• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Editorial 12 Jul 2017 Mu Rwanda

Ingengabihe y’amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe tariki ya 4 Kanama 2017, igaragaza ko ibikorwa byo kwiyamamaza bizatangira ku wa 14 Nyakanga birangire ku wa 3 Kanama.

Ku Muryango wa FPR Inkotanyi, biteganyijwe ko bizahera mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo aho Ngarambe Francois umunyabanga mukuru wa FPR Inkotanyi yasobanuye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu ko gutangirira Ruhango nta cyihariye, ko ari uko FPR yahisemo guhera mu majyepfo gusa.

Ngarambe kandi yatangaje ko Perezida Kagame azayimamaza mu turere hafi ya twose mu gihugu ndetse ko bitewe n’uko akarere kangana, hari aho azajya mu bice bitandukanye byako.

Ati “Mu gihugu umukandida wa RPF Inkotanyi azajya mu turere twose, hamwe ashobora no gukorera ahantu habiri hatandukanye bitewe n’uko akarere kangana.”
Ngarambe yavuze ko ibikorwa byo kwiyamamaza bizarangwa n’udushya twinshi ndetse amahame azagenderwaho agaragaza ibyo Abanyarwanda bifuza.

-7212.jpg

Francois Ngarambe Umunyamabanga mukuru wa FPR-Inkotanyi

Ngarambe yavuze ko mu myaka FPR Inkotanyi imaze ku butegetsi yakoze byinshi ariko hakaba hari n’ibyo yifuzaga gukora bitararangira. Yasobanuye ko aho bazagera mu gihe cyo kwiyamamaza bagasanga hari ibitarakozwe, bazasobanurira abaturage impamvu yabiteye.

Yagize Ati “Ntabwo tujya twirarira cyangwa ngo tubeshye, ibyo tutagezeho twari twemereye Abanyarwanda tuzababwira impamvu.

Ku bijyanye n’aho umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, azagera yiyamamaza, Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi yavuze ko bizakorwa kugera ku rugo ku rundi hifashishijwe abakorerabushake.

Amashyaka yashyigikiye umukandida wa FPR Inkotanyi azamwamamaza agaragara mu birango asanganywe aho gukoresha ibirango by’uwo ari inyuma mu matora. Ayo arimo PL, PSD n’andi.

Ngarambe yongeye gushimangira amagambo yavuzwe na Perezida Kagame ko igihe cy’ibyumweru bibiri cyatanzwe mu kwiyamamaza atari gito ashingiye ku kuba basanzwe bakorana n’abaturage umunsi ku wundi.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Ngarambe François,yashoje asaba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi aho bari hose mu Gihugu kuzaba babukereye ari benshi kandi basa neza aho umukandida ari bujye kwiyamamariza kugirango bumve impanuro ndetse na gahunda abafitiye muri myaka iri imbere.

Norbert Nyuzahayo

2017-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Editorial 30 Aug 2021
Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Editorial 07 Feb 2016
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Editorial 28 Dec 2021
Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Editorial 11 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Erevan : Michel Jean  ashobora gukuramo Kandidature
INKURU NYAMUKURU

Erevan : Michel Jean ashobora gukuramo Kandidature

Editorial 11 Oct 2018
CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.
Amakuru

CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.

Editorial 28 Jun 2021
Intumwa za CARE International zashimye ibikorwa bya Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Intumwa za CARE International zashimye ibikorwa bya Isange One Stop Center

Editorial 19 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru