• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Editorial 07 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’umuryango (APRODH) uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu Burundi, atangaza ko abantu bakomeje kwicwa mu Burundi,  bagwa mu maboko y’inzego zishinzwe iperereza n’Imbonerakure.

Mbonimpa Pierre Claver, atangaza ko iperereza ryakozwe n’imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu,  rigaragaza ko abantu basaga 500 bishwe mu 2017, bazira ibitekerezo byabo bya politiki.

Raporo ifite umutwe ugira uti “Do not Play with Fire” ugenekereje mu Kinyarwanda ‘Wikina n’umuriro’ igaragaza ko hari abaturage bicwa, ababurirwa irengero, abahohoterwa n’inzego z’umutekano za Leta hamwe n’urubyiruko rw’ishyaka CNDD –FDD riri ku butegetsi, Imbonerakure.

Iyi raporo igaragaza ko abasaga 500 bishwe, abasaga 10.000 bakaba barafunzwe.

Claver Mbonimpa aganira na VOA,  ari nayo dukesha  iyi nkuru, yagize ati “Ibibazo byose twagiye twigaho, twasanze abo bantu bose baragiye bapfira mu maboko y’ingabo, polisi n’Imbonerakure, bamwe muri bo bashinjwaga ibikorwa by’ubupfumu abandi bakicirwa hirya no hino ku bw’impamvu zitandukanye”.

Iyi miryango iharanira uburenganzira bwa muntu, ikaba itangaza ko abicwa baba bashinjwa ibyaha bahimbiwe, ahanini ko baba bahorwa ibitekerezo byabo bifitanye isano na politiki.

Mbonimpa uba mu buhungiro, arakomeza ahamya ko umutekano mu gihugu cy’u Burundi ukomeje kuzamba, ati “Ubwo natangiraga gukurikirana ibijyanye n’uburenganzira bw’imfungwa, naratunguwe,  ntabwo nari narigeze mbona mu Burundi imfungwa zigera ku 11,800 , birababaje kandi biteye n’agahinda kubona gereza imwe ibamo imfungwa 4,050, babayeho mu buzima buteye agahinda, bamwe muri izi mfungwa ni iza politiki,…”.

Minisitiri ufite mu nshingano Uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu Burundi, Martin Nivyabandi, avuga ko iyi raporo yabatunguye, agahakana ibishinjwa Leta.

Ati “Nta gihugu na kimwe ku isi kiri Paradizo, abantu barapfa, naho kuvuga ko umutekano wongeye kuzamba mu 2017, kandi raporo zagaragazaga ko habaye impunduka nziza, natwe byaradutunguye cyane, …. Muri raporo zabo zose baba bashaka kugaragaza ko inzego z’umutekano zijandika mu bikorwa byo guhohotera uburenganzira bw’ikiremwamuntu”.

Loni itangaza ko abarundi bagera ku 430,000 bahunze kuva mu 2015, ubwo Perezida Nkurunziza yiyamamarizaga manda ya gatatu.

2018-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Editorial 27 Dec 2018
Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo

Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo

Editorial 08 Apr 2019
Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Editorial 08 Jun 2018
N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

Editorial 18 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 24 Mar 2023
Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019
HIRYA NO HINO

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Editorial 27 Jan 2019
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo
Amakuru

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Editorial 03 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru