• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Editorial 09 Feb 2017 ITOHOZA

Biragoye kuba umuntu agera aho adashobora kwihanganira ibikorwa by’undi akajya kukarubanda agahamagarira abandi ngo bamwice.

Ikindi iyaba twese twatekerezaga ko nta kintu nakimwe kibaho nta mpamvu. Ibi ndabivuga kubera ko bitapfuye kwikora ngo Perezida Donald Trump atorwe mu gihugu cyigihangage nk’Amerika, gituwe n’abaturage barenga miliyoni 322.

Nubwo Trump amaze igihe gito abaye Perezida, mu byemezo agenda afata bigatigisa benshi muri Amerika ndetse n’abatari bake ku isi, ariko abantu bajye basubiza amaso inyuma bibuke ko ari Perezida wemewe watowe n’abaturage, maze ibyo bavuga byose babivuge babanje gutekereza kubera ko atazavaho icyo yashyiriweho kidakozwe.

Ikindi bajye bazirikana umugani uvuga ngo ubuze uko agira, agwa neza. Benshi banyumve neza ntabwo mushyigikiye mubyo akora, ariko ni perezida w’igihugu wemewe ahubwo nibatuze abategeke abashoboye bafate bakomeze, abadashoboye bajye mu ishyamba nibibakundira.

Ibi rero mbivuze mbitewe n’inkuru yasohotse mu binyamakuru bitandukanye nka Daily Mail yanditse inkuru ivuga ukuntu abantu bo muri Amerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba. Ubu butumwa bumaze kuba bwinshi kuko buva no ku isi yose ndetse ibi biherekejwe no kwigragambya kubera mu migi itandukanye yo ku isi bamagana Perezida Trump mu byemezo afata cyane kubijyanye n’abimukira.

Uwitwa Zachary Benton uva muri leta ya Ohio we yavuze ko ari uko yamubuze ko yabyikorera, naho icyamamare cy’umucuranzi Madonna ubu urimo kwitaba inzego z’umutekano kubera ibyo yavugiye muruhame, we yavugiye imbere y’imbaga irenga miliyoni y’abantu ubwo abagore bakoraga urugendo rwamagana Trump ko ashaka kubona inzu ya White House ituritswa igashya.

Aha yahavugiye amagambo y’urukozasoni umuntu atasubiramo atukana, ibi byabereye Washington DC kuburyo twavuga ko isi isigaye igendesha utuboko naho ubuguru buri hejuru wumvise uko ibyo bitutsi bivugwa.

Naho uwitwa Cole we yanditse ubutumwa kuri Tweeter avuga ko Hitler yashatse kwicwa inshuro 40, ko nabo bagomba kuzigerageza ko bataburamo inshuro imwe bakwica Perezida Trump. Pizza Queen we yahamagariye abantu ko nibabura Trump bazica Visi Perezida Pence, ngo nyuma yaho Trump agereranya nka devil na antikristo ngo azicirwa mu gushyingura Pence.

Tim Franklin wahoze akorera inzego z’iperereza muri CIA yavuze ko inzego z’umutekano zigomba kuba maso ngo nibwo byabaho muri Amerika. Tim yakomeje avuga ko bikabije ko iki kibazo kigomba guhagurutsa inzego ziperereza muburyo bukomeye.

Ibi rero ntibigaragarira muri Amerika gusa, muri iyi minsi ikinyamakuru cyo muri Ireland cyitwa Village / Leftist Magazine cyarasohotse kugifuniko kibanza kiriho iyo foto mubona. Mu gihe abashinzwe umutekano babazaga nyir’iki kinyamakuru impamvu ahamagarira abantu kwica Perezida w’Amerika abasubiza ko kuba yaranditse ngo Why not? (Kuki bitashoboka?) ngo ibi bivuga ko yabazaga atahamagariraga abantu kwica Tump.

-5666.jpg

Iki inyamakuru cyerekana ifoto ya Trump ifite ikimenyetso ko agiye kuraswa cyatangiye inkuru yacyo kibaza ibibazo byinshi kigira kiti: Kuki Trump atitera icyuma ngo apfe?

Hakorwa iki ngo apfe? Cyakomeje kivuga ko isi ifite umutu mubi kandi uri mumwanya ukomeye, ngo uyu muntu ashobora kwangiriza ubuzima bw’amamiliyoni y’abantu ngo ndetse n’amamiliyali, twareba nabi isi yose ikorama.

Inkuru yakomeje igira iti: Hakorwa iki uretse ko haboneka umuntu wamwica. Hanyuma ikinyamakuru cyatanze urugero kubandi banyapolitike bagiye bicwa ibintu bikagenda neza kandi bari babangamiye abantu, kivuga ko aricyo gisubizo kuri Trump.

Michail Smith nyiri iki kinyamakuru bamucanyeho umuriro avuga ko ari igitekerezo yatanze ko atari itegeko, ngo kubera iyo mpamvu ko bamuha amahoro akagira uburenganzira bwo kwivugira akamurimo ngo kubera ko ikinyamakuru cye ari icyibitekerezo.

Ngibyo rero umukire Trump ufite Cash atazapfa amaze yirahuriyeho umuriro ajya muri Politike igiye kumubiza icyuya, yareba nabi akahasiga ubuzima mu gihe yarafite amahoro asesuye muri businesi ze n’amazu y’akataraboneka hirya no hino ku Isi yasigiwe na se.

Hakizimana Themistocle

2017-02-09
Editorial

IZINDI NKURU

Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Editorial 04 Oct 2016
Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Editorial 28 Jun 2019
Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Editorial 24 Oct 2016
Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Editorial 16 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yagarutse i Kigali azanye intsinzi
IMIKINO

Amavubi yagarutse i Kigali azanye intsinzi

Editorial 07 Sep 2019
Perezida Kagame  na Mme we  bavuye  i Beijing mu Bushinwa
POLITIKI

Perezida Kagame na Mme we bavuye i Beijing mu Bushinwa

Editorial 17 Mar 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 08 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru