• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abantu 33 bafatiwe mu gikorwa cyo kurengera umugezi wa Nyabarongo

Abantu 33 bafatiwe mu gikorwa cyo kurengera umugezi wa Nyabarongo

Ubwanditsi 03 Jan 2016 Mu Mahanga

​Itsinda rihuriwemo na Polisi y’u Rwanda n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) ryakoze igikorwa cy’ubugenzuzi mu turere twa Ngororero na Rutsiro harebwa abacukura amabuye y’agaciro ku buryo butubahirije amategeko. Iki gikorwa cy’iminsi ine cyasojwe tariki ya 31 Ukuboza 2015, cyabereye mu mirenge ya Gihango, Ruhango, Rusebeya, Musasa, Mukura na Murunda yo mu karere ka Rutsiro , naho mu karere ka Ngororero hasuwe imirenge ya Ndaro, Gatumba, Bwira, Nyange na Muhororo

Iki gikorwa cy’ubugenzuzi gishyizwe mu bikorwa nyuma y’uko kuwa 23 Ukuboza habayeho inama yo ku rwego rwo hejuru y’abayobozi yasabye ko habaho kurengera amazi ya Nyabarongo akaba urubogobogo.

Umuyobozi w’iri shami ryo kurengera ibidukikije Superintendent of Police (SP) Corneille Murigo yavuze ko muri iki gikorwa cy’ubugenzuzi bw’abangiza ibidukikije hafashwe abacukuzi 33 harimo 13 bafatiwe mu karere ka Rutsiro naho 20 bafatirwa mu karere ka Ngororero. Bari mu byiciro bibiri.

Icyiciro cya mbere kirimo abacukuzi b’amabuye y’agaciro bakora uyu mwuga bafite ibyangombwa bibemerera gukora aka kazi, ariko kandi bagacukura batubahiriza uburyo bwo kurengera ibidukikije. Ikindi cyiciro kigizwe n’abacukuzi baba badafite icyangombwa na kimwe kibemerera gucukura, ku buryo babikora bihishahisha cyangwa se bagacukura nijoro, bikajyana no kwangiza ibidukikije.

SP Murigo yagize ati:” aba bose bangiza imigezi n’ibishanga, kuko amazi bakoresha mu kuyungurura amabuye y’agaciro ariho aturuka bityo agahindana. Ibi rero bigira ingaruka mbi ku mugezi wa Nyabarongo, ku bakorera aka kazi mu karere ka Ngororero kuko uriya mugezi amazi yawo ahinduka igitaka. Ibi kandi ni nako bigendekera abacukura ku buryo butarengera ibidukikije bo mu karere ka Rutsiro, kuko umugezi wa Koko wiroha mu kiyaga cya Kivu nawo amazi yawo ahinduka ibitaka”. Yavuze kandi ko hafashwe ibiro bitandukanye by’amabuye y’agaciro birimo 79 bya gasegereti, 3 bya koluta n’ibikoresho 50 byifashishwa mu bucukuzi.

SP Murigo yakomeje avuga ko hafunzwe ibirombe 25 byakorerwagamo ubucukuzi butemewe.Bariya bafatiwe mu bikorwa byo kwangiza ibidukikije bazahabwa ibihano bitandukanye birimo igifungo ndetse n’amande nk’uko bikubiye mu ngingo za 388,438 na 439 zo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha cya Repubulika y’u Rwanda.

SP Murigo yavuze ko ibikorwa byo kugenzura uko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa no gufata ababukora nabi ku buryo byangiza ibidukikije, bizakomereza mu duce twegereye umugezi wa Nyabarongo ndetse n’ahandi. Yasabye abacukuzi bafite ibyangombwa gukora umwuga wabo bazirikana kurengera ibidukikije.Yanasabye kandi abacukura nta byangombwa bafite, kwihutira kubishaka, bityo nabo bagakora bisanzuye ari nako barengera ibidukikije, kugira ngo birinde kuba bagerwaho n’ibihano binyuranye.

Remy Norbert Duhuze umuyobozi ku kigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) yavuze ko abacukuzi bayungurira amabuye yabo mu migezi ku buryo byangiza umugezi wa Nyabarongo, ndetse bikaba bigira ingaruka mbi kuko hari n’abayacukura mu ishyamba rya Mukura.

RNP

2016-01-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )

Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Ubwanditsi 19 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatora : Hari abaturage batarabona ikarita y’itora
Mu Mahanga

Amatora : Hari abaturage batarabona ikarita y’itora

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Amaso ahanzwe amatora y’u Burusiya byitezwe ko azagumisha Putin ku buyobozi
POLITIKI

Amaso ahanzwe amatora y’u Burusiya byitezwe ko azagumisha Putin ku buyobozi

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru