• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abarwanyi batandatu ba FDLR bashyize intwaro hasi

Abarwanyi batandatu ba FDLR bashyize intwaro hasi

Ubwanditsi 15 Feb 2019 POLITIKI

Abarwanyi batandatu b’umutwe wa FDRL bamaze gushyira intwaro hasi mu gace ka Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo.

Sosiyete sivile iherereye mu Majyaruguru ya Kalehe yatangaje ko ku Cyumweru tariki ya 10 Gashyantare, abarwanyi bane ba FDLR bishyikirije Ingabo za Congo (FARDC) mu birindiro byazo biri ahitwa Numbi.

Umuyobozi wa Sosiyete Sivile ikorera ahitwa Buhavu, James Musanganya yavuze ko abo barwanyi bari hagati y’imyaka 16 na 17 bavuze ko baturutse ahitwa Mweso muri teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Intwaro bari bafite barazitanze ubundi boherezwa i Bukavu. Ku wa Gatatu tariki 13 Gashyantare nabwo abandi barwanyi babiri bishyikirije ingabo za Loni zishinzwe kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo (Monusco).

Muri abo bishyikirije Monusco harimo Nyabyenda Théoneste wabarizwaga mu itsinda ry’abarwanyi b’Umutwe CNRD wiyomoye kuri FDLR ndetse na Mbarushimana Ndukenababishaka bavuga ko bayoborwaga na General Lumbago uyobora uwo mutwe n’umugaba w’ingabo GEVA.

Sosiyete Sivile yasabye ko abo barwanyi bashyirwa mu maboko y’ubuyobozi kugira n’abandi bashobore kuza nkuko ikinyamakuru Media Congo cyabitangaje.

Abo barwanyi bavuze ko hari ikindi gihiriri cy’abarwanyi ba FDLR bagera ku gihumbi n’imiryango yabo igera ku bihumbi bitanu bari mu nzira bava ahitwa Kichanga muri Kivu y’Amajyaruguru berekeza muri Pariki ya Kahuzi Biega muri Kivu y’Amajyepfo.

Muri Mutarama uyu mwaka, Minisiteri y’Ingabo ya Congo yasabye ubufasha Monusco bwo kujya kurwanya abo barwanyi ba FDLR bari kwerekeza muri Kivu y’Amajyepfo, aho bivugwa ko bagiye kwihuza n’umutwe ushaka gutera u Rwanda wa Gen. Kayumba Nyamwasa uri mu misozi ya Bijombo.

Icyo gihe Monusco ntiyahaye agaciro gakomeye ayo makuru kuko yavugaga ko icyo gihiriri ari impunzi n’abandi batavuga rumwe na Leta bibumbiye mu mutwe CNRD.

2019-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Ubwanditsi 31 May 2017
Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Ubwanditsi 07 Apr 2021
Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro

Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro

Ubwanditsi 08 Jan 2018
Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Ubwanditsi 13 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze
Mu Rwanda

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Ubwanditsi 26 Sep 2018
U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi
ITOHOZA

U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge
INKURU NYAMUKURU

Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 19 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru