• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Editorial 27 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Kuva uyu munsi tariki 27/11/2017 kugeza tariki munani z’ugutaha Arusha muri Tanzania harateranira icyiciro cya kane cy’imishyikirano y’Abarundi ariko ibimenyetso bimaze kugaragaza yuko iyo mishyikirano ntacyo ishobora kugeraho nk’uko n’indi itatu yayibanjirije nta n’agito yagezeho !

 Nk’uko bitangazwa n’ibiro by’umuhuza, Benjamin Mkapa, muri iyi nama ya kane y’imishyikirano hatumiwemo abantu basaga 120, harimo abava mu mitwe ya politike, imiryango itari muri politike (Civil Societies) n’abanyamadini. Harimo kandi n’abaserukira abagore n’urubyiruko.

 Nubwo ari byiza kuba iyo nama y’imishyikirano yaratumiwemo abantu benshi bava mu byiciro bitandukanye ariko mu by’ukuri iyo uvuze gushaka ibisubizo by’ingorane ziri mu Burundi uba uvuze ubutegetsi bwa Petero nkurunziza n’ababurwanya bibumbiye muri CNARED (Conseil National pour le respect de l’Accord d’Arusha pour la Paix et la Réconciliation au Burundi et de l’Etat de droit).

 Mu mishyikirano y’Abarundi iherutse kubera aho Arusha muri Tanzania, Kamena uyu mwaka, abo kwa Nkurunziza banze kwicarana mu cyumba cy’inama n’abo muri CNARED, ubuhuza buhitamo gushyira abo muri CNARED mu cyumba cyabo. Icyo cyiciro cy’imishyikirano cyarangiye abakagombye gushyikirana badashyikiranye, bituma nta gifatika kigerwaho.

 Abo ku ruhande rwa Perezida Nkurunziza banze kwicarana n’abo muri CNARED ngo kuko harimo n’abagize uruhare muri ya kudeta yapfubye, tariki 13/05/2015.

 Amakuru dukesha ibiro by’umuhuza ahamya yuko muri iki cyiciro cya kane cy’imishyikirano hatatumiwe inzego, ahubwo hatumiwe abantu ku giti cyabo n’ubwo baba bafite imitwe ya politike cyangwa amashyirahamwe babarizwamo.

 Nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’ishyaka CNDD-FDD , Nancy Ninette Mutoni, iryo shyaka riri ku butegetsi nta nzitizi rifite mu kwitabira iyo mishyikirano. Ikibazo ariko kiracyakomeye kuri rwa ruhande rundi twavuze rwa ngombwa, CNARED.

 Abayobora CNARED ubu bari mu nama mu Bubiligi, inama izarangiza imirimo yayo ejo tariki 28/11/2017. Muri iyo nama nibwo abagize CNARED bazemeza cyangwa ntibemeze yuko abayo batumiwe muri iyo mishyikirano yatangiye Arusha bazayitabira cyangwa bazareka kuyitabira.

 Ikibazo aho kiri n’uko witegereje abo muri CNARED umuhuza yatumiye muri iyo nama, bikugaragariza yuko yishakiye kwishimiriza ubutegetsi bwa Nkurunziza. Muri babandi ubwo butegetsi bushinja yuko bagize uruhare muri ya kudeta nta n’umwe wigeze utumirwa, kandi muby’ukuri ari abantu ba ngombwa cyane mu gushakira umuti ibibazo u Burundi bwifuza gusohokamo !

 Abo barimo Jean Minani wa FRODEB Nyakuri, Bernard Busokoza wigeze kuba Visi Perezida wa Nkurunziza, Onesmo Nduwimana wigeze kuba umuvugizi wa CNDD-FDD, Leonidas Hatungimana wigeze kuba umuvugizi wa Perezida Nkurunziza na Alexis Sinduhije uyoboye umutwe ukomeye cyane muri opozisiyo y’u Burundi, MSD.

 Kuvuga yuko abantu nk’abo baba batari mu mshyikirano yo gushakira umuti ibibazo by’u Burundi ni nko kwikirigita ugaseka !

Casmiry Kayumba

2017-11-27
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda

Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda

Editorial 05 Aug 2018
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Editorial 07 Aug 2018
Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Editorial 23 Oct 2019
Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Editorial 27 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impinduka itunguranye muri Guverinoma y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Impinduka itunguranye muri Guverinoma y’u Rwanda

Editorial 26 Feb 2020
Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza

Editorial 09 Feb 2018
Umugabo afunzwe akurikiranweho  kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari
Amakuru

Umugabo afunzwe akurikiranweho kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari

Editorial 09 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru