango wa FPR Inkotanyi kandi yibukije abanyamuryango gusigasira icyizere bagirirwa n’isi yose, abasa kwirinda ko ababagiriye icyizere bazabona ko bibeshye

Ati:” Iyo duhawe inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe no kuyobora amavugurura, ni uko hari icyo abantu batubonamo nk’abanyarwanda cyafasha mu kunoza imikorere. Ntituzatume abatwizera basanga baribeshye.”

Yakomeje agira ati:” Igihe tubona abakora ibidahwitse muri twe ntitubabwire ngo tubahwiture, Umuryango wacu FPR waba ukora ibitari byo. FPR yatwigishije guhangara ibibazo tukabikemura. Tugomba guhangara n’abakora ibitari byo”.

Perezida Kagame yasoje agira ati: “Ntabwo twifuza izina ribi. Dufite izina ryiza, tugomba gukomeza kuriharanira, igihugu cyacu kikagera aho dushaka ko kigera, aho cyakagombye kuba kigeze“.

 

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Ubwanditsi 09 Dec 2022
Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

RUSHYASHYA 24 Nov 2025
Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Menya bamwe mu bagize Jambo asbl ihakana Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994

Menya bamwe mu bagize Jambo asbl ihakana Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 14 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Jan 2023
Imfungwa yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka muri Kasho ya Polisi
Mu Mahanga

Imfungwa yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka muri Kasho ya Polisi

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru