• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Editorial 02 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishali riri mu karere ka Rwamagana, hashojwe amahugurwa yo kwigisha abapolisi 25 bazigisha abandi ibyo kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro; kuri uyu wa gatanu taliki ya 30 Kamena.

Aya mahugurwa y’ukwezi kumwe abaye ku nshuro yayo ya mbere, yashojwe ku mugaragaro n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa , DIGP Dan Munyuza, ari kumwe n’umuyobozi wa PTS Gishali, Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyimana, impuguke zatanze amahugurwa n’abandi bayobozi muri Polisi .

Deputy Inspector General of Police (DIGP) Dan Munyuza wayoboye uyu muhango, yashimiye abapolisi barangije aya mahugurwa maze abasaba kuzayashyira mu bikorwa kinyamwuga kandi bagaragaza imyitwarire myiza.

Aha DIGP Munyuza yagize ati:” Ibyo mwize ni ingirakamaro kuri mwe no ku gihugu kandi ntimugomba kubyibagirwa kuko mwigishijwe n’abahanga babifitiye ubushobozi.”

Yakomeje ababwira ko bagomba gukunda umwuga wabo kandi bakamenya ko kurinda ubuzima bw’abandi bizirana no kurangara ahubwo bisaba ubwitonzi budasanzwe kuko n’akazi kabo kadasanzwe aho yanagize ati:” Muri mwe harimo abazajya kubyigisha abandi, mugomba gutangirira aho imyitwarire myiza kuko mubyishije nabi twaba duhombye.”

Agaruka kuri aya mahugurwa, DIGP Munyuza yashimiye abateguye aya mahugurwa maze agira ati:” Ibyo mwakoze ni byiza kandi twifuza ko abapolisi bose bakurikirana amahugurwa nk’aya kuko iterabwoba riri ku isi yose ndetse no mu bihugu duturanye, kandi abarikora baba bafite n’imigambi yo guhitana abo muba murinze.”

DIGP Munyuza yaboneyeho gushimira Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku nkunga yateye amahugurwa itanga impuguke mu byo kurinda amahoro ari nazo zigishije abashoje aya mahugurwa nsetse zanigishije abo mu mitwe yo kurinda amahoro mu bindi bihugu(Formed Police Unit).

Yagize ati:” Twishimiye inyigisho bahawe kandi turifuza ko zakomeza kuko twungutse ubumenyi mu kurinda abayobozi, abo mu gihugu imbere ndetse n’abo mu bihugu biberamo ubutumwa bwa Loni, ni ikintu cyo kwishimira kuko ni inyongera ku bunyamwuga bugomba kuranga umupolisi w’u Rwanda, twizeye ko tuzakomeza kungukira ku buhanga n’ubunararibonye bw’abatanga aya mahugurwa.”

Mu gihe cy’ukwezi, abahuguwe bahawe ubumenyi butandukanye burimo ibikorwa byo kurinda abayobozi n’abanyacybahiro, ubuhanga mu gukoresha intwaro, kurwanya iterabwoba, gukora iperereza ndetse n’injyarugamba idakoresha intwaro.

2017-07-02
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Umuhanzi Mico The Best yakoze ubukwe n’umukunzi we Clarisse bari bamaze igihe kirenga umwaka bakundana

Amafoto – Umuhanzi Mico The Best yakoze ubukwe n’umukunzi we Clarisse bari bamaze igihe kirenga umwaka bakundana

Editorial 27 Sep 2021
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Editorial 11 Sep 2025
Abasirikare bakekwaho kwica umuturage basabiwe gufungwa iminsi basigaje ku Isi

Abasirikare bakekwaho kwica umuturage basabiwe gufungwa iminsi basigaje ku Isi

Editorial 08 Sep 2017
Kenya : Abanyarwanda  bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 23

Kenya : Abanyarwanda bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 23

Editorial 10 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL
Amakuru

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Editorial 23 Dec 2022
Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye
POLITIKI

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Editorial 25 Feb 2019
Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza
IMIKINO

Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza

Editorial 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru