• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abantu 33 bafatiwe mu gikorwa cyo kurengera umugezi wa Nyabarongo

Abantu 33 bafatiwe mu gikorwa cyo kurengera umugezi wa Nyabarongo

Editorial 03 Jan 2016 Mu Mahanga

​Itsinda rihuriwemo na Polisi y’u Rwanda n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) ryakoze igikorwa cy’ubugenzuzi mu turere twa Ngororero na Rutsiro harebwa abacukura amabuye y’agaciro ku buryo butubahirije amategeko. Iki gikorwa cy’iminsi ine cyasojwe tariki ya 31 Ukuboza 2015, cyabereye mu mirenge ya Gihango, Ruhango, Rusebeya, Musasa, Mukura na Murunda yo mu karere ka Rutsiro , naho mu karere ka Ngororero hasuwe imirenge ya Ndaro, Gatumba, Bwira, Nyange na Muhororo

Iki gikorwa cy’ubugenzuzi gishyizwe mu bikorwa nyuma y’uko kuwa 23 Ukuboza habayeho inama yo ku rwego rwo hejuru y’abayobozi yasabye ko habaho kurengera amazi ya Nyabarongo akaba urubogobogo.

Umuyobozi w’iri shami ryo kurengera ibidukikije Superintendent of Police (SP) Corneille Murigo yavuze ko muri iki gikorwa cy’ubugenzuzi bw’abangiza ibidukikije hafashwe abacukuzi 33 harimo 13 bafatiwe mu karere ka Rutsiro naho 20 bafatirwa mu karere ka Ngororero. Bari mu byiciro bibiri.

Icyiciro cya mbere kirimo abacukuzi b’amabuye y’agaciro bakora uyu mwuga bafite ibyangombwa bibemerera gukora aka kazi, ariko kandi bagacukura batubahiriza uburyo bwo kurengera ibidukikije. Ikindi cyiciro kigizwe n’abacukuzi baba badafite icyangombwa na kimwe kibemerera gucukura, ku buryo babikora bihishahisha cyangwa se bagacukura nijoro, bikajyana no kwangiza ibidukikije.

SP Murigo yagize ati:” aba bose bangiza imigezi n’ibishanga, kuko amazi bakoresha mu kuyungurura amabuye y’agaciro ariho aturuka bityo agahindana. Ibi rero bigira ingaruka mbi ku mugezi wa Nyabarongo, ku bakorera aka kazi mu karere ka Ngororero kuko uriya mugezi amazi yawo ahinduka igitaka. Ibi kandi ni nako bigendekera abacukura ku buryo butarengera ibidukikije bo mu karere ka Rutsiro, kuko umugezi wa Koko wiroha mu kiyaga cya Kivu nawo amazi yawo ahinduka ibitaka”. Yavuze kandi ko hafashwe ibiro bitandukanye by’amabuye y’agaciro birimo 79 bya gasegereti, 3 bya koluta n’ibikoresho 50 byifashishwa mu bucukuzi.

SP Murigo yakomeje avuga ko hafunzwe ibirombe 25 byakorerwagamo ubucukuzi butemewe.Bariya bafatiwe mu bikorwa byo kwangiza ibidukikije bazahabwa ibihano bitandukanye birimo igifungo ndetse n’amande nk’uko bikubiye mu ngingo za 388,438 na 439 zo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha cya Repubulika y’u Rwanda.

SP Murigo yavuze ko ibikorwa byo kugenzura uko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa no gufata ababukora nabi ku buryo byangiza ibidukikije, bizakomereza mu duce twegereye umugezi wa Nyabarongo ndetse n’ahandi. Yasabye abacukuzi bafite ibyangombwa gukora umwuga wabo bazirikana kurengera ibidukikije.Yanasabye kandi abacukura nta byangombwa bafite, kwihutira kubishaka, bityo nabo bagakora bisanzuye ari nako barengera ibidukikije, kugira ngo birinde kuba bagerwaho n’ibihano binyuranye.

Remy Norbert Duhuze umuyobozi ku kigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) yavuze ko abacukuzi bayungurira amabuye yabo mu migezi ku buryo byangiza umugezi wa Nyabarongo, ndetse bikaba bigira ingaruka mbi kuko hari n’abayacukura mu ishyamba rya Mukura.

RNP

2016-01-03
Editorial

IZINDI NKURU

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Editorial 28 Jan 2025
Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Editorial 07 Jun 2016
Karongi: Abamotari bibukijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Karongi: Abamotari bibukijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Editorial 02 Jan 2016
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yakanguriye abaturage kuba ijisho rya bagenzi babo

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yakanguriye abaturage kuba ijisho rya bagenzi babo

Editorial 26 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

New York : Perezida Kagame yitabiriye  inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye
POLITIKI

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 20 Sep 2016
IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE
Amakuru

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

Administrator 17 Nov 2025
U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres
POLITIKI

U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres

Editorial 07 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru