• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abakozi ba Leta bagiye gutangira gutuzwa mu nzu zihendutse – Kampayana

Abakozi ba Leta bagiye gutangira gutuzwa mu nzu zihendutse – Kampayana

Editorial 01 May 2017 Mu Rwanda

Abakozi ba Leta batagira inzu bagiye gutangira gutuzwa mu nzu zihendutse muri gahunda ya Leta yo gukemura ibibazo by’amacumbi.

Iyo gahunda biteganyijwe ko izatangira muri uku kwezi kwa Gicurasi 2017, bihereye cyane cyane mu Mujyi wa Kigali.

Muri 2016 hagati, Leta y’u Rwanda yatangaje gahunda yo korohereza abakozi ba Leta binjiza hagati y’ibihumbi 40 n’ibihumbi 600RWf, kubona amacumbi aciciriritse, ndetse hahita hakorwa urutonde rw’abayakeneye n’ibyiciro by’ayo bakeneye.

Umuyobozi w’Agateganyo w’Ikigo cy’u Rwanda cy’Imiturire (RHA), Kampayana Augustin yatangarije Kigali Today dukesha iyi nkuru ko bafite urutonde rw’abakozi 5000 bagaragaje ko bakeye inzu zo guturamo.

Kampayana avuga ko zimwe mu nzu zamaze kuzura ubu bakaba barimo gukora urutonde rw’abazazihabwa ku ikubitiro hakurikijwe iteka rya Minisitiri w’Imari.

Kugeza ubu, inzu 32 ziri i Kabuga mu Karere ka Gasabo, ni zo zirimo gushakirwa abazituramo.

Kampayana agira ati “Izi zo no muri Gicurasi bazijyamo. Ubu harimo kugenzurwa abujuje ibyangombwa hakurikijwe Iteka rya Minisitiri kandi vuba aha biraba birangiye.”

Mu gihe byari biteganyijwe ko izi nzu 32, zirimo iz’ibyumba bibiri n’uruganiriro n’iz’ibyumba bitatu n’uruganiriro, zaba zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 18RWf na miniyoni 25RWf, Kampayana avuga ko igiciro gishobora kugabanuka kikaba cyanagera hagati ya miliyoni 12RWf na miliyoni 15RWf.

-6438.jpg

Inzu zihendutse

Ibi arabishingira ku kuba mu mwiherero uherutse w’abayobozi, ikibazo cy’amacumbi cyaragarutsweho ndetse kikongererwa ingufu.

Banki y’u Rwanda y’Iterambere (BRD) muri Werurwe 2017 yemeje umushinga wo gushora miliyoni 267$ (ni ukuvuga hafi miliyari 220RWf) mu bwubatsi bw’amacumbi aciciriritse.

Umuyobozi wa BRD, Alex Kanyankore, muri Werurwe 2017, nyuma y’umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu uherutse kubera i Gabiro muri Gatsibo, yavuze ko iyi banki yiyemeje gufasha Leta kugabanya ikibazo cy’amacumbi.

Kugeza ubu hakenewe nibura inzu zibarirwa mu bihumbi 344 na 68 mu Mujyi wa Kigali gusa hagati ya 2012-2022.

Hari icyizere ko igiciro cy’inzu kizagabanuka

Umuyobozi w’Agateganyo wa RHA, Kampayana yatangaje kandi ko Minisitiri ufite Imari mu nshingano ze aherutse kujya muri Banki y’Isi gushaka amafaranga yo gushora mu nzu ziciriritse z’abakozi ba Leta.

Ku buryo ngo hari icyizere ko ibi na byo bizatuma igiciro cy’izo nzu zirimo kubakirwa abakozi ba Leta kirushaho kujya hasi.

Leta yiyemeje ko izajya iha ba rwiyemezamirimo ubutaka bwo kubakaho inzu ziciriritse zo guturamo, ndetse igafasha mu kugeza ibikorwa remezo nk’amazi, imihanda n’amashanyarazi ahazajya haba hubatswe inzu ziciriritse.

Kampayana akomeza avuga ko mu gihe byari biteganyijwe ko izo nzu zajya zishyurwa ku nyungu iri hagati ya 13-14%, izi mbaraga Leta yashyizemo ibinyujije mu bigo by’imari zishobora gutuma inyungu yongera kumanuka ku buryo uwafashe inzu azajya ayishyura ku nyungu iri hagati y’amafaranga 8% na 10%.

-6437.jpg

Kampayana Augustin

Ati “Ibi bishobora gutuma nk’iyo nzu tuvuga ubundi ya kuri miliyoni 15 imanuka ikajya kuri miliyoni nk’umunani kandi umuntu akaba yakwishyura hagati y’imyaka 10 na 15 hakurikijwe ubushobozi bwe.”

Uretse inzu 32 zamaze kuzura zitegereje abazijyamo, Kampayana avuga ko hari izindi 200 zirimo gusakarwa mu gace ka Batsinda uturutse Kagugu.

Izo zo ngo rwiyemezamirimo aracyategereje uruhare rwa Leta rwo kuhageza amazi n’amashanyarazi no kuhatunganya imihanda. Ibi na byo, Kampayana yemeza ko bizarangira mu gihe kitarengeje amezi abiri.

Avuga kandi ko hari izindi nzu 200 zirimo kubakwa i Kinyinya mu Karere ka Gasabo, na zo zirimo kurangira ku buryo ngo mu mezi nk’abiri zizaba zitunganye abantu bashobora kuzijyamo.

Uruganda rw’ibikoresho by’ubwubatsi rwatumye iza Batsinda II zidindira

Umuyobozi w’Agateganyo wa RHA, Kampayana Augustin, ariko yavuze ko uruganda rw’ibikoresho by’ubwubatsi rurimo kubakwa i Masaka hakurya y’Inyange Ltd rwatumye umushinga w’inzu za Batsinda II udindira.

Byari biteganyijwe ko Batsinda II, igizwe n’inzu 561, yari gutangira kubakwa muri Mutarama 2017 ariko biba ngombwa ko bategereza ko urwo ruganda rwuzura kugira ngo haboneke ibikoresho by’ubwubatsi hafi kandi ku mafaranga make.

Ati “Ubu urwo ruganda rwamaze kuzura ku buryo twizera ko umushinga wa Batsinda II na wo uzarangira mu mezi make ari imbere.”

Ikibanza inzu za Batsinda II, zizubakwa na Banki y’u Rwanda y’Iterambere (BRD) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ingoboka (RSSB), zizubakwamo cyamaze gusizwa bategereje ibikoresho by’ubwubatsi gusa bagatangira kuzizamura.

Ubwo Umwami wa Maroc, Mohammed VI yazaga mu Rwanda m’Ukuboza 2016 yari aherekejwe n’abashoramari benshi baje gushaka amahirwe yo gushoramo imari mu Rwanda.

Palmerie Development Group, imwe muri kompanyi zishora mu mishinga y’ubwubatsi, yahise yiyemeza gushora miliyoni 68$ (arenga miliyari 55RWf) mu mushinga wo kubaka inzu 5000 zo guturamo ndetse ihabwa n’ikibanza i Ndera mu Karere ka Gasabo.

Kampayana Augustin, Umuyobozi w’Agateganyo wa RHA, akaba atangaza ko iyi kompanyi na yo muri Gicurasi 2017 izatangira imirimo kandi akaba yizeye ko izo nzu zizuzura vuba.

Ati “Umwaka utaha tuzaba tumaze kugira inzu nyinshi kuko n’izi z’abanya-Marocco zizaba zizuye kuko bafite amafaranga.”

Muri Nyakanga 2016, RHA cyari cyatangaje ko hagiye kubakwa inzu ibihumbi 20 ziciriritse zo gutuzamo abinjiza amafatanga make.

Mu gihe mu Mujyi wa Kigali gusa hakenewe inzu nibura ibihumbi 344 na 68 hagati ya 2012-2022, muri zo 60% zikaba ari iziciriritse z’abinjiza amafaranga ku kwezi, Umujyi wa Kigali wo watangaje ko ufite ubushobozi bwo kubaka amazu ibihumbi 10 gusa buri mwaka.

Kubera uburemere bw’iki kibazo Leta ikaba yariyemeje gufasha abashora imari mu mishinga y’ubwubatsi, binyuze mu bigo by’imari no mu kubaha ubutaka bwo kubakaho kandi site bubakaho ikazishyiramo ibikorwa remezo nk’amazi, imihanda n’amashanyarazi.

Ibi bikorwa bikaba ari byo bigabanya igiciro cy’inzu ku buryo umuturage asigara agomba kwishyura 50% by’ayo yagombaga gutanga ku nzu kandi na bwo agafashwa kuyibona binyuze mu bigo by’imari akishyura bijyanye n’ubushobozi bwe.

Umushinga wo kubaka amacumbi aciriritse ukaba ureba Umujyi wa Kigali n’imijyi itandatu yatoranyijwe ngo yunganire Umujyi wa Kigali.

Izo nzu nk’uko RHA ibitangaza zitangwa mu buryo butatu. Uburyo bwa mbere ni aho umuturage ashobora kuza akayishyurira rimwe agahita ayegukana, ubwa kabiri n’ukuyifata ku nguzanyo y’igihe kirekire mu gihe ubwa gatatu ari ukuyibamo ayikodesha kuri make.

Source : KT

2017-05-01
Editorial

IZINDI NKURU

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Editorial 11 Sep 2025
‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

Editorial 06 Oct 2017
Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994

Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994

Editorial 09 Apr 2018
Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Editorial 28 Dec 2021
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Editorial 11 Sep 2025
‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

Editorial 06 Oct 2017
Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994

Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994

Editorial 09 Apr 2018
Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Editorial 28 Dec 2021
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Editorial 11 Sep 2025
‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

Editorial 06 Oct 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016
Mu Mahanga

Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016

Editorial 08 Aug 2016
RDF yavuze ku basirikare bayo barenze umupaka bagafatirwa muri Congo
INKURU NYAMUKURU

RDF yavuze ku basirikare bayo barenze umupaka bagafatirwa muri Congo

Editorial 17 Apr 2018
Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa
POLITIKI

Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Editorial 19 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru