• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Ubwanditsi 01 Mar 2018 POLITIKI

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Botswana yasohoye itangazo rigaragaza ko amahanga akwiye gufata iya mbere agashyira igitutu kuri Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila na Guverinoma ye akarekura ubutegetsi nta mananiza.

Perezida Kabila wagombaga gusoza manda ye mu Ukuboza 2016, yagumye ku butegetsi, ikintu cyateje umwuka utari mwiza bigatuma abaturage bigaragambya babyamagana. Izi mvururu zaguyemo benshi ndetse abatavuga rumwe na Leta batabwa muri yombi. Ku wa 25 Gashyantare 2018 nibwo ku nshuro ya gatatu Abalayiki ba Kiliziya Gatolika, bigaragambije, babiri bahasiga ubuzima, abasaga ijana barakomereka.

Abigaragambya bifuza ko Perezida Kabila yemera ko adateganya kuzongera kwiyamamaza mu matora ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018.

Nyuma y’ibi bihe bikomeye RDC iri kunyuramo, Botswana yasohoye itangazo igaragaza ko amahanga akwiye gufata undi mwanzuro. Rigira riti “Botswana irasaba ikomeje Umuryango Mpuzamahanga gushyira igitutu kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abari ku butegetsi bakaburekura, ibyo bigakorwa hashakishwa uburyo bushya buca inzira yo gusimburana binyuze muri politiki ibereye.”

Iri tangazo ryasamiwe hejuru na benshi barimo Umusesenguzi muri Politiki ya RDC, Claude Kabemba washimye intambwe yatewe na Botswana.

Yagize ati “Ni ukwerekana aho Botswana ihagaze mu buryo bwuzuye ubukerebutsi kandi ni ibisanzwe iki gihugu ntikijya kirya iminwa mu kwerekana icyo gitekereza kuri demokarasi ibereye Afurika. Ntekereza ko ibyo Botswana yakoze ari ikimenyetso cy’uko Joseph Kabila akomeje kuba intambamyi y’amahoro muri Congo, kandi bifite ikindi bisobanuye kuko yabibwiwe n’igihugu cy’ikinyamuryango muri SADC na RDC ibarizwamo.”

Kabemba yavuze ko ari ikimenyetso gikomeye kuko wasangaga abategetsi bahuriye mu miryango imwe badakosorana ndetse bagatinya kunengana mu ruhame.

Ben Shepherd wo mu Kigo CHATAM House gikorera London mu Bwongereza yabwiye VOA dukesha iyi nkuru ko ibyo Botswana yakoze ari icyifuzo cy’uko muri Congo hakwiriye kuba agahenge mu bya Politiki, mu rwego rwo gukomeza amahoro, ubusugire n’ituze mu Karere kose.

Ibyakozwe na Botswana ntibimenyerewe muri Afurika ndetse abasesenguzi bavuga ko mu gihe byakomeza hari icyo byahindura muri Politiki y’umugabane, kuko kunegura ibitagenda mu bihugu runaka gukozwe n’abaturanyi bishobora kugira umusaruro kuruta gutegeraza ibyo mu Burengerazuba bw’Isi gusa.

Ni ku nshuro ya kabiri, Botswana ivuze ku muyobozi uri ku butegetsi kuri uyu mugabane; yaherukaga gusohora itangazo kuri Robert Mugabe wayoboraga Zimbabwe imyaka 38 ryakurikiwe no kwegura kwe nyuma y’iminsi ibiri.

2018-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

RUSHYASHYA 08 Apr 2026
Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Ubwanditsi 25 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa  21/2/2016 gikomeje gukurura impaka
ITOHOZA

Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa 21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Ubwanditsi 02 Jun 2016
Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa
Amakuru

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Nicolas Sarkozy , bitunguranye
INKURU NYAMUKURU

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Nicolas Sarkozy , bitunguranye

Ubwanditsi 15 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru