• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Editorial 07 Jan 2019 POLITIKI

Abaturage bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje kwinjira ku bwinshi ku mipaka igabanya icyo gihugu n’u Rwanda mu karere ka Rubavu batinya imvururu zishobora gukurikira amatora.

Isi yose ihanze amaso RDC nyuma y’amatora ya Perezida n’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye tariki 30 Ukuboza 2018.

Ni amatora yari amaze imyaka ibiri agenda asubikwa. Hari impungenge ko ibizayavamo nibitangazwa bishobora gukurikirwa n’imvururu.

Benshi mu batuye i Goma bakomeje kwambuka baza mu Rwanda kuhaba by’igihe gito mu gihe bagitegereje uko iwabo bigenda.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’abakomisiyoneri mu Mujyi wa Rubavu, Fifi Kabera yabwiye NewTimes dukesha iyi nkuru ko bamaze iminsi bakira abanye-Congo benshi bashaka inzu muri uwo mujyi.

Yagize ati “Tumaze kwakira umubare munini w’Abanye-Congo bashaka inzu zo gukodesha.”

Amwe mu mahoteli n’inzu zicumbikira abagenzi i Rubavu zamaze gufatwa na bamwe mu banye-congo ndetse n’abakozi b’imiryango mpuzamahanga ikorera muri icyo gihugu, batinya igishobora gukurikira itangazwa ry’ibyavuye mu matora.

Charles Kabange Syaluha ni umwe mu bahisemo kuza mu Rwanda kuko nta mutekano yizeye mu gihugu cye.

Yagize ati “Njye n’umuryango wanjye twageze i Rubavu mu minsi ibiri ishize. Ntabwo nakubwira ko hari umuntu wizeye umutekano we hariya iwacu. Hari abiyemeje kwigaragambya. Rero ntabwo waguma ahantu utizeye umutekano wawe.”

Meya w’Akarere ka Rubavu, Gilbert Habyarimana, yavuze ko ibyo kwiyongera kw’Abanye-Congo baza i Rubavu babizi.

Ati “Nibyo, umubare w’abanye-Congo baza mu Rwanda wariyongereye, cyane cyane abashaka kuharara kubera impamvu z’umutekano wabo.”

Icyakora Habyarimana yavuze ko ataramenya neza umubare nyawo w’Abanye-Congo bamaze kwinjira muri ako karere.

Yavuze ko akarere ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa bafashe ingamba zo kugenzura ubwiyongere bw’abo bantu ku bw’umutekano wabo n’uw’abanyarwanda.

Imipaka ihuza Goma na Rubavu ubusanzwe ikoreshwa n’abantu babarirwa mu bihumbi 45 ku munsi biganjemo abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Ibyavuye mu matora by’agateganyo muri RDC byagombaga gutangazwa kuri iki Cyumweru gishize ariko byimuriwe muri iki cyumweru cyatangiye kuri uyu wa Mbere kubera ko amajwi atarakusanywa yose.

2019-01-07
Editorial

IZINDI NKURU

Dore ibiteganywa guhindurwa mu Itegeko Nshinga ry’u Burundi

Dore ibiteganywa guhindurwa mu Itegeko Nshinga ry’u Burundi

Editorial 06 May 2018
Moïse Katumbi yemeje ko agiye gusubira muri RDC kwiyamamaza

Moïse Katumbi yemeje ko agiye gusubira muri RDC kwiyamamaza

Editorial 28 Apr 2018
Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Editorial 23 Apr 2025
Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Editorial 14 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho
UBUKUNGU

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

Editorial 16 May 2018
Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we
ITOHOZA

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we

Editorial 30 Aug 2017
Mbanda  yahaye ‘ Gasopo’  Amashyaka yiyita  Opposition  harimo  na RNC
ITOHOZA

Mbanda yahaye ‘ Gasopo’ Amashyaka yiyita Opposition harimo na RNC

Editorial 26 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru