• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Ubwanditsi 27 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Kuva uyu munsi tariki 27/11/2017 kugeza tariki munani z’ugutaha Arusha muri Tanzania harateranira icyiciro cya kane cy’imishyikirano y’Abarundi ariko ibimenyetso bimaze kugaragaza yuko iyo mishyikirano ntacyo ishobora kugeraho nk’uko n’indi itatu yayibanjirije nta n’agito yagezeho !

 Nk’uko bitangazwa n’ibiro by’umuhuza, Benjamin Mkapa, muri iyi nama ya kane y’imishyikirano hatumiwemo abantu basaga 120, harimo abava mu mitwe ya politike, imiryango itari muri politike (Civil Societies) n’abanyamadini. Harimo kandi n’abaserukira abagore n’urubyiruko.

 Nubwo ari byiza kuba iyo nama y’imishyikirano yaratumiwemo abantu benshi bava mu byiciro bitandukanye ariko mu by’ukuri iyo uvuze gushaka ibisubizo by’ingorane ziri mu Burundi uba uvuze ubutegetsi bwa Petero nkurunziza n’ababurwanya bibumbiye muri CNARED (Conseil National pour le respect de l’Accord d’Arusha pour la Paix et la Réconciliation au Burundi et de l’Etat de droit).

 Mu mishyikirano y’Abarundi iherutse kubera aho Arusha muri Tanzania, Kamena uyu mwaka, abo kwa Nkurunziza banze kwicarana mu cyumba cy’inama n’abo muri CNARED, ubuhuza buhitamo gushyira abo muri CNARED mu cyumba cyabo. Icyo cyiciro cy’imishyikirano cyarangiye abakagombye gushyikirana badashyikiranye, bituma nta gifatika kigerwaho.

 Abo ku ruhande rwa Perezida Nkurunziza banze kwicarana n’abo muri CNARED ngo kuko harimo n’abagize uruhare muri ya kudeta yapfubye, tariki 13/05/2015.

 Amakuru dukesha ibiro by’umuhuza ahamya yuko muri iki cyiciro cya kane cy’imishyikirano hatatumiwe inzego, ahubwo hatumiwe abantu ku giti cyabo n’ubwo baba bafite imitwe ya politike cyangwa amashyirahamwe babarizwamo.

 Nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’ishyaka CNDD-FDD , Nancy Ninette Mutoni, iryo shyaka riri ku butegetsi nta nzitizi rifite mu kwitabira iyo mishyikirano. Ikibazo ariko kiracyakomeye kuri rwa ruhande rundi twavuze rwa ngombwa, CNARED.

 Abayobora CNARED ubu bari mu nama mu Bubiligi, inama izarangiza imirimo yayo ejo tariki 28/11/2017. Muri iyo nama nibwo abagize CNARED bazemeza cyangwa ntibemeze yuko abayo batumiwe muri iyo mishyikirano yatangiye Arusha bazayitabira cyangwa bazareka kuyitabira.

 Ikibazo aho kiri n’uko witegereje abo muri CNARED umuhuza yatumiye muri iyo nama, bikugaragariza yuko yishakiye kwishimiriza ubutegetsi bwa Nkurunziza. Muri babandi ubwo butegetsi bushinja yuko bagize uruhare muri ya kudeta nta n’umwe wigeze utumirwa, kandi muby’ukuri ari abantu ba ngombwa cyane mu gushakira umuti ibibazo u Burundi bwifuza gusohokamo !

 Abo barimo Jean Minani wa FRODEB Nyakuri, Bernard Busokoza wigeze kuba Visi Perezida wa Nkurunziza, Onesmo Nduwimana wigeze kuba umuvugizi wa CNDD-FDD, Leonidas Hatungimana wigeze kuba umuvugizi wa Perezida Nkurunziza na Alexis Sinduhije uyoboye umutwe ukomeye cyane muri opozisiyo y’u Burundi, MSD.

 Kuvuga yuko abantu nk’abo baba batari mu mshyikirano yo gushakira umuti ibibazo by’u Burundi ni nko kwikirigita ugaseka !

Casmiry Kayumba

2017-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Ubwanditsi 03 Dec 2021
Rushyashya yashyize hanze Kayumba na Sisulu mu mibanire y’u Rwanda na Afurika y’epfo

Rushyashya yashyize hanze Kayumba na Sisulu mu mibanire y’u Rwanda na Afurika y’epfo

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 b’imfungwa bakoze ibizamini bya leta bagatsinda

Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 b’imfungwa bakoze ibizamini bya leta bagatsinda

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Ingabire Victoire wa DALFA ni wawundi wo muri FDU Inkingi na RDR ntahinduka, gusa ntaramenya ko atagikikijwe n’interahamwe nkuko yari ameze I Burayi

Ingabire Victoire wa DALFA ni wawundi wo muri FDU Inkingi na RDR ntahinduka, gusa ntaramenya ko atagikikijwe n’interahamwe nkuko yari ameze I Burayi

Ubwanditsi 29 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho  yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC
Mu Rwanda

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC

Ubwanditsi 09 Sep 2016
PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali
Mu Mahanga

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere
Amakuru

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru