• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda ni inzu yanjye, ni inzu yawe; ntabwo ari urutirano –Perezida Kagame

U Rwanda ni inzu yanjye, ni inzu yawe; ntabwo ari urutirano –Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Sep 2016 Mu Mahanga

Ubwo yagezaga impanuro ku bayobozi batandukanye nyuma yo gusinya imihigo y’umwaka wa 2016/2017, Perezida Kagame yavuze ko hari ikibazo gikomeye cy’aho usanga inzego zidasenyera umugozi umwe

Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko nta gisobanuro gifatika gihari cyatanga impamvu hari aho usanga ibyiyemejwe bitagerwaho, ashimangira ko abona biba byatewe n’abayobozi baharanira inyungu zabo bwite bakirengagiza iza rusange.

Perezida Kagame yavuze ko amajyambere, demokarasi no kwishyira ukizana ari ibintu bitatu bitagongana nubwo hari ababisanisha bityo gutera imbere bidakwiye kugongana n’imiyoborere myiza cyangwa ubwisanzure bwa muntu.

Mu mpanuro yabahaye, yababwiye ko kutifuza ari ikintu bakwiye guharanira bakagishyira imbere y’ibindi byose.

Yanenze kandi ibihugu by’amahanga bishaka ‘kurindagiza’ ibigitera imbere bigamije kugena uko bibabo, avuga ko Abanyarwanda bakwiye guharanira ibyabo, bakamenya ko ubwisanzure nyabwo ari imibereho myiza ishingiye ku kudasonza ngo wifuze ibyo kurya, kudahora wayobewe uko uri butware umwana wawe ku ishuri cyangwa kumuvuza niba yarwaye.

Umukuru w’Igihugu yagereranyije iriya myitwarire yo kumva ko uzafasha umuntu gutera imbere ari uko yaburaye cyangwa hari ibyo adakora neza, nko gutizwa inzu igihe nyirayo ayishakiye akayikwambura.

Yagize ati “Ni nko gufata inzu ukayintiza aho washakira ukaba wayinyambura cyangwa ukirirwa uyinshunagurizaho ngo nurangiza umbwire uti ufite ubwigenge nibura. Nta bwigenge mfite kuko nta nzu mfite, njye ndashaka inzu nita iyanjye ntabwo nshaka inzu umpa. Icyo bita gusembere ni iki? Ntabwo nshaka gusembera, ntabwo nshaka unsembereza, nshaka iyanjye. Iki gihugu cy’u Rwanda mureba, ni inzu yacu ntabwo dusembereye.”

Perezida Kagame yasabye abayobozi n’Abanyarwanda muri rusange gutekereza ko u Rwanda ari inzu yabo, bagaharanira kuyagura no kuyigira nziza kurushaho.

Ati “Niyo mpamvu tuvuga ubumwe, Abanyarwanda tukaba hamwe tukagira inzu yacu tukayitunganya, tukayisukura ndetse tukagenda tuyagura, tukagenda tuyisubiramo yari ifite icyumba kimwe ikagira bitatu utari ufite intebe nziza ukazizana ukazishyiramo, ukayikubura […] igihugu cyacu twaje hano guhigira mu bikorwa bitandukanye mu bitekerezo bityo muvuge muti ni inzu yacu turimo dusukura twubaka neza ikabera ba nyirayo, abayituyemo.”

Muri uyu muhango Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yagaragaje ko zimwe mu mpamvu zituma uturere tumwe tuza inyuma mu kwesa imihigo, ari imikoranire mibi y’abayobozi, aho usanga bakora bonyine.

-4017.jpg

Perezida Paul Kagame

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi bashaka gukora neza badakora bonyine, ahubwo bakorana n’abandi bagakurikirana ko ibyagombaga gukorwa byakozwe bityo bakageza igihugu kure heza.

Igihe.com

2016-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Ubwanditsi 31 May 2022
REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

Ubwanditsi 15 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yavuze ku mukino wa Mukura VS na Rayon Sports wasubitswe kubera ikibazo cy’Amatara
Amakuru

FERWAFA yavuze ku mukino wa Mukura VS na Rayon Sports wasubitswe kubera ikibazo cy’Amatara

Ubwanditsi 16 Apr 2025
Intara y’Iburasirazuba: Abaturage basabwe gufatanya kurwanya ubujura bw’amatungo
Mu Mahanga

Intara y’Iburasirazuba: Abaturage basabwe gufatanya kurwanya ubujura bw’amatungo

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi

Ubwanditsi 18 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru