• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyarwanda baba muri Congo no mu Burundi ntibemerewe gutorerayo

Abanyarwanda baba muri Congo no mu Burundi ntibemerewe gutorerayo

Editorial 04 Aug 2017 Mu Rwanda

Abanyarwanda baba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no mu Burundi ntibagize amahirwe yo kwitorera Umukuru w’Igihugu mu matora yabaye muri Diaspora kuri uyu 3 Kanama 2017.

Nk’uko byari biteganyijwe, amatora y’Umukuru w’Igihugu ku Banyarwanda baba hanze yari ateganyijwe uyu munsi, ariko ababa muri RDC no mu Burundi ntibemerewe kubera ibibazo by’umutekano biri muri ibyo bihugu nk’uko Komisiyo y’amatora yabitangarije abanyamakuru ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza, yavuze ko icyo cyemezo cyafashwe muri Werurwe nyuma yo kubona ko muri ibyo bihugu nta mutekano uhari watuma amatora agenda neza.

Yagize ati “Nubwo Komisiyo y’igihugu y’amatora ishinzwe amatora ntabwo ishobora gufata icyemezo kimeze gityo yonyine itagize izindi nzego za Leta igisha inama zibishinzwe; izo zose rero twazigishije inama. Icyo cyemezo rero twagifashe ahagana muri Werurwe, ni nayo mpamvu ibindi bikorwa muri ibyo bihugu bijyanye no kwandika ntibyakozwe kuko n’umutekano waho ntiwemeraga ko byakorwa.”

Yavuze ko mu gihe cy’amatora umutekano uba ari ingenzi, avuga ko banze ko amatora yaba ahantu batizeye umutekano w’Abanyarwanda n’ibizahakorerwa.

Munyaneza yasobanuye ko bashyizeho ingamba zigamije korohereza abantu babaga muri ibyo bihugu bashaka kwitorera Umukuru w’Igihugu, aho banashyizeho ibiro by’itora ku biro by’iyo komisiyo kugira ngo abazabasha kuza mu Rwanda abe ariho batorera.

Uretse mu Burundi no muri Congo, hirya no hino ku isi Abanyarwanda bazindukiye mu matora. Ababa imbere mu Rwanda bo barazindukira mu matora kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 4 Kanama, akazatangira saa moya za mugitondo akageza saa cyenda z’amanywa.

Biteganyijwe ko bizagera saa tatu z’ijoro kuri uyu wa Gatanu Abanyarwanda bamaze kumenya 70% y’ibyavuye mu matora, amajwi rusange amenyesha uwatorewe kuyobora u Rwanda akazamenyekana ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha.

Perezida wa NEC, Prof. Kalisa Mbanda yasabye Abanyarwanda kuzatora mu bwisanzure no mu mahoro nk’uko bisanzwe bibaranga.

Yagize ati “Icyo dusaba Abanyarwanda ni uko bazitabira amatora ari benshi kandi bakazatora neza birinda imfabusa. Bazatore ari benshi kandi batore neza, bihitiremo umukandida ubereye u Rwanda.”

Yasabye ko Abanyarwanda bazakirana umutima mwiza ibizava mu matora kuko ari bo bazaba bitoreye.

-7466.jpg

Abayobizi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora

2017-08-04
Editorial

IZINDI NKURU

Umugande  Andrew Mwenda,  yemeza ko  Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Umugande Andrew Mwenda, yemeza ko Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Editorial 01 Jul 2017
Mukamabano Madeleine  wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa  Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Editorial 10 Aug 2017
Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare

Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare

Editorial 13 Jul 2017
“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

Editorial 23 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR
Mu Mahanga

Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Editorial 09 Jan 2017
Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu
INKURU NYAMUKURU

Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu

Editorial 17 Jun 2019
U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi

Editorial 29 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru