• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Editorial 12 Jul 2017 Mu Rwanda

Ingengabihe y’amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe tariki ya 4 Kanama 2017, igaragaza ko ibikorwa byo kwiyamamaza bizatangira ku wa 14 Nyakanga birangire ku wa 3 Kanama.

Ku Muryango wa FPR Inkotanyi, biteganyijwe ko bizahera mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo aho Ngarambe Francois umunyabanga mukuru wa FPR Inkotanyi yasobanuye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu ko gutangirira Ruhango nta cyihariye, ko ari uko FPR yahisemo guhera mu majyepfo gusa.

Ngarambe kandi yatangaje ko Perezida Kagame azayimamaza mu turere hafi ya twose mu gihugu ndetse ko bitewe n’uko akarere kangana, hari aho azajya mu bice bitandukanye byako.

Ati “Mu gihugu umukandida wa RPF Inkotanyi azajya mu turere twose, hamwe ashobora no gukorera ahantu habiri hatandukanye bitewe n’uko akarere kangana.”
Ngarambe yavuze ko ibikorwa byo kwiyamamaza bizarangwa n’udushya twinshi ndetse amahame azagenderwaho agaragaza ibyo Abanyarwanda bifuza.

-7212.jpg

Francois Ngarambe Umunyamabanga mukuru wa FPR-Inkotanyi

Ngarambe yavuze ko mu myaka FPR Inkotanyi imaze ku butegetsi yakoze byinshi ariko hakaba hari n’ibyo yifuzaga gukora bitararangira. Yasobanuye ko aho bazagera mu gihe cyo kwiyamamaza bagasanga hari ibitarakozwe, bazasobanurira abaturage impamvu yabiteye.

Yagize Ati “Ntabwo tujya twirarira cyangwa ngo tubeshye, ibyo tutagezeho twari twemereye Abanyarwanda tuzababwira impamvu.

Ku bijyanye n’aho umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, azagera yiyamamaza, Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi yavuze ko bizakorwa kugera ku rugo ku rundi hifashishijwe abakorerabushake.

Amashyaka yashyigikiye umukandida wa FPR Inkotanyi azamwamamaza agaragara mu birango asanganywe aho gukoresha ibirango by’uwo ari inyuma mu matora. Ayo arimo PL, PSD n’andi.

Ngarambe yongeye gushimangira amagambo yavuzwe na Perezida Kagame ko igihe cy’ibyumweru bibiri cyatanzwe mu kwiyamamaza atari gito ashingiye ku kuba basanzwe bakorana n’abaturage umunsi ku wundi.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Ngarambe François,yashoje asaba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi aho bari hose mu Gihugu kuzaba babukereye ari benshi kandi basa neza aho umukandida ari bujye kwiyamamariza kugirango bumve impanuro ndetse na gahunda abafitiye muri myaka iri imbere.

Norbert Nyuzahayo

2017-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

Editorial 08 Feb 2022
Abanyamakuru barahamya  yuko inteko niyemeza itegeko ribafunga Kagame azabyanga

Abanyamakuru barahamya  yuko inteko niyemeza itegeko ribafunga Kagame azabyanga

Editorial 06 Dec 2017
Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Editorial 11 Apr 2019
Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Editorial 02 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN
IMIKINO

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Editorial 11 Jan 2016
Burera: Abaturage  baragurisha  amasambu  kugira ngo babone amashilingi  yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda
HIRYA NO HINO

Burera: Abaturage baragurisha amasambu kugira ngo babone amashilingi yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda

Editorial 10 Jan 2018
Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi
UBUKUNGU

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Editorial 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru